• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukandi wa FPR -Inkotanyi Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki ya 2 Kanama 2017 yashoje ibikorwa bye byo kwiyamamaza yatangiriye mu Karere ka Nyanza, asoreza mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Bumbogo mu mujyi wa Kigali.

Kera u Rwanda rwitwaga urwa Gasabo, rukaba rwaraje kwagurwa ariko isoko yarwo iri aha mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo akaba ariho hafatwa nk’izingiro ry’u Rwanda. Aha i Bumbogo niho Umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yahisemo gusoreza ibikorwa byo kwiyamamaza.

K’umusozi wa Bumbogo, nti byari byoroshye kuhagera kubera imodoka nyinshi zari uruvunganzoka mu muhanda werekeza Kimironko, ahazwi nko kwa Nayinzira, wayoboye ishyaka PDC, wigeze no kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu mwaka w’2003, ndetse akaba yarabaye no mu buyobozi bushya bw’Igihugu nyuma akaza kwitaba Imana.

Aho k’umusozi wa Bumbogo parking yabonaga umugabo igasiba undi, ntibyari byoroshye ko twinjira ahabera ibirori byo kwakira umukandi wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame, kubera umubyigano w’abantu benshi wari uhari, icyadutangaje n’uko wabonaga abantu bose bareshya baba abakomeye n’aboroheje byari ikibazo kwinjira, ariko abashinzwe umutekano badufashije kwinjira no kugera aho twateguriwe gukorera nkuko byagiye bigenda mu turere twose twigihugu Paul Kagame yiyamamarijemo abanyamakuru tworoherejwe kubona aho dukorera, ndetse n’uburyo bwa Internet yihuse ya 4G, yadufashije kugeza amakuru kubasomyi bacu kuburyo bwihuse.

Imbaga y’abanyamuryango ba FPR, ku musozi wa Bumbogo irakabakaba ibihumbi 800, bakiriye Chairman w’umuryano wa FPR-Inkotanyi, akaba n’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara zose mu turere 30 tugize igihugu, mu minsi 21 yatanzwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ku bakandida bemerewe kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’Igihugu. Ibi bikorwa byo kwiyamamaza bikaba biri busozwe none tariki ya 2 Kanama 2017.

Abanyamuryango baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu bagiye bagaragaza ubwitabire buri hejuru cyane ku kigero cya 95% hose aho Paul Kagame yiyamamarije. Kuburyo kuri site imwe hazaga abanyamuryango ba FPR, basanga ibihumbi 500. Mu buhamya bwatanzwe n’abaturage benshi mu turere tunyuranye, barashima imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi na Paul Kagame, watumye biteza imbere, mu buryo bugaragara, baravuga imyato Intore izirusha intambwe [ Kagame Paul ].

Baba abikorera mu mujyi wa Kigali ndetse n’abasanzwe bakorera ibikorwa byabo bya buri munsi mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda bose bitabiriye kwamamaza Paul Kagame bahagarika ibikorwa byabo byaburi munsi.

Imitwe ya Politiki nka PL, PSD, PDI, PDC, PSR, PPC, PSP, UDPR bahawe ijambo bageza ku banyamuryango ba FPR –Inkotanyi, icyatumye bahitamo kwamamaza umukandida Paul Kagame, ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, banashimangira ubufatanye bwa Politiki, basanzwe bafitanye na FPR bwatangiye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

-7454.jpg

-7455.jpg

-7465.jpg

Kimwe n’abandi banyarwanda nka Bernard Makuza udafite umutwe wa Politiki abarizwamo nabo bagaragaje ubushake bwo gushyigikira Paul Kagame kubera Politiki ye nziza itavangura kandi igamije guteza imbere buri munyarwanda wese hatitawe kucyo aricyo.

Paul Kagame yatangiye ijambo rye anenga abavuga u Rwanda uko rutari aho agize ati “Ndabashimira umubare uri hano uko mukeye, uko mwishimye ntabwo bisanzwe. Nkuko byavuzwe, hari ababyifuza badashobora kubibona. Rero, ndishimye cyane, twagiye mu gihugu hose, mu turere twose turi muri iki gikorwa turimo cya demokarasi mu gice kijyanye no kwiyamamaza n’amatora. Ndagira ngo rwose nshimire kuri uyu munsi muri iki gikorwa cyo gusoza kwiyamamaza, abantu bose bari hano. Ubu aho turi hano muri Gasabo, hari abantu turi hamwe hano n’abandi muri mwe twajyanye muri buri karere twari kumwe hose ndabashimira cyane mwarakoze.

Rero, reka nsoreze mu bintu ndibuvuge uyu munsi ku byo n’ubundi nahereyeho umunsi twari mu Ruhango dutangira igikorwa cyo kwiyamamaza. Uwo munsi dutangira mu byo navuze mpereye ku bivugwa n’abandi nkuko Uwacu yabivuze, badutega iminsi. Noneho ubu, baravuga ngo uko babonye ibyo kuduhagarika mu guhitamo kwacu kutagishobotse, ubu noneho baravuga ngo ariko buriya Kagame niba azaba atakiri umuyobozi, buriya u Rwanda ruzagira amahoro. Ubu noneho baradutega ibihe bizaza ko tutazagira amahoro ariko noneho nanabaza ngo ariko mbere ya Kagame u Rwanda rwari rufite amahoro? Ibyo se ko babishimaga. Bashimaga ibya mbere ya Kagame u Rwanda rutaragira amahoro none ubu […] uru Rwanda rwacu aho ruvuye, aho rugeze n’aho ruvuye, uru Rwanda rw’ubudasa twanyuze muri byinshi, ntabwo ibyo twiga bipfa ubusa.

Aho tuvuye tuzi, ni uko n’aho tugeze ubu, tuzi kwihitiramo uko tugomba kubaho. Hanyuma noneho reka nongereho akantu gato, kandi nari nziko abo bantu bamwe bajya batuvuga bari bamaze kutumenyera ariko ubanza batatumenyera.

Rimwe nigeze kubabwira ngo iyo hagize uwiha uburenganzira ko bashobora kubwira Kagame ibyo agomba gukora niwo munsi mpitamo ibinyuranye n’ibyo bavuga. Ari ubushize, ari ubu ngubu, ari n’ubuzaza. Ikindi, bakavuga ngo nibo bazi demokarasi, ni bo bayigisha ariko turabizi mu byavuha aha, hari abagiye mu gikorwa cya demokarasi bajya mu matora barangije baravuga […] ngo hari abantu bagiye muri mudasobwa, ngo bahindura, ngo bagiye mu ikoranabuhanga ryacu, baduhindurira ibintu ubu dufite umuyobozi tutashakaga. Eh ariko demokarasi yawe uwo muyobozi niwe yaguhaye… iyawe yakunaniye. Ngo mudasobwa niyo yabahitiyemo umuyobozi ntabwo aribo, iyo niyo demokarasi bashingiraho bigisha abandi uko demokarasi imeze.

Wari uziko hari n’abavuga ngo Kigali […] hari isuku rero ngo iyo suku ntabwo ari demokarasi ngo ni igitugu. Ariko icyo bivuze ni agasuzuguro basuzugura Abanyafurika, basuzugura u Rwanda kuko Abanyafurika, Abanyarwanda, bakwiye kwicara mu mwanda ntacyo bakwiriye kuba bawuvugaho, ibyo biva aho bikinjira no muri demokarasi, bikinjira no muri politiki […] Ibyo dukora, twese twumvikanyeho no mu bumwe, twahisemo, nibigira ingaruka mbi tuzahangana nayo nkuko twahanganye n’ingaruka y’ibyo badukoreye. N’ubundi nitwe bigarukaho. Iyo ibintu bimaze kumera nabi nibwo bahindukira bakigendera bakagusiga wenyine ukirwariza.”

-7453.jpg

-7457.jpg

-7460.jpg

-7457.jpg

-7459.jpg

-7464.jpg

-7461.jpg

-7462.jpg

-7463.jpg

2017-08-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwayi bane bakize Coronavirus, umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 144

Abarwayi bane bakize Coronavirus, umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 144

Ubwanditsi 19 Apr 2020
Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Perezida Kagame, Salva Kiir, Nkurunziza … bategerejwe muri Tanzania

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Batatu bafashwe bagerageza guha abapolisi ruswa

Batatu bafashwe bagerageza guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette
ITOHOZA

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.
Amakuru

Umunyamakuru Natacha Polony uregwa gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa.

Ubwanditsi 01 Mar 2022
Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi
Mu Rwanda

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru