• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Mu Rwanda abakandida bigenga basabwa sinyatire 600 naho muri Kenya bagasabwa 48,000

Ubwanditsi 19 Jun 2017 Mu Rwanda

Muri iyi minsi hari ibihugu bibiri nkunze gufataho ingero kurusha ibindi. Ibyo ni u Rwanda na Kenya n’impamvu ikaba ari uko byombi biri mu myiteguro y’amatora azokorwa mu minsi yegeranye kandi ibi bihugu uko ari bibiri bikaba bifite imikoranire myiza muri EAC.

Ibi bihugu byombi biri mu bihe bisa kandi bikomeye. Imyiteguro n’amatora nyirizina ni ibintu bihenze, bivunanye, bigomba kwitonderwa kuko bikurura impaka zishobora kubamo iza ngo turwane !

Igihugu icyo aricyo cyose kitwa yuko kigendera kumahame ya Demokarasi kigomba kugira komisiyo y’amatora, ifite abakozi n’ibikoresho bihagije.

Tubivuze mu nyito y’icyongereza komisiyo y’amatora mu Rwanda yitwa National Electoral Commission (NEC) naho muri Kenya ikitwa Independent Electoral and Boundaries Commission (IEBC). Izi komisiyo zombi hari ikintu gikomeye zihurijeho.

Yaba Prof Kalisa Mbanda ukuriye NEC cyangwa Wafura Chebukali ukuriye IEBC, bakomeje gushimangira yuko amafaranga yo kuzakoreshwa mu matora ahari kandi ahagije ! Ibyo ni byiza cyane kuko muri DRC ho amatora yananiranye gukorwa ngo kubera ikibazo cy’amafaranga !

Amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba tariki 04/08/2017 naho muri Kenya akazaba tariki 08/8/2017.

Hano mu Rwanda usanga bamwe bavuga yuko abifuza kuziyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika basabwa ibintu bibananiza, cyane binubira umubare basabwa w’abantu bagomba kubasinyira ngo kadidatire zabo zibe zakwemerwa muri NEC.

Ariko noneho tekereza. Mu gihe hano mu Rwanda uwifuza kuzaba umukandida wigenga ku mwanya w’umukuru w’igihugu asabwa gusinyirwa n’abantu bafite ikarita y’itora 600 harimo nibura 12 kuva muri buri Karere, muri Kenya ho usinyirwa n’abantu 48,000 nibura 24 bava muri buri karere.

Muri Kenya kandi hiyongeraho yuko ugusinyira agomba kuba nta mutwe wa politike abarizwamo naho mu Rwanda n’uri mu ishyaka riri ku butegetsi ashobora kugusinyira. Ubwiye umuntu muri Kenya ngo abifuza kuzaba abakandida Perezida mu Rwanda basabwa ibibananiza yaseka cyane kuko bo ibyo basabwa birenze kwemera. Tekereza nka ba Mwenedata iyo itegeko riza kuba rivuga yuko abafite imitwe ya politike babarizwamo batemerewe kubasinyira ! Na none tekereza gusabwa gusinyirwa n’abantu 600 naho muri Kenya bategekwa ibihumbi 48. Muri Kenya birakomeye cyane !

Nubwo ariko muri Kenya abifuzaga kuziyamamaza nk’abakandida bigenga bakomeje gusakuriza ibyo basabwagwa, nta cyahindutse kandi ntibyabujije yuko hari ababibonye kandidatire zabo zikemerwa na komisiyo y’amatora y’icyo gihugu. Kandidatire IEBC yanze ni umunani, hemerwa ebyiri zari zujuje ibyangombwa. Izemewe ni iy’uwitwa Michael Mwaura na Joseph Nyagah.

-7002.jpg

Prof Kalisa Mbanda na Wafura Chebukali of IEBC

Muri Kenya ho abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamaze kumenyekana. Abemejwe na IEBC kuzahatanira uwo mwanya muri ayo matora azaba tariki 08/08/2017 ni umunani, barimo abo babiri bigenga na batandatu baza bahagarariye imitwe ya politike. Abazaba bahagarariye imitwe ya politike ni Perezida Uhuru Kenyatta wa Jubilee n’uwo bari bahanganye ubushize, Raila Odinga wa ODM.

Abandi ni Ekuro Aukot ( Thirdway Alliance Party), Mohammed Abduba Dida (Tunza Qualition), Justuz Juma (Justice and Freedom Party) na Kwa Jirongo Shakhalanga (United Democratic Party).

Mu Rwanda ho NEC iracyakira kandidatire z’abifuza kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, urutonde ntakuka rw’abazaba bemerewe guhatanira uwo mwanya rukazatangazwa mu kwezi gutaha !

Kayumba Casmiry

2017-06-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baradohorewe, bo babifata nko kubatinya cyangwa kubinginga

Ubwanditsi 13 Dec 2024
Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara  yaguye muri gereza ya Mpimba

Burundi : Umunyarwanda Jacques Bihozagara yaguye muri gereza ya Mpimba

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Icyegera cya Uhuru Kenyatta mu Rukiko
Mu Rwanda

Icyegera cya Uhuru Kenyatta mu Rukiko

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru