• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku munsi wa kane Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga

Ku munsi wa kane Paul Kagame, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Ngororero na Muhanga

Ubwanditsi 18 Jul 2017 Amakuru

Mu Murenge wa Ngororero mu Kagari ka Kabagari kuri Stade ya Ngororero niho ibihumbi by’abashyigikiye FPR Inkotanyi n’umukandida wayo bahuriye.

Bamwe bageze aho iki gikorwa kiri kubera mu masaha y’ijoro kuko aba mbere bari hafi aha saa saba z’ijoro. Indirimbo nimbyino z’abahanzi batandukanye zakomeje gususurutsa abayoboke ba FPR, n’andi mashyaka yiyemeje gushyigikira umukandida Paul Kagame, ayo ni PL, PSD, PDI, UDPR, PSR, PPC na PDC, mumasaha make Perezida Kagame yari asesekaye kuri stade ya Ngororero yakirizwa amashyi menshi n’impundu dore ko Stade yari yakubise yuzuye abaturage baturutse hirya no hino.

Mu butumwa yageneye imbaga yari yitabiriye, Kagame yavuze ko bidakwiye ko umwana w’Umunyarwanda yagira imirire mibi, by’umwihariko ashimangira icyo kibazo gikwiye gucika burundu.

-7276.jpg

-7278.jpg

-7279.jpg

-7280.jpg

-7277.jpg

Perezida Kagame mu Karere ka Ngororero

Yagize ati “Muri Ngororero haracyari imirire kuva abana bakiri bato bakura itaranoga neza, turacyabona ko hari abantu gufungura, kurya intungamubiri bitarageraho neza, ntabwo bikwiye turashaka ko abana bacu ko barerwa bakiri bato bakagaburirwa neza bagakura neza.

Ndabasezeranya rwose ko twabihagurukiye muri rusange ariko ku buryo bw’umwihariko Ngororero ndashaka ko twabirwanya tukabitsinda burundu, ntabwo bikwiye ko abana b’Abanyrawanda batagaburirwa neza ngo bagire ikibatunga igitunga umubiri bibahe n’ubwonko bwabo butekereza gukura neza.”

Umukuru w’Igihugu yasobanuye ko umutungo ukomeye w’igihugu ari abantu, avuga ko ibindi byose biza nyuma.

Imibereho myiza n’iterambere ngo nta handi wabipimira atari mu bantu, avuga ko ari ibyo FPR yashize imbere.

Yavuze ko mu myaka iri imbere ari ibyo bashaka gukomeza kubakiraho kugira igihugu gikomeze gitere imbere.

Yabasabye kuzatora neza bagatora umukandida wa FPR Inkotanyi. Abasaba ko bakwiye kwitegura gukora bakanoza umurimo kugira ngo haboneke inyungu zituma ubuzima bwa buri muntu buba bwiza kurusha. Ibi ngo bizasaba ko Abanyarwanda bafatanya bagakorana bagashyita hamwe.

Kagame azashyigikira iterambere rishingiye ku burezi

-7281.jpg

-7282.jpg

Mu Karere ka Muhanga saa munani na saa cyenda inkwakuzi bari mu Mujyi berekeza kuri Stade ya Muhanga. Abandi bara bahageze bugicya.

Nko mu Karere ka Ngororero, hari hakozwe imyiteguro ihambaye kuko mu nkengero za Stade ku misozi biteganye, hari handitswe amagambo ashimangira ubudahangarwa bwa “Paul Kagame ” na FPR Inkotanyi muri rusange.

I Muhanga naho ni uko byari byifashe kuko abaturage bari bakomeje imyiteguro ihambaye. Hari abagore bari bitwaje inkangara, ibisabo n’ibiseke baciye agahigo mu gutera impundu, hakaba kandi urubyiruko rwanyuze umutima wa Paul Kagame akagezaho ababwira ati ‘Abanya-Muhanga murashimishije cyane’.

Aba basore n’inkumi bari babukereye mu nyikirizo zidasanzwe, bageze aho batera n’indirimbo zimenyerewe mu kiliziya ubwo Umukandida wa FPR Inkotanyi yari avuze ko ashimira amashyaka yamushyigikiye. Abo basore bahise baterera hamwe bati ‘Mwahisemo neza, Nyagasani muri kumwe’.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko muri manda itaha azongera ibikorwa biganisha ku burezi, cyane cyane mu Karere ka Muhanga aho yiyamamarije.

Biteganijwe ko kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame, akomereza ibikorwa bye byo kwiyamamaza muri Nyabugogo, Kicukiro na Nyamata.

-7275.jpg

2017-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Expo 2021: Bamwe mu bashaka gukoresha udukingirizo twagenewe abagore basubijwe

Ubwanditsi 30 Dec 2021
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC
Mu Mahanga

Itangazamakuru : Barore Cleophas yatorewe kuyobora RMC

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro
HIRYA NO HINO

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 01 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru