• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ubwanditsi 01 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage ikunze gutinda kubakwa rimwe na rimwe kubera iba ikeneye ingengo y’imari nini.

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere iyo habonetse ubushobozi.

-6434.jpg

Perezida wa Repubulika yasuye Abaturage

Minisitiri Gatete yabivuze nyuma y’aho Depite Bitunguramye Diogène abajije impamvu mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2017-2018, hatagaragamo ingengo y’imari izakoreshwa mu kubaka umuhanda Gasabo-Nyacyonga-Rulindo, na Nyarugenge-Nzove-Gakenke yose Perezida Paul Kagame yemereye abaturage.

Mu ruzinduko yagiriye muri aka karere ka Rulindo tariki ya 28 Gashyantare 2014, Perezida Paul Kagame yemereye abaturage umuhanda wa kaburimbo uhuza ahitwa Nyacyonga na Mukoto ureshya n’ibilometero 30, akaba yaravuze ko ku bufatanye n’abaturage umuhanda ugiye gushyirwa kuri gahunda kandi ukubakwa byihuse.

-6433.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza abaturage

Gatete yagize ati “Imihanda irahenda, nk’iyi mihanda ya Rulindo ntabwo yibagiranye irahari ariko iyi ni imihanda ihenda ku buryo utafata ingendo y’imari yose ngo uyishyire ku muhanda, ni nayo mpamvu imihanda myinshi cyane tuyisabira inguzanyo, nk’ubu nakubwira ko urebye nk’uriya muhanda wa Huye –Kibeho cyangwa Ngoma -Nyanza murabizi ko Perezida Kagame yayemereye abaturage kera ariko kubera ko ari amafaranga menshi cyane akenewe, ntabwo uhita ubikora ugomba kubanza kubiteganyiriza.”

Yakomeje agira ati “Muzi kandi nk’uriya muhanda uva Nyagatare ukagera Base, cyangwa Kagitumba -Rusumo, ntabwo uwo muhanda wahita uwushyira mu ngengo y’imari y’umwaka utaha, ugomba kubanza gushaka amafaranga, gusa iyo Perezida yatanze impano tuyishyira mu by’ibanze hejuru y’ibindi byose bikenewe, icyo navuga ni uko iyi mihanda izakorwa.”

Muri rusange mu mwaka wa 2017-2018, ingengo y’imari iteganyijwe izaba ari miliyari 2094.9 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 1954.2, bivuze ko yiyongereyeho miliyari 140.7.

Amafaranga azava imbere mu gihugu kongeraho inguzanyo igihugu giteganya, azaba angana na 83% y’ingengo y’imari yose, mu gihe inkunga y’amahanga zo zizaba ari 17% gusa.

-6436.jpg

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Imyiteguro n’ishyirwamubikorwa by’u Rwanda mu gukumira icyorezo cya COVID-19 ishobora kuzarugeza ku ntsinzi

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura
Mu Mahanga

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda
Amakuru

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye
SHOWBIZ

Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru