• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Ubwanditsi 29 Nov 2017 SHOWBIZ

Niyibikora Safi wamaze kwerekanwa ku mugaragaro muri Label nshya y’umuziki igiye kujya imufasha nk’umuhanzi uririmba ku giti ke, yahishuye ko bagenzi be bahoranye muri Urban Boys (Nizzo na Humble Jizzo) ari bo bashatse gusezera mbere muri Urban Boys ariko bakaza kwisubira ku munota wa nyuma.

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko mu kiganiro Humble Jizzo na Nizzo baherutse kugirana n’Itangazamakuru cyari kigamije gusezera muri Urban Boys bakayimusigira kuko bombi (Humble na Nizzo) bari baramaze kunanirwa ndetse batakivugana.

Avuga ko ubwo Humble Jizzo yashyiraga hanze itangazo ritumira Abanyamakuru, yari afite umugambi wo gutangaza ko itsinda ryabo risenyutse burundu.

Avuga ko Humble yatangaje ko bazaganira n’Itangazamakuru atabizi agahita amuhamagara abimubazaho.

Ngo Humble yahise amubwira ko yashyize hanze ririya tangazo ashaka gutumira Abanyamakuru kugira ngo babamenyeshe ko bagiye guhagarika Urban Boys kuko ngo yaramaze kurambwira bitewe nuko muri iyo minsi bose uko ari batatu nta numwe wavugaganaga n’undi.

Safi avuga ko nta kindi yari kurenzaho ariko ko yamubwiye ko adafite gahunda yo guhagarika umuziki.

Ati “Icyo gihe nahise mubwira ko njye nkikora umuziki kandi ntazawuvamo vuba, namubwiye ko niba bashaka gusezera bazabikore bo ubwabo njye ntarimo.”

Ngo ni bwo yahise afata umwanzuro abasezera mbere kuko yari azi neza ko na bo bagiye gusezera.

Safi avuga ko yatunguwe n’ibyatangajwe muri kiriya kiganiro, kuko byaje bihabanye n’ibyo yari yiteze kuko yari azi ko ari iherezo rya Urban Boys ariko akumva bagenzi be biyemeje gusenyera umugozi umwe.

Safi Madiba watangaje ko ashaka gukora umuziki mpuzamahanga, aherutse gushyira hanze indirimbo ‘Got it’ yakoranye na Meddy usigaye wibera muri Leta Zunze Ubumzwe za America.

Ubu Urban Boys ya babiri yamaze gushyira hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa ‘Mfumbata’ yakozwe na Producer witwa Iyzo.

Indirimbo yabo yiganjemo amagambo y’urukundo bakunze kuririmba kuva kera bakiri kumwe ari batatu.

Iyi ndirimbo ifatwa nk’intambwe ya mbere y’urugendo rwa Urban Boys ya babiri, yashyizwe hanze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Humble Jizzo yabwiye Umunyamakuru ko ibihangano bafatanyije na mugenzi wabo bidateze kwibagirana

Ati “Iyi ndirimbo itangije urugendo rwa Urban Boys ya babiri ku mugaragaro, ariko bitavuze ko ibikorwa byaturanze mu myaka 10 bigiye kwibagirana nabyo birahari ntaho bizajya.”

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n'indirimbo

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n’indirimbo

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Davido yigaramye umugore umushinja ko bafitanye umwana w’imyaka ine

Ubwanditsi 22 Mar 2017
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Ubwanditsi 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 05 Apr 2023
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya
SHOWBIZ

Dore Urutonde rw’ Ibyamamare by’ Ibihe Byose Byabayeho Kuva Isi Yatangira Kugera Magingo Aya

Ubwanditsi 17 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru