• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Ubwanditsi 29 Nov 2017 SHOWBIZ

Niyibikora Safi wamaze kwerekanwa ku mugaragaro muri Label nshya y’umuziki igiye kujya imufasha nk’umuhanzi uririmba ku giti ke, yahishuye ko bagenzi be bahoranye muri Urban Boys (Nizzo na Humble Jizzo) ari bo bashatse gusezera mbere muri Urban Boys ariko bakaza kwisubira ku munota wa nyuma.

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko mu kiganiro Humble Jizzo na Nizzo baherutse kugirana n’Itangazamakuru cyari kigamije gusezera muri Urban Boys bakayimusigira kuko bombi (Humble na Nizzo) bari baramaze kunanirwa ndetse batakivugana.

Avuga ko ubwo Humble Jizzo yashyiraga hanze itangazo ritumira Abanyamakuru, yari afite umugambi wo gutangaza ko itsinda ryabo risenyutse burundu.

Avuga ko Humble yatangaje ko bazaganira n’Itangazamakuru atabizi agahita amuhamagara abimubazaho.

Ngo Humble yahise amubwira ko yashyize hanze ririya tangazo ashaka gutumira Abanyamakuru kugira ngo babamenyeshe ko bagiye guhagarika Urban Boys kuko ngo yaramaze kurambwira bitewe nuko muri iyo minsi bose uko ari batatu nta numwe wavugaganaga n’undi.

Safi avuga ko nta kindi yari kurenzaho ariko ko yamubwiye ko adafite gahunda yo guhagarika umuziki.

Ati “Icyo gihe nahise mubwira ko njye nkikora umuziki kandi ntazawuvamo vuba, namubwiye ko niba bashaka gusezera bazabikore bo ubwabo njye ntarimo.”

Ngo ni bwo yahise afata umwanzuro abasezera mbere kuko yari azi neza ko na bo bagiye gusezera.

Safi avuga ko yatunguwe n’ibyatangajwe muri kiriya kiganiro, kuko byaje bihabanye n’ibyo yari yiteze kuko yari azi ko ari iherezo rya Urban Boys ariko akumva bagenzi be biyemeje gusenyera umugozi umwe.

Safi Madiba watangaje ko ashaka gukora umuziki mpuzamahanga, aherutse gushyira hanze indirimbo ‘Got it’ yakoranye na Meddy usigaye wibera muri Leta Zunze Ubumzwe za America.

Ubu Urban Boys ya babiri yamaze gushyira hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa ‘Mfumbata’ yakozwe na Producer witwa Iyzo.

Indirimbo yabo yiganjemo amagambo y’urukundo bakunze kuririmba kuva kera bakiri kumwe ari batatu.

Iyi ndirimbo ifatwa nk’intambwe ya mbere y’urugendo rwa Urban Boys ya babiri, yashyizwe hanze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Humble Jizzo yabwiye Umunyamakuru ko ibihangano bafatanyije na mugenzi wabo bidateze kwibagirana

Ati “Iyi ndirimbo itangije urugendo rwa Urban Boys ya babiri ku mugaragaro, ariko bitavuze ko ibikorwa byaturanze mu myaka 10 bigiye kwibagirana nabyo birahari ntaho bizajya.”

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n'indirimbo

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n’indirimbo

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Umuhanzi Doddy Uwihirwe yifashishije indirimbo atambutsa ubutumwa bwo kugarurira icyizere abanyarwanda.

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsinze  umukino w’ikirarane  wayihuzaga na Kiyovu
IMIKINO

APR FC yatsinze umukino w’ikirarane wayihuzaga na Kiyovu

Ubwanditsi 21 Feb 2016
Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid
Amakuru

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru