• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’igihugu Paul Kagame, ubwo yishimiraga intsinzi hamaze gutangazwa ku mugaragaro ibyavuye mu matora by’agateganyo, yashimiye abanyarwanda benshi bamufashije mu bikorwa byo kwiyamamaza yakoreye mu gihugu cyose, by’umwihariko ashimira uruhare abanyamakuru bagize muri icyo gikorwa.

Yagize ati “…hari ndetse n’abanyamakuru mu gihugu hano, baba abo hanze, abo bose bakora imirimo itandukanye, bafotora, bakoresha imbuga nkoranyambaga (social media), n’abandi, mbese ibyabaga byose muri iki gikorwa cy’amatora nta hantu bitabaga bigera ku Isi muri uwo mwanya bibereyeho, mwarakoze namwe cyane.”

-7503.jpg

Abanyamakuru batandukanye bakoze akazi gakomeye cyane

Uku gushima uruhare rw’Itangazamakuru mu kumenyekanisha ibibera mu Rwanda, si Perezida Kagame wabigarutseho kubera kumwamamaza gusa, ahubwo mbere ho umunsi umwe kugira ngo kwiyamamaza bitangire, ku wa 13 Nyakanga 2017, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François, mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yatangazaga gahunda zo kwiyamamaza, na we yashimye uruhare rw’itangazamakuru n’intambwe rimaze gutera ariko urugendo rugikomeje.

Ibi bikaba bigaragaza ko muri iyi manda y’imyaka irindwi, itangazamakuru rizashyirwamo imbaraga, dore ko abarikoramo bagaragaje kenshi ko ryirengagijwe ukurikije uko izindi nzego zazamuwe, kandi rifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu n’imiyoborere.

Muri uko gukomeza kwishimira intsinzi, Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ahasigaye rero, ngira ngo amateka atugejeje hano nayo murayazi, murareba imyaka irindwi ishize, twari mu gikorwa nk’iki na cyo cyarabaye kigenda neza ndetse cyagenze neza kurushaho; ariko ntabwo icyo gihe byari bayarateguwe ko ibyo bintu bizakomeza nkuko byagenze uku. Hagati aho abanyarwanda bose, benshi, uhereye ku masinyatire miliyoni enye, n’ibirenga, ukagera kuri referendumu, bikagera no kuri FPR, ubwayo, ni naho byose byaganishaga kandi byemezaga gusaba ko nkomeza kubabera umuyobozi.”

Perezida Kagame wegukanye intsinzi yo gukomeza kuyobora u Rwanda ku majwi 98,63 ku ijana nk’uko ibarura ry’amajwi rya komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) ryabitangaje ku mugaragaro, muri manda y’imyaka irindwi iri imbere afite gukomeza guteza imbere abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma kandi bose bakihuta.

“Intsinzi ni iyanyu, ni amateka asanzwe ya FPR Inkotanyi ihangana n’ibibazo yahanganye n’ibibazo byinshi, ariko tukaba dukomeza gutera imbere, tukaba tugejeje aha, tuhigejeje ndetse tuhagejeje n’igihugu cyose dufatanije.”

Kagame yasezeranije abanyarwanda bose bahamije amasezerano y’ibyo basabye muri referendumu banamwamamaza, ko ibikorwa byo guteza imbere igihugu bikomeje.

-7502.jpg

Perezida Kagame ashimira buri wese wagize uruhare ngo amatora agende neza

Yagize ati “Rero akazi ubu kagiye gutangira nanone nk’uko twari dusanzwe tubaho. Ubu ni imyaka irindwi yo gukomeza kwita ku bibazo dufite mu Rwanda byugarije abanyarwanda, ndetse birimo gukomeza ko umunyarwanda aba umunyarwanda, kuko tudaharanira kuba ikindi kintu kitari umunyarwanda. Dushaka umunyarwanda muzima uteye imbere, wigeza kuri byinshi uko tubyifuza.”

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa

RUSHYASHYA 28 Apr 2026
U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

U Rwanda ruyoboye Afurika mu gufata imodoka zibwe

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda 2021-2022 yagombaga kubera kuri Sitade Umuganda yasubitswe, harimo uwo Etincelles yari buzakine na APR FC

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika
IKORANABUHANGA

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike
IMIKINO

Kugwa byahato nahano,kudasoza irushanwa imwe mu iturufu abanyarwanda bitwaje mu mikino Olempike

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Polisi yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini enye, inafata bane mu bakekwaho kuziba
Mu Rwanda

Polisi yaburijemo ubujura bwa Televiziyo nini enye, inafata bane mu bakekwaho kuziba

Ubwanditsi 04 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru