• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

I Musanze: Abanyonzi baratabaza kubera imisanzu yabo ngo ikiza umuyobozi wabo gusa.

Ubwanditsi 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Abatwara abantu n’ibintu ku magare (bazwi nk’abanyonzi) mu mujyi wa Musanze bibumbiye muri koperative CVM (Cooperative des vélos de Musanze) baravuga ko bamaze imyaka itatu batanga amafaranga y’umusanzu wa buri munsi ariko ko batazi irengero ryayo, bagashinja abayobozi babo kurigisa aya mafaranga kuko umuyobozi wa koperative ubu yabaye umuherwe.

Umwe muri aba banyonzi utifuje ko umwirondoro we utangazwa mu Itangazamakuru, avuga ko buri munsi batanga igiceri cya 100 Frw gusa ngo ntibazi icyo bayatangira.
Ati “ Hari abo tuyaha baba bari mu muhanda, Gusa njye mbona ntacyo byaba bitumariye mu gihe dukomeje kuyatanga umwaka ugashira undi ugataha ntibatubwire icyo bayamaza.”

Uyu ukora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku igare avuga ko bajya kwibumbira muri koperative batanze umugabane shingiro bityo ko n’aya mafaranga 100 Frw batanga buri munsi bakwiye kumenya icyo bayatangira.

Ati “ Njye mbona iryo 100 Frw dutanga ari ayo kubakiza kandi tuba twayabonye tuvunitse.”

Avuga ko umuyobozi wabo atigeze aba umunyonzi, agasaba ko bayoborwa n’abo bakorana kuko ari bo bazi agaciro k’ibyo bakora bakaba baharanira inyungu za koperative aho gukurura bishyira nk’uko abari kubayobora bari kubigenza.

Umuyobozi wa CVM, Casmir Ngayaberura ushinjwa n’abo ayobora gukizwa n’imisanzu yabo avuga ko ayo mafaranga 100 bakwa buri munsi abafasha mu gukodesha inzu bakoreramo no guhemba abakozi.

Ngayaberura avuga ko atari we uyabaka ku giki cye ko ahubwo ari umwanzuro wafashwe n’inteko rusange igizwe n’abanyamuryango bose kugira ngo koperative ikomeze kugira imbaraga.

Avuga ko aba banyamuryango ba koperative bashonje bahishiwe kuko muri Kamena bazahabwa ingurube zo korora.

Uyu muyobozi wa CVM wagarutse ku byo ashinjwa ko akomeje gutera imbere mu buryo budasanzwe kubera iyi misanzu y’abo ayobora, avuga ko ubukungu bwe atari ubwa vuba ku buryo yaba ari gukizwa n’abo ayobora.

Ati ” Kuba ndi umukire ni nk’uko abandi bantu benshi bakize si uko nyobora koperative, ndikorera, yewe mfite byinshi nkuramo amafaranga sibo bankijije rwose uretse n’ibyo mu muryango wacu nta mukene ubamo.”

Yagarutse ku kifuzo cyo gutanga amafaranga atubutse. Ati ” Ntabyo bashobora kuko n’ayo make bayatanga bigoranye, ibyo byifuzo bazabitange mu nteko rusange nibyemeza bizashyirwa mu bikorwa kuko ibyo dukora byose biba ari imyanzuro yafashe.”

-6411.jpg

Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Ndabereye Augustin avuga ko nk’abanyamuryango ba koperative bakwiye gushakira umuti icyo kibazo bagakora bagamije iterambere, byaba ngombwa inteko yabo yaterana ikaba yakwiga ku buryo bwo kuzigama amafaranga.

Uyinjiyemo atanga 20 500 Frw arimo ay’umwamabaro ubaranga, umusoro, ikarita, umugabane-shingiro, n’ikirango cy’igare(plaque).

2017-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Dore inzira Tour du Rwanda 2017 izanyuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Hamidou Omar wigeze kuba Depite yitabye Imana(yavuguruwe)

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul  byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba  na Rujugiro yarabigaritse
ITOHOZA

Impinduka muri Rwanda Day 2016 : Ruhamyambuga Paul byavugwaga ko yabaye inshuti ya Kayumba na Rujugiro yarabigaritse

Ubwanditsi 23 Sep 2016
Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Ubwanditsi 01 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru