• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Editorial 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Raporo y’impuguke za Loni yashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, tariki ya 13 Kanama 2017, ariko igomba kumurikirwa Akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kabiri, yahishuye ko abari abarwanyi ba M23 baherutse gusubira muri Congo nta ntege bafite ku buryo babangamira amahoro.

Muri Mutarama 2017 nibwo abari abarwanyi ba M23 bari barahungiye muri Uganda batorotse inkambi berekeza muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro mu 2013. Uku gusubirayo kwateye impungenge mu Burasirazuba, hatangira gukekwa ko igiye kubura umutwe.

Nubwo hari ababitekerezaga gutyo, raporo nshya y’impuguke za Loni yakozwe ku ntambara zo muri Congo, yerekana ko kurangiza ikibazo cya M23 bidasaba imbaraga za gisirikare ahubwo hakenewe imbaraga za politiki, dore ko nta ntege aba barwanyi bagifite.

Kuwa 12 Gicurasi 2017, impuguke ebyiri za Loni kuri RDC, Umunyamerika Michael Sharp n’Umunya Suede Zaida Catalán, bishwe bari mu kazi k’iperereza ku nyeshamba za Kamuina Nsapu. Ariko bagenzi be bakomeje akazi, akaba ari bo basohoye raporo.

Mu byo iyi raporo ivuga kuri M23, yibutsa ko umutwe w’Abanye- Congo bavuga Ikinyarwanda wigeze kwigarurira Goma muri 2012 ukaza gukubitwa inshuro ugahungana n’umuyobozi wawo Gen Sultani Makenga. Nyuma muri Mutarama 2017, ababarirwa muri 200 bongeye gusubira muri Congo bayobowe na Makenga.

Raporo igaragaza ko kongera kubyutsa umutwe nta mbaraga byari bifite, kandi ko mu gihe izi mpuguke zakoraga ubushakashatsi, zasanze bafite imbunda nke cyane kandi “nta cyerekana ko hari ubufasha buturuka ahandi ufite.”

Abo izi mpuguke zavugishije bemeje ko basubiye muri Congo batorotse inkambi ya Bihanga muri Uganda. Mu barwanyi 1,375 bahageze muri 2013, hari hasigaye gusa 270 muri Gashyantare 2017 nk’uko Guverinoma ya Uganda yabitangaje.

Abenshi muri aba barwanyi bahoze muri M23 babwiye izi mpuguke ko babashije gutoroka kuko nta kugenzura abinjira n’abasohoka mu nkambi ya Bihanga. Raporo igaragaza ko mu gutoroka bafashe bisi berekeza Mbarara, mbere yo kugera mu gace ka Kisoro.

Abasirikare ba Congo Kinshasa n’abarinzi ba Pariki ya Virunga babwiye impuguke ko batari kubasha gukumira abo barwanyi kuko nta hantu hazwi ho kwinjirira. N’aba barwanyi bavuze ko banyuze inzira y’ishyamba bagera byoroshye muri RDC bahurira hafi y’ikirunga cya Sabyinyo. Muri abo harimo Gen Makenga, Lt. Colonel Léon Kanyamibwa, Col. Yusuf Mboneza na Erasto Bahati.

Bavuye kuri Sabyinyo, bakora inkambi muri Pariki ya Virunga mu Majyepfo y’ikirunga cya Mikeno, bafite ibikoresho, nta n’imyambaro ya gisirikare bafite.

Aba barwanyi bagiye bakozanyaho n’ingabo za Congo ariko bagatsindwa.

Umutwe wa M23 wavuzwe mu bihe byashize ko waterwaga inkunga n’u Rwanda na Uganda, ariko ibi bihugu byabyamaganiye kure. Nyuma yo gutsindwa kwawo, bagashyira intwaro hasi bamwe bahungiye mu Rwanda bari kumwe na Pasiteri Runiga, abandi berekeza muri Uganda bari kumwe na Gen. Sultan Makenga.

-7607.jpg

Gen Sultani Makenga wasubiranye muri Congo n’abari abarwanyi ba M23

2017-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Editorial 23 Mar 2021
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Editorial 06 Mar 2022
Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa

Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa

Editorial 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burkina Faso: Harakekwa ibyitso mu gisirikare ku gitero cyahitanye abantu 17

Editorial 06 Mar 2018
Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo
Amakuru

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Editorial 03 Oct 2021
Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.
Amakuru

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Editorial 27 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru