• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuryango uwo ariwo wose ushyirwaho kugira ngo uhindure imibereho y’abawugize ngo ibe myiza kurusha uko byakabaye uwo muryango utariho.

Uko niko umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EAC) washinzwe, ubu ukaba ugizwe n’ibihugu bitandatu bituwe n’abantu basaga miliyoni 100. Uyu muryango, nk’uko bimeze ku yindi nkawo, kugira ngo ubeho unakomere n’uko ugomba kugira abakozi n’amafaranga yo gukoresha.

Ingengo y’imari ya East African Community (EAC), irangirana n’uku kwezi (2016/2017), yari amadolari ya Amerika moliyoni 101.4 naho ingengo y’imari y’uyu mwaka (2017/2018) byemeranyijwe yuko itaziyongeraho n’urumiya (zero increase), nubwo izaba ari amadolari miliyoni 110. Ahanini iyo nyongera izaba iturutse ku munyamuryango mushya, Sudan y’Epfo kuko izatanga umusanzu wa hafi USD miliyoni umunani nk’uko bimeze ku bandi banyamuryango basanzwemo !

EAC guhitamo kutongera amafaranga ateganywa ku ngengo y’imari yayo ntabwo ari uko yasanze ayo bari bateganyije ubushije yari ahagije ngo babe batakwifuza arenzeho. Ntabwo yari ahagije ariko nta n’uguteganya umubare w’amafaranga uzi neza yuko udashobora kubona !

Ubusanzwe ingengo y’imari ya EAC iba itegerejwe guturuka ahantu habiri. Iy’uyu mwaka biteganyijwe yuko miliyoni 57.3 azaturuka mu banyamuryango, naho asigaye akava mu baterankunga. Nyamara abo banyamuryango ntabwo batanga imisanzu yabo neza ku buryo wakwizera yuko amafaranga yose yaboneka cyangwa akabonekera igihe.

Urugero n’uko muri iyi ngengo y’imari igihugu cya Kenya nicyo kimaze kwishyura ayo gisabwa yose. Uganda imaze kwishyuraho 91.5 %, u Rwanda 64.2 %, Tanzania 30.5 %, naho u Burundi ntabwo burishyuraho n’urumiya nk’uko bunafitiye uwo muryango ibirarane by’ubushize bingana na USD 771.037.

Uretse no kuba u Burundi budatanga imisanzu yabwo neza ahubwo bushobora no gutuma uwo muryango ubura n’amafaranga y’imfashanyo yaturukaga ahandi. Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu byu Bulayi (EU) ni umuterankunga w’imena wa EAC ariko ukaba warahagaritse inkunga ku butegetsi b’u Burundi.

EU igerageza uko ishoboye kose kugira ngo inkunga itera ibindi bihugu cyangwa indi miryango zitaba zagera ku butegetsi bwa Nkurunziza mu bundi buryo. EA ubu rero ikaba ifite icyo kibazo ku bunyamabanga bwa EAC, ubu buyobowe na Liberat Mfumukeko ukomoka mu gihugu cy’u Burundi. EAC iboneka ko yananiwe mu guhuza ubutegetsi mu Burundi n’abatavuga rumwe nabwo ! EU yo yifuza yuko EAC yafatira ibihano ubwo butegetsi mu Burundi ariko yo ntigire icyo ikora !

Amategeko agenga EAC ashingiye kuba ibihugu bigize uyu muryango biwufitemo uburenganzira n’inshingano zingana. Niyo mpamvu ibihugu biwugize bigenda bisimburana ku buyobozibw’inzego nkuru zawo harimo ubunyamabanga bukuru, bwari bufitwe n’u Rwanda muri manda ishize ubu bukaba bufitwe n’u Burundi, kimwe n’u rwego rw’ubuyobozi bw’abakuru b’ibihugu ( Authority) rwari ruyobowe na Pombe Magufuli muri manda ishize ubu rukaba ruyobowe na Yoweri Museveni. N’ubuyobozi bw’inteko nshingamategeko bw’uwo muryango bugenda busimburanwaho nk’uko buri gihugu kiba gifitemo umubare w’abadepite (9) unga n’uwikindi.

Abi rero binavuze yuko buri gihugu kigomba gutanga umusanzu w’ubunyamuryango ungana n’uwibindi (hafi miliyoni 8 z’amadolari) buri mwaka. Iby’uwo musanzu ungana byongewe gusinyirwa n’ibihugu bigize EAC tariki 30 Werurwe uyu mwaka, ariko u Burundi bwanga kubisinyira. Ubutegetsi mu Burundi busanga umubare w’amafaranga atangwa muri EAC wazajya ushingira ku nyungu igihugu kibona muri uwo muryango wigeze kuba ugizwe na Tanzania, Uganda na Kenya mbere yuko u Rwanda n’u Burundi biwinjiramo muri 2007.

-6996.jpg

Ibi byo kujya impaka ku mubare w’amafaranga buri gihugu cyatanga muri EAC ni kimwe mu byashenye iya mbere mu 1978, aho Tanzania yavugaga yuko Kenya yagombaga gutanga imisanzu myinshi ngo kuko ariyo yabonaga inyungu nyinshi kuva mu muryango.

Ikindi nacyo ubona gishobora kuba kidateza imbere EAC ni uburyo n’ayo mafaranga ibona akoreshwamo. Dufatiye ku rugero rw’iyi ngengo y’imari ya 2017/2018 n’uko muri za miliyoni 110.13 z’amadolari ziteganyijwe kuboneka, miliyoni 60.20 azakoreshwa mu bunyamabanga bw’umuryango (secretariat); 18.00 agakoreshwa n’inteko (EALA); naho urukiko rwa EAC rugakoresha amadolari miliyoni 4.14.

Amafaranga ateganywa gukoreshwa mu bikorwa wavuga yuko byapfa kubyara inyungu zifatika ni miliyoni 1.50 zizakoreshwa mu guteza imbere ururimi rw’igiswayire na miliyoni 2.50 zizajya mu bikorwa by’uburobyi mu kiyaga cya Victoria !

Ibi bibazo by’amafaranga EAC ifite, uburyo buke bwo kuyashakisha n’ubukemurampaka butariho birakomeza kugenda byiyongera ku buryo hatagize ingamba zifatwa uyu muryango wazisanga mu mazi abira !

Casmiry Kayumba

2017-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Ubwanditsi 16 May 2018
Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Jeannette Kagame yatangije ihuriro rizafasha Abanyarwandakazi b’Abacuruzi kumenyekana ku Isoko mpuzamahanga

Ubwanditsi 27 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball
Amakuru

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi
Mu Mahanga

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Ku munsi wa kane  Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga
Amakuru

Ku munsi wa kane Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga

Ubwanditsi 18 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru