• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Aug 2017 Mu Rwanda

Igipolisi cy’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu, itariki 19 Kanama, cyakoze umukwabu wo gusaka muri Kaminuza y’igihugu gita muri yombi abantu 98 babaga muri kaminuza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nk’uko byatangajwe n’umuvuugizi wa minisiteri y’umutekano n’uw’igipolisi cy’u Burundi, Pierre Nkurikiye, ngo uyu mukwabu watumye abantu 98 barimo abantu 78 barangije amasomo yabo ariko bagakomeza kuba muri kaminuza bitemewe, ndetse n’abandi banyeshuri 15 ariko bo mu zindi kaminuza.

Mu bantu batawe muri yombi kandi harimo bane batari abanyeshuri bakora akandi kazi ariko bagataha muri kaminuza, n’umunyeshuri wafatanywe utubure 8 tw’urumogi nk’uko iyi nkuru dukesha Radio na Televiziyo by’u Burundi ikomeza ivuga.

Umuvugizi w’igipolisi akomeza avuga ko aba bantu 98 batawe muri yombi bose bagiye guhatwa ibibazo nyuma hakarebwa niba harimo abakoze ibyaha bihanwa n’amategeko bakorerwe dosiye bashyikirizwe ubutabera nk’abandi banyabyaha bose.

Naho ku bandi babaga muri kaminuza batabyemerewe, Pierre Nkurikiye yakomeje avuga ko bashobora kubarekura ariko bakabuzwa gusubira mu nyubako za kaminuza. Nk’uko uyu muvugizi w’igipolisi abyemeza, ngo iki gikorwa cya polisi cyakozwe mu rwego rusanzwe rwo gukumira icyaha gishobora gukorwa.

Nubwo ateruye ngo avuge icyari kigenderewe muri uyu mukwabu, mu minsi ishize nibwo kimwe mu binyamakuru bikorera mu Burundi cyatangaje ko abanyeshuri babarizwa mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD bari bamaze iminsi babangamira bagenzi babo bataba muri CNDD, aho ngo bari basigaye barara amarondo muri campus ya Mutanga bitwaje impiri bagahohotera uwo bahuye nawe, aho bamwe muri aba banyeshuri bahohoterwaga bari batangiye kurakara, bavugaga ko nihatagira igikorwa hashobora kuba ikintu kibi muri kaminuza abanyeshuri bagasubiranamo.

-7679.jpg

Pancrase Cimpaye, Umuvugizi wa CNARED

Ibi kandi kuri uyu wa Gatanu ushize ihuriro CNARED-Giriteka rikaba ryari ryamaganye iyi myitwarire y’aba banyeshuri b’Imbonerakure bahohotera bagenzi babo, aho umuvugizi w’iri huriro ry’abatavuga ruwe n’ubutegetsi, Pancrase Cimpaye yavuze ko niba ubuyobozi bw’iyi kaminuza butagize icyo bukora kuri iki kibazo hashobora kuba ikintu kibi.

2017-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Bazafasha Perezida Zuma kwishyura umutungo yanyereje

Ubwanditsi 05 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru Phocas Ndayizera  wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Phocas Ndayizera wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa
ITOHOZA

Kansinge yasubiye Canada aciye mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Nov 2016
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka
INKURU NYAMUKURU

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ubwanditsi 20 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru