• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Ubwanditsi 22 Sep 2017 ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yatangaje ko kubera amagambo ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika azakomeza gahunda yo gukora no kugerageza ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump atandukanye n’abamubanjirije bose ndetse adakwiriye kuba ayobora igihugu gikomeye ku isi.

Abinyujije mu kinyamakuru cya Leta, KCNA, Perezida Kim Jong Un yavuze ko yatangajwe n’amagambo Trump yavugiye imbere ya bagenzi be mu Nteko Rusange ya Loni, aho yigambye ko azasenya Koreya ya Ruguru.

Trump kuri uyu wa Kabiri imbere y’Abakuru b’ibihugu ku isi yavuze ko nibiba ngombwa Amerika izirwanaho igasenya Koreya ya Ruguru kubera ubushotoranyi ikora igeragezwa ibitwaro kirimbuzi.

Kim Jong yavuze ko Trump ameze nk’imbwa ifite ubwoba ngo niyo imoka cyane.

Ati “Imbwa ifite ubwoba niyo imoka cyane. Ndagira inama Trump yo kwitonda mu gihe atoranya amagambo yo kuvuga no kumenya uwo abwira […] nyuma yo kujya ku butegetsi yahojeje isi ku nkeke kubera iterabwoba n’ibitutsi ku bihugu byose, ntabwo akwiriye kuba umugaba w’ikirenga w’ingabo z’igihugu, ni igisambo kitagira ikinyabupfura kiri gukina n’umuriro aho kuba umunyapolitiki.”

Kim Jong yakomeje avuga ko imyitwarire ya Trump imuha imbaraga mu gukomeza gahunda y’ibitwaro kirimbuzi.

Ati “Ibyo yatangaje bigaragaza ubushake n’umugambi wa Amerika byanyeretse ko aho kurekera cyangwa kugira ubwoba, ahubwo inzira nafasha ni iy’ukuri kandi ngomba kuyikurikiza kugeza ku munota wa nyuma.”

Yakomeje agira ati “Nk’umugabo uhagarariye abaturage ba Koreya ya Ruguru, ku bw’icyubahiro cy’igihugu cyanjye n’abaturage banjye, ngomba gukora ikizatuma uyu mugabo uyoboye Amerika yishyura amagambo yavuze yo gusenya Koreya […] azabona ibirenze ibyo yakekaga.”

Umubano wa Koreya ya Ruguru na Leta Zunze Ubumwe za Amerika wazambye guhera mu myaka ya 1950 ariko wakajije umurego muri uyu mwaka ubwo icyo gihugu cyageragezaga ubutsitsa ibisasu kirimbuzi.

Koreya ya Ruguru imaze gufatirwa ibihano byinshi na Loni ariko ntibyayibujije gukomeza kugerageza ibisasu.

Kuri uyu wa Kane Trump yasinye itegeko ribuza sosiyete iyo ari yo yose muri Amerika gukorana ubucuruzi na Koreya ya Ruguru nkuko BBC yabitangaje.

-8053.jpg

Inzira Perezida Trump akoresha acecekesha Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru

2017-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Akavuyo mu miryango mpuzamahanga ikorera mu Burundi kubera iturufu y’amoko mu kugena abakozi

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Ubwanditsi 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa
HIRYA NO HINO

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe
ITOHOZA

Ingabire Victoire yemereye RIB ko hari amategeko y’igihugu atari asobanukiwe

Ubwanditsi 09 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru