• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Ubwanditsi 08 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mpera z’icyumweru gishize, hari inyandiko yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, imaze gusinywa na Dominique ATTIAS, Perezida w’impuzamashyirahamwe y’abanyamategeko ku mugabane w’uburayi.

Iyo nyandiko ikubiyemo amabwiriza ategeka u Rwanda “..kurekura Paul Rusesabagina bidatinze…”, ngo kuko ari umutagatifu washimuswe, akaba afungiye mu Rwanda by’amaherere!

Ababonye iyi nyandiko, barimo nka Amb. Olivier Nduhungirehe, bibajije uburyo mu gihe tugezemo itsinda ry’abantu bubahuka guha amabwiriza igihugu cyigenga, bikaba igitangaza noneho bikozwe n’abanyamategeko ubundi bagombye kuba bubaha amahame mpuzamahanga arengera ubwigenge bw’ubutabera.

Tugerageje gushyira mu Kinyarwanda ibyo Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje mu cyongereza abinyujije ku rubuga rwa twitter, yagize ati:Twibutse Dominique Attias n’ishyirahamwe ategeka, ko uretse n’abo bombi, nta n’irindi shyirahamwe ry’abanyamategeko bo mu mahanga rishobora gutegeka ubutabera bw’uRwanda icyo bukora.

Turi mu mwaka wa 2021, ubutabera bwa gikoloni nta jambo bugifite.”
Hari n’abandi benshi bagarutse kuri iyi nyandiko ya Dominique Attias n’agatsiko ke, aho bibajije niba iyi mpuzamashyirahamwe ishobora gutinyuka kwandikira ibaruwa nk’iyi igihugu cyo mu burengerazuba bw’isi.

Aha bakagaragaza ko ari agasuzuguro kavanze na ya myumvire y’irondaruhu, aho bamwe mu bazungu bakibwira ko Umunyafrika nta gaciro afite cyangwa ubwenge bwo kwikorere ibimunogeye.

Dominique Attias avuga ko ngo Paul Russabagina yimwe uburenganzira bwo guhagararirwa n’umunyamategeko wo mu Bubiligi. Nyamara Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Abanyamategeko , Me Guillaume Kavaruganda, yasobanuye neza ko nta masezerano u Rwanda rufitanye arebana no guhererekanya abanyamategeko.

Nk’uko nta mwavoka wo mu Ishyirahamwe Nyarwanda wakwemererwa kuburana urubanza mu Bubiligi, kuki Ababiligi bo bumva bafite uburenganzira bwo kuza kuburana mu Rwanda? Ngiyo ya myumvire ya gikoloni yanze kubava mu mutwe.

Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, indege ya Rynair yari ivuye Athènes mu Bugereki yayoberejwe muri Belarus, bashobore gufata muri yombi umunyamakuru Roman Pratasevich wari muri iyo ndege, akaba yarahigwaga bukware n’ubutegetsi bwa Belarus. Kuberako Belarus ari igihugu cy’i Burayi, impuzamashyirahamwe y’abavoka bo ku mugabane w’Uburayi ntiyabyise ishimutwa, ahubwo yaruciye ikabarumira, iza gusakuriza u Rwanda rurimo kuburanisha Rusesabagina wishe akanakomeretsa inzirakarengane.

Ni ya nsina ngufi icibwaho amakoma?URwanda ni ruto mu buso, ariko si ruto mu kumenya igikwiye mu nyungu z’Abanyarwanda bose.
Urukiko ruburanisha Paul Rusesabagina ndetse n’isi yose basobanuriwe ko nta shimutwa ryamukorewe, ko ahubwo yibeshye inzira akisanga i Kigali aho kujya i Bujumbura nk’uko yabiteganyaga.

Ibimenyetso simusiga biramuhamya ibyaha by’iterabwoba yakoze abinyujije mu mutwe w’inyeshyamba ze ,FLN, ndetse abonye ikinyoma kimushiranye yivana mu rubanza. Dominique Attias rero n’agatsiko kawe, muhumure rwose inshuti yanyu izahabwa ubutabera bunoze, kandi si uko mubisaba, ahubwo ni uko uRwanda rwiyemeje kugendera ku mategeko.

2021-06-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 17 Oct 2021
Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 19 Apr 2017
Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi
ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga
Mu Rwanda

Bishop Rugagi yagarutse mu Rwanda atangaza ko i burayi ahakuye izindi mbaraga

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru