• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Uganda: Polisi yahagarikiwe ibiryo kubera kutishyura abayigemurira kuva muri 2015

Ubwanditsi 01 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Bitewe n’umwenda ugera kuri miliyari Shs 33 Polisi ya Uganda itishyuye abayigemuriraga ibiribwa guhera muri 2015, ibigo byayigemuriraga ibiribwa byafashe umwanzuro wo guhagarika amasezerano bari bafitanye.

Ibyo biribwa birimo ibishyimbo n’isukari. Igipolisi ngo nticyishyura uko bikwiye kubera ko kiri mu bibazo by’ubukene bukabije.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, General Kale Kayihura, yasabye Minisitiri w’Umutekano, Gen Jeje Odong ko yabasabira Guverinoma ikabishyurira amadeni bafite agera kuri miliyari 125.9 z’ama-shilling.

Nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor, igipolisi cya Uganda ngo kiri mu bihe bikomeye by’amikoro, ku buryo ibikorwa bimwe na bimwe birarimo gukorwa uko bikwiye.

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda Gen Kayihura yavuze ko bari gushaka uburyo bakwihaza mu biribwa, bagatangira umushinga wo guhinga ibyo barya.

Yagize ati “Nk’urugero dufata amadeni mu kugura ibiribwa. Tugomba kugira uburyo bwo guhinga ibiribwa byacu nk’uko za gereza zibikora ariko tukagira n’ibindi bikorwa bitwinjiriza amafaranga.”

Nyuma yo guhagarika kugemurira ibiribwa Polisi ya Uganda, abacuruzi batangaje ko nibatishyurwa mu kwezi kumwe bazitabaza Inteko Ishinga Amategeko bishyurwe bwangu, kuko bagiranye inama nyinshi n’ubuyobozi bwa Polisi ariko ibyemejwe ntibyubahirizwe.

Polisi ya Uganda ifite imyenda irebana na fagitire z’amashanyarazi, amazi, ibiribwa, amavuta y’imodoka udasize ibiribwa, kandi iryo deni ryagiye rizamuka cyane guhera mu 2010. Mu 2013 byabarwaga ko ideni rya Polisi ringana na miliyari 38.4, ariko muri Mutarama 2018 ryamaze kwikuba hafi inshuro enye kuko rigeze kuri miliyari 125.9 z’ama- Shilling.

Minisiteri y’Imari muri Uganda iheruka gutanga amabwiriza ku nzego zose ko zakora ibishoboka byose zikishyura amadeni, aho nibura buri gihembwe hatangwa miliyari 10 z’ama- Shilling agenewe kwishyura imyenda. Gusa ngo mbere y’uko igihembwe kirangira haba hafashwe amadeni atagira ingano.

Minisitiri Odong ku wa Mbere yemeje ko afitanye inama na Minisitiri w’Imari muri Uganda, Matia Kasaija, ngo harebwe uburyo igipolisi cya Uganda cyafashwa.

 

2018-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Uwakubise Mowzey Radio bikamuviramo urupfu yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Ubwanditsi 16 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena
Amakuru

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ubwanditsi 23 Nov 2021
Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]
ITOHOZA

Shyorongi: Impanuka yabaye kuwa Gatandatu yahitanye umugore we n’abana be bose: Teta na Olga [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 29 May 2017
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru
INKURU NYAMUKURU

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Ubwanditsi 21 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru