• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

1994 : Uko Paul Kagame yanze kuba Perezida hakajyaho Pasteur Bizimungu

Ubwanditsi 30 Aug 2017 ITOHOZA

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Financial Times, Perezida Kagame yabajijwe niba adafite inyota yo kuzaguma ku butegetsi nyuma ya manda aherutse gutorerwa, agaragaza ko ntabyo akeneye ndetse ko no kuba yarongeye kwiyamamaza atari we wabyifuje, aboneraho no kugaragaza ko no mu 1994 ubwo ingabo yari ayoboye zamagara guhagarika Jenoside, yanze kuba Perezida.

Perezida Kagame ati: “Ni njyewe wanze kuba Perezida mu 1994. Hari umugabo witwa Twagiramungu Faustin, ubu aba i Buruseli, yari ku ruhande rw’abataravugaga rumwe na Leta icyo gihe. Yari mu basinye amasezerano ya Arusha yo mu 1993, ninawe wahise aba Minisitiri w’Intebe. Yaje kundeba, bari baramaze kwishyiramo ko ari njye wari ugiye kuba Perezida. Ni uko ndabyanga, ndababwira nti ntabwo mfite gahunda yo kuba Perezida…”

-7770.jpg

Pasteur BIzimungu wari Perezida wa Repubulika na Paul Kagame wari Visi Perezida

Perezida Kagame kandi yasobanuye impamvu yabyanze aho yagize ati: “Hari impamvu nyinshi ntagombaga kubyemera. Mbere ya byose nari narabwiye abo mu Ishyaka ko umwanya ukuriye iyindi uzahabwa Chairman w’Ishyaka, ntiyari njyewe. Twabyemeranyijweho, twohereza izina, baravuga bati kuki se atari wowe?

Narababwiye nti njyewe sinshaka kuba Chairman, sinshaka kuba Minisitiri w’Intebe wungirije cyangwa uw’Ingabo wungirije. Ndashaka kuba umugaba w’Ingabo wungirije, mbabwira n’impamvu… Nababwiye nti numva nshaka kuba hafi cyane y’ingabo twari tumaze igihe dufatanya kurwana, ndashaka kwigumanira n’abarwanyi banjye, kuburyo nihagira n’ikintu cyaba tuba twizeye ko twongera tukarwana tukizera umutekano wacu. Narababwiye ngo sinshaka kuba Perezida, kuko Perezida agomba kuba ahugiye mu bindi bintu, nti ariko nimurebe amamiliyoni y’abantu ku mupaka [w’u Rwanda na Zaire], baracyafite intwaro kandi barimo kwisuganya, barimo gushaka kudutera bityo ntabwo naba Perezida ngo mbashe no gutangira kurwana nabo.

Icya kabiri narababwiye nti mureke duhitemo umuntu wakuriye hano, uzi abantu ba hano, umenyereye ikirere n’imitere ya hano mu Rwanda, njyewe ndumva ntabyiteguye bihagije. Ni uko kandi ndababwira nti hari ikintu gikomeye tugomba kubanza kurwana nacyo, aho bakidufata nk’abanyamahanga… Uko niko natekerezaga, naberekaga ko tugifite inshingano zo gushakisha umutekano uhamye, icya kabiri nkabereka ko amateka yanjye ashobora gutuma bitagira isura nziza ku bantu bamwe bari bakiri mu rujijo…”

Pasteur Bizimungu, ni we wahise ayobora u Rwanda nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside, akaba yaricaye mu ntebe y’ubuyobozi tariki 19 Nyakanga 1994 ubwo yari afatanyije na Major General Paul Kagame wari Visi Perezida akaba ari na we wari umugaba mukuru w’ingabo. Pasteur Bizimungu yayoboye u Rwanda mu gihe gikabakaba imyaka 6, kugeza ubwo yatangazaga ko yeguye ku bushake tariki 23 Werurwe 2000.

-7769.jpg

Pasteur Bizimungu

Urubuga rwa Wikipedia, rugaragaza ko Pasteur Bizimungu yavukiye mu cyahoze ari Gisenyi mu 1950, ndetse akaba yaranahoze mu ishyaka rya Perezida Juvenal Habyarimana mbere yo kwiyunga na FPR Inkotanyi. Hagati y’umwaka w’1980 n’1990, Bizimungu yari mu ishyaka rya MRND ndetse yari umuntu wa hafi wa Perezida Juvenal Habyarimana, muri icyo gihe akaba yaranakoze imirimo inyuranye irimo kuba umuyobozi mukuru w’icyahoze ari Electrogaz.

Mu 1990, Pasiteri Bizimungu yagiye muri FPR nyuma y’uko umuvandimwe we wari umusirikare w’ipeti rya Colonel mu gisirikare cy’ingabo za Leta ya Habyarimana, yari yishwe [ Col. Mayuya ]. Muri icyo gihe, nibwo FPR yari itangiye ibikorwa bya mbere by’urugamba rwo kubohora u Rwanda. Muri icyo gihe, Bizimungu nyuma y’urupfu rw’umuvandimwe we, yahise ahunga u Rwanda ajya kuba mu Bubiligi, aho yari ashinzwe iby’amakuru n’itumanaho muri FPR nk’ishyaka ryisuganyaga rishaka uko ryabohora igihugu.

Mu 1993, nyuma y’imyaka 3 ingabo za FPR zirwana n’ingabo za Leta y’icyo gihe, Pasteur Bizimungu yagize uruhare mu mishyikirano y’amasezerano y’amahoro ya Arusha n’ubwo Perezida Juvenal Habyarimana yishwe ibyari bikubiyemo bitarashyirwa mu bikorwa ahubwo Jenoside yari imaze igihe itegurwa igahita ishyirwa mu bikorwa. Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside rero niwe wahise aba Perezida.

-7768.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Ubwanditsi 07 May 2018
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025
Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Burundi: Karusi, Umwana W’imyaka 11 Yishwe Akatwa Igitsina, I Ngozi Umusore Yicwa Atemagujwe Imihoro

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    June 26, 20186:55 am -

    The enemy established Bizimungu.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica
Mu Rwanda

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
SHOWBIZ

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru