• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’igihugu Paul Kagame, ubwo yishimiraga intsinzi hamaze gutangazwa ku mugaragaro ibyavuye mu matora by’agateganyo, yashimiye abanyarwanda benshi bamufashije mu bikorwa byo kwiyamamaza yakoreye mu gihugu cyose, by’umwihariko ashimira uruhare abanyamakuru bagize muri icyo gikorwa.

Yagize ati “…hari ndetse n’abanyamakuru mu gihugu hano, baba abo hanze, abo bose bakora imirimo itandukanye, bafotora, bakoresha imbuga nkoranyambaga (social media), n’abandi, mbese ibyabaga byose muri iki gikorwa cy’amatora nta hantu bitabaga bigera ku Isi muri uwo mwanya bibereyeho, mwarakoze namwe cyane.”

-7503.jpg

Abanyamakuru batandukanye bakoze akazi gakomeye cyane

Uku gushima uruhare rw’Itangazamakuru mu kumenyekanisha ibibera mu Rwanda, si Perezida Kagame wabigarutseho kubera kumwamamaza gusa, ahubwo mbere ho umunsi umwe kugira ngo kwiyamamaza bitangire, ku wa 13 Nyakanga 2017, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François, mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yatangazaga gahunda zo kwiyamamaza, na we yashimye uruhare rw’itangazamakuru n’intambwe rimaze gutera ariko urugendo rugikomeje.

Ibi bikaba bigaragaza ko muri iyi manda y’imyaka irindwi, itangazamakuru rizashyirwamo imbaraga, dore ko abarikoramo bagaragaje kenshi ko ryirengagijwe ukurikije uko izindi nzego zazamuwe, kandi rifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu n’imiyoborere.

Muri uko gukomeza kwishimira intsinzi, Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ahasigaye rero, ngira ngo amateka atugejeje hano nayo murayazi, murareba imyaka irindwi ishize, twari mu gikorwa nk’iki na cyo cyarabaye kigenda neza ndetse cyagenze neza kurushaho; ariko ntabwo icyo gihe byari bayarateguwe ko ibyo bintu bizakomeza nkuko byagenze uku. Hagati aho abanyarwanda bose, benshi, uhereye ku masinyatire miliyoni enye, n’ibirenga, ukagera kuri referendumu, bikagera no kuri FPR, ubwayo, ni naho byose byaganishaga kandi byemezaga gusaba ko nkomeza kubabera umuyobozi.”

Perezida Kagame wegukanye intsinzi yo gukomeza kuyobora u Rwanda ku majwi 98,63 ku ijana nk’uko ibarura ry’amajwi rya komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) ryabitangaje ku mugaragaro, muri manda y’imyaka irindwi iri imbere afite gukomeza guteza imbere abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma kandi bose bakihuta.

“Intsinzi ni iyanyu, ni amateka asanzwe ya FPR Inkotanyi ihangana n’ibibazo yahanganye n’ibibazo byinshi, ariko tukaba dukomeza gutera imbere, tukaba tugejeje aha, tuhigejeje ndetse tuhagejeje n’igihugu cyose dufatanije.”

Kagame yasezeranije abanyarwanda bose bahamije amasezerano y’ibyo basabye muri referendumu banamwamamaza, ko ibikorwa byo guteza imbere igihugu bikomeje.

-7502.jpg

Perezida Kagame ashimira buri wese wagize uruhare ngo amatora agende neza

Yagize ati “Rero akazi ubu kagiye gutangira nanone nk’uko twari dusanzwe tubaho. Ubu ni imyaka irindwi yo gukomeza kwita ku bibazo dufite mu Rwanda byugarije abanyarwanda, ndetse birimo gukomeza ko umunyarwanda aba umunyarwanda, kuko tudaharanira kuba ikindi kintu kitari umunyarwanda. Dushaka umunyarwanda muzima uteye imbere, wigeza kuri byinshi uko tubyifuza.”

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“URAMENYE: Itondere uruhu n’umubiri w’Umuntu” -RSB

“URAMENYE: Itondere uruhu n’umubiri w’Umuntu” -RSB

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Indirimbo My Vow ya Meddy yaririmbiye umugore we Mimi, mu minsi ibiri gusa yujuje miliyoni imwe y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube

Ubwanditsi 25 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!
Amakuru

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024
Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda
ITOHOZA

Impamvu y’ikomoko  ya Museveni “ abahima n’abahima b’aba-Chwezi “ nyirabayazana y’ urwango  ku Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye
Amakuru

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Ubwanditsi 27 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru