• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ubwanditsi 01 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage ikunze gutinda kubakwa rimwe na rimwe kubera iba ikeneye ingengo y’imari nini.

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere iyo habonetse ubushobozi.

-6434.jpg

Perezida wa Repubulika yasuye Abaturage

Minisitiri Gatete yabivuze nyuma y’aho Depite Bitunguramye Diogène abajije impamvu mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2017-2018, hatagaragamo ingengo y’imari izakoreshwa mu kubaka umuhanda Gasabo-Nyacyonga-Rulindo, na Nyarugenge-Nzove-Gakenke yose Perezida Paul Kagame yemereye abaturage.

Mu ruzinduko yagiriye muri aka karere ka Rulindo tariki ya 28 Gashyantare 2014, Perezida Paul Kagame yemereye abaturage umuhanda wa kaburimbo uhuza ahitwa Nyacyonga na Mukoto ureshya n’ibilometero 30, akaba yaravuze ko ku bufatanye n’abaturage umuhanda ugiye gushyirwa kuri gahunda kandi ukubakwa byihuse.

-6433.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza abaturage

Gatete yagize ati “Imihanda irahenda, nk’iyi mihanda ya Rulindo ntabwo yibagiranye irahari ariko iyi ni imihanda ihenda ku buryo utafata ingendo y’imari yose ngo uyishyire ku muhanda, ni nayo mpamvu imihanda myinshi cyane tuyisabira inguzanyo, nk’ubu nakubwira ko urebye nk’uriya muhanda wa Huye –Kibeho cyangwa Ngoma -Nyanza murabizi ko Perezida Kagame yayemereye abaturage kera ariko kubera ko ari amafaranga menshi cyane akenewe, ntabwo uhita ubikora ugomba kubanza kubiteganyiriza.”

Yakomeje agira ati “Muzi kandi nk’uriya muhanda uva Nyagatare ukagera Base, cyangwa Kagitumba -Rusumo, ntabwo uwo muhanda wahita uwushyira mu ngengo y’imari y’umwaka utaha, ugomba kubanza gushaka amafaranga, gusa iyo Perezida yatanze impano tuyishyira mu by’ibanze hejuru y’ibindi byose bikenewe, icyo navuga ni uko iyi mihanda izakorwa.”

Muri rusange mu mwaka wa 2017-2018, ingengo y’imari iteganyijwe izaba ari miliyari 2094.9 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 1954.2, bivuze ko yiyongereyeho miliyari 140.7.

Amafaranga azava imbere mu gihugu kongeraho inguzanyo igihugu giteganya, azaba angana na 83% y’ingengo y’imari yose, mu gihe inkunga y’amahanga zo zizaba ari 17% gusa.

-6436.jpg

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Ubwanditsi 07 Sep 2021
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma
Amakuru

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Ubwanditsi 20 Jan 2023
Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
Amakuru

Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 09 Feb 2016
Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale
Mu Rwanda

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru