• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Ubwanditsi 22 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yatangaje ko kubera amagambo ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika azakomeza gahunda yo gukora no kugerageza ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump atandukanye n’abamubanjirije bose ndetse adakwiriye kuba ayobora igihugu gikomeye ku isi.

Abinyujije mu kinyamakuru cya Leta, KCNA, Perezida Kim Jong Un yavuze ko yatangajwe n’amagambo Trump yavugiye imbere ya bagenzi be mu Nteko Rusange ya Loni, aho yigambye ko azasenya Koreya ya Ruguru.

Trump kuri uyu wa Kabiri imbere y’Abakuru b’ibihugu ku isi yavuze ko nibiba ngombwa Amerika izirwanaho igasenya Koreya ya Ruguru kubera ubushotoranyi ikora igeragezwa ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump ameze nk’imbwa ifite ubwoba ngo niyo imoka cyane.

Ati “Imbwa ifite ubwoba niyo imoka cyane. Ndagira inama Trump yo kwitonda mu gihe atoranya amagambo yo kuvuga no kumenya uwo abwira […] nyuma yo kujya ku butegetsi yahojeje isi ku nkeke kubera iterabwoba n’ibitutsi ku bihugu byose, ntabwo akwiriye kuba umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, ni igisambo kitagira ikinyabupfura kiri gukina n’umuriro aho kuba umunyapolitiki.”

Kim Jong yakomeje avuga ko imyitwarire ya Trump imuha imbaraga mu gukomeza gahunda y’ibitwaro kirimbuzi.

Ati “Ibyo yatangaje bigaragaza ubushake n’umugambi wa Amerika byanyeretse ko aho kurekera cyangwa kugira ubwoba, ahubwo inzira nafasha ni iy’ukuri kandi ngomba kuyikurikiza kugeza ku munota wa nyuma.”

Yakomeje agira ati “Nk’umugabo uhagarariye abaturage ba Koreya ya Ruguru, ku bw’icyubahiro cy’igihugu cyanjye n’abaturage banjye, ngomba gukora ikizatuma uyu mugabo uyoboye Amerika yishyura amagambo yavuze yo gusenya Koreya […] azabona ibirenze ibyo yakekaga.”

Umubano wa Koreya ya Ruguru na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wazambye guhera mu myaka ya 1950 ariko wakajije umurego muri uyu mwaka ubwo icyo gihugu cyageragezaga ubutsitsa ibisasu kirimbuzi.

Koreya ya Ruguru imaze gufatirwa ibihano byinshi na Loni ariko ntibyayibujije gukomeza kugerageza ibisasu.

Kuri uyu wa Kane Trump yasinye itegeko ribuza sosiyete iyo ari yo yose muri Amerika gukorana ubucuruzi na Koreya ya Ruguru nkuko BBC yabitangaje.

-8053.jpg

Inzira Perezida Trump akoresha acecekesha Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo  FAS (Forces Armees Secesionistes )

DR Congo : Abanyamulenge bashinze umutwe mushya w’Ingabo FAS (Forces Armees Secesionistes )

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Ubwanditsi 14 Mar 2023
Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Bobi Wine yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Ubwanditsi 24 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye
ITOHOZA

OIF: Michaëlle Jean yahawe urw’amenyo nyuma yo kubeshya ku mateka ya Mushikiwabo bahanganye

Ubwanditsi 13 Jul 2018
Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi
POLITIKI

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede
ITOHOZA

Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede

Ubwanditsi 16 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru