• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Ubwanditsi 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Maj.Dr.Aimable Rugomwa ukekwaho gukubita umwana witwa Mbarushimana Théogène agapfa, yakatiwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, igifungo cy’imyaka 10 ananyagwa impeta zose za Girisirikare.

Isomwa ry’uru rubanza ryabaye kuri uyu wa Mbere aho yaba Maj.Dr Rugomwa n’abamwunganira Alain Mucyo Ntagara na Joseph Ngabonziza batagaragaye mu rukiko.

Urukiko rwamuhamije icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigatera urupfu rumuhanisha igifungo cy’imyaka icumi n’indishyi hamwe n’igihembo cya avoka n’ibindi byakoreshejwe bingana na 11 570 000 Frw.

Ibyo urukiko rwashingiyeho birimo kuba Maj. Rugomwa yaremeye ko yakubise ariko akavuga ko yirwanagaho, kuba abatangabuhamya baremeje ko bamusanze mu kizenga cy’amaraso no kuba Mbarushimana yaragejejwe kwa muganga atarapfa. Ibi byatumye urukiko ruhindura inyito y’icyaha ruvuga ko atari ubwicanyi ahubwo ari ugukubita bikavamo urupfu.

Mu gusobanura uko indishyi zigabanyije, Urukiko rwavuze ko harimo miliyoni n’igice y’umubyeyi wamureraga; indi miliyoni n’igice y’uwamubyaye, abavandimwe be umwe agenerwa miliyoni imwe ubwo kuko ari barindwi zikaba zirindwi.

Harimo kandi amafaranga ibihumbi 150 yo kwishyura imodoka yatwaye umurambo ndetse n’andi ibihumbi 120 yo kwishyura isanduku yashyizwemo umurambo. Indabo zashyizwe ku mva zabariwe ibihumbi 50, ibinyobwa byanyowe mu gushyingura nabyo bibarirwa ibihumbi 50, imva ibarirwa nayo ibihumbi 50, ikiriyo nacyo kibarirwa ko hakoreshejwe ibihumbi 100. Aya yiyongeraho n’igihembo cya Avoka kingana na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigatera urupfu giteganywa mu ngingo ya 151 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda. Iyi ngingo iteganya igifungo cy’imyaka 10 kugera kuri 15 ku muntu uhamye n’iki cyaha.

Maj.Dr Rugomba utagaragaye mu rukiko kubera impamvu z’uburwayi, afite iminsi 30 yo kujuririra igihano yahawe.

-233.png

Maj.Dr Rugomba

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.

APR FC itaratsindwa na rimwe yamaze gukatisha itike iyijyana mu makipe arwanira igikombe , Kiyovu SC na Gorilla FC zitwaye neza ku munsi wa kane wa PNL.

Ubwanditsi 12 May 2021
Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Ubwanditsi 13 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC
IMIKINO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Ubwanditsi 08 Mar 2018
AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya
Amakuru

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano
Mu Mahanga

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Ubwanditsi 28 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru