• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Safi avuga ko Humble na Nizzo ari bo bashatse gusezera muri Urban Boyz mbere ye

Ubwanditsi 29 Nov 2017 SHOWBIZ

Niyibikora Safi wamaze kwerekanwa ku mugaragaro muri Label nshya y’umuziki igiye kujya imufasha nk’umuhanzi uririmba ku giti ke, yahishuye ko bagenzi be bahoranye muri Urban Boys (Nizzo na Humble Jizzo) ari bo bashatse gusezera mbere muri Urban Boys ariko bakaza kwisubira ku munota wa nyuma.

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko abo bahoze baririmbana muri Urban Boys ari bo bashatse gusezera mbere bakaza kubihindura

Safi avuga ko mu kiganiro Humble Jizzo na Nizzo baherutse kugirana n’Itangazamakuru cyari kigamije gusezera muri Urban Boys bakayimusigira kuko bombi (Humble na Nizzo) bari baramaze kunanirwa ndetse batakivugana.

Avuga ko ubwo Humble Jizzo yashyiraga hanze itangazo ritumira Abanyamakuru, yari afite umugambi wo gutangaza ko itsinda ryabo risenyutse burundu.

Avuga ko Humble yatangaje ko bazaganira n’Itangazamakuru atabizi agahita amuhamagara abimubazaho.

Ngo Humble yahise amubwira ko yashyize hanze ririya tangazo ashaka gutumira Abanyamakuru kugira ngo babamenyeshe ko bagiye guhagarika Urban Boys kuko ngo yaramaze kurambwira bitewe nuko muri iyo minsi bose uko ari batatu nta numwe wavugaganaga n’undi.

Safi avuga ko nta kindi yari kurenzaho ariko ko yamubwiye ko adafite gahunda yo guhagarika umuziki.

Ati “Icyo gihe nahise mubwira ko njye nkikora umuziki kandi ntazawuvamo vuba, namubwiye ko niba bashaka gusezera bazabikore bo ubwabo njye ntarimo.”

Ngo ni bwo yahise afata umwanzuro abasezera mbere kuko yari azi neza ko na bo bagiye gusezera.

Safi avuga ko yatunguwe n’ibyatangajwe muri kiriya kiganiro, kuko byaje bihabanye n’ibyo yari yiteze kuko yari azi ko ari iherezo rya Urban Boys ariko akumva bagenzi be biyemeje gusenyera umugozi umwe.

Safi Madiba watangaje ko ashaka gukora umuziki mpuzamahanga, aherutse gushyira hanze indirimbo ‘Got it’ yakoranye na Meddy usigaye wibera muri Leta Zunze Ubumzwe za America.

Ubu Urban Boys ya babiri yamaze gushyira hanze indirimbo yabo ya mbere yitwa ‘Mfumbata’ yakozwe na Producer witwa Iyzo.

Indirimbo yabo yiganjemo amagambo y’urukundo bakunze kuririmba kuva kera bakiri kumwe ari batatu.

Iyi ndirimbo ifatwa nk’intambwe ya mbere y’urugendo rwa Urban Boys ya babiri, yashyizwe hanze mu ntangiro z’iki cyumweru.

Humble Jizzo yabwiye Umunyamakuru ko ibihangano bafatanyije na mugenzi wabo bidateze kwibagirana

Ati “Iyi ndirimbo itangije urugendo rwa Urban Boys ya babiri ku mugaragaro, ariko bitavuze ko ibikorwa byaturanze mu myaka 10 bigiye kwibagirana nabyo birahari ntaho bizajya.”

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n'indirimbo

Urban Boys isigaye ari iya babiri bashyize hanze n’indirimbo

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Nyuma y’u Bubiligi, Charly & Nina na Makanyaga bagiye gutaramira i Lille

Ubwanditsi 10 May 2018
Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda

Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri
Amakuru

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Ubwanditsi 21 Jun 2016
RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru