• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Ubwanditsi 22 Aug 2017 Mu Rwanda

Guverineri w’Intara y’amajyepf n’Abayobozi b’Akarere ka Kamonyi na Muhanga hamwe n’uhagarariye WASAC uyu munsi bakoze inama ndetse banasura abaturage bo mu murenge wa Rugarika mu kagari ka Masaka aho umuturage aherutse gutwarwa n’ingona. Bahumuriza abaturage banabasaba kudasubira muri Nyabarongo kuvomamo.

Ibi bibaye nyuma y’inkuru y’umuturage watwawe n’ingona kuwa gatanu ushize muri aka kagace n’abandi zatwaye mbere yabwo, ndetse no hakurya yabo mu murenge wa Mageragere aha ho ingamba zatangiye gushyirwa mu bikorwa.

Mu nama yabanje kubera ku karere ka Kamonyi Guverineri Mureshyankwano yasabye abayobzoi kwegera abaturage bakabahindura imyumvire ituma bajya kuvoma muri Nyabarongo.

We avuga ko niba umuturage ajya muri Nyabarongo kuvoma amazi mabi kuko ariyo amuri hagi ngo mugihe yaba afite imyumvire myiza yajya kuvoma atari hafi ye ariko ari amazi meza.

Yasabye abayobozi b’imirenge ya Kamonyi na Muhanga yegereye Nyabarongo gufata ingamba zo kubuza abaturage kujya kuvoma muri Nyabarongo kandi bagakora ibishoboka bakabagezaho amazi meza.

Mu rwego rwo gukemura iki kibazo ku bufatanye na WASAC izi nzego ziravuga ko zimaze guteganya miliyoni 700 zirenga zo gukwirakwiza amazi mu Mirenge itanu ikora kuri Nyabarongo mu buryo bwihuse.

Bavuye aha ku biro by’Akarere berekeza mu murenge wa Rugarika maze Guverineri yisabira abaturage kudasubira muri uyu mugezi bishyira urupfu.

Ngo nubwo amazi adahita abageraho uyu munsi ariko arabakangurira kudasubira muri Nyabarongo.

Guverineri Mureshyankwano yabwiye abaturage ko hafashwe ingamba zihutirwa ndetse n’ingamba z’igihe kirekire.

Avuga mu zihutirwa yavuze ko babonye amafranga muri budget y’Akarere ka Kamonyi bagiye guhita bazana amazi akagera ku baturage byibura mu gihe cya vuba abaturage b’aha bakaba bayabonye.

Yavuze kandi ko bagiye gukorana na WASAC bigakorwa vuba amazi yo mu mariba yo hasi bapompa akazamuka agashyirwaho vuba.

Naho mu gisubizo kirambye ngo ni ugusana imiyoboro isanzwe ihari ubu itakibona amazi cyangwa bakubaka indi mishya abaturage bakabona amazi.

Yavuze ko n’abaturage batuye ku manegeka ahegereye cyane umugezi bagomba kudasubira muri uyu mugezi ahubwo nabo bajya kuvoma amazi meza aho ari nubwo nabo bagiye gufashwa bakegerezwa amazi mu gihe batarimurwa muri aya manegeka kuko byo bikorwa buhoro buhoro uko ingengo y’imari ibonetse.

Abayobozi b’aka karere kandi bahakanye inkuru y’uko hari undi muturage w’umugore watwawe n’ingona kuri iki cyumweru, bavuga ko ntabyabayeho nk’uko byari byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.

Guverineri Mureshyankwano yavuze ko Intara y’Amajyepfo ndetse na Leta byababajwe cyane n’umuturage watwawe n’ingona kandi bwihanganisha umuryango we.Umuryango wasigaye, abayobozi mu karere ka Kamonyi bavuze ko ufashwa mu buryo bwateganyijwe.

Ibice byinshi by’Umurenge wa Rugarika ngo ntibifite amazi meza n’ahari imiyoboro yayo yarapfuye ntibayabona nk’uko abaturage babivuga, bityo abaturiye Nyabarongo bakajya kuyivomamo amazi yo gukoresha imirimo imwe n’imwe.

Abaturage muri uyu murenge umwaka ushize ngo buri muryango watanze amafaranga ibihumbi 4 330 hanakorwa umuganda rusange kugirango babashe kubona amazi ariko ngo kugeza ubu ntarabageraho.

Abatuye mu tugari turi hafi ya Nyabarongo ari nabo bakoreshaga amazi ya Nyabarongo bavuga ko ivomo rimwe bagiye kuba bahawe vuba aha ritabahaza utugari dutatu cyangwa tubiri twegereye Nyabarongo.

Aba baturage ariko ngo bizeye ko ibyo abayobozi babemereye bagiye kubishyira mu bikorwa maze nabo batandukane n’izi ngona.

Kugeza ubu nta mibare ubuyobozi bwari bwatanga igaragaza abaturage bamaze kuribwa n’ingona, ariko abaturiye hafi y’uru ruzi bavuga ko muri uyu mwaka wonyine zatwaye abarenga batatu.

-7707.jpg

-7706.jpg

-7705.jpg

2017-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Ubwanditsi 23 May 2018
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma
POLITIKI

Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye
Mu Rwanda

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda
POLITIKI

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru