• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

ULK yakiriye abanyeshuri bashya mu mwaka wa 2017/18

Ubwanditsi 04 Oct 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, Prof. Dr Rwigamba Balinda, yasabye abanyeshuri bashya batangiye mu mwaka wa mbere w’amashuri, kwita ku cyabajyanye ku ishuri bagamije kugera ku ntsinzi nyakuri mu masomo yabo.

Yabibasabye kuri uyu wa mbere tariki ya 2 Ukwakira 2017, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2017/18 no gutangiza icyumweru cyo kumenyereza abanyeshuri bashya (Induction week).

Yabasabye ko icya mbere bagomba kumenya ari icyabajyanye, bakaboneka mu masomo iminsi yose, bakirinda ibibarangaza kandi bagakorera hamwe.

Yagize ati “Ikibazanye ntabwo ari ukwirirwa mwandikirana ubutumwa kuri Facebook na WhatsApp, ahubwo mugomba kwitabira amasomo, gusubiramo ibyo mwize, gukorera mu matsinda, gukoresha ururimi n’ikoranabuhanga kuko aribyo muzifashisha mu gukora ubushakashatsi”.

-8206.jpg

Prof. Dr Rwigamba Balinda

Yavuze ko Kaminuza ifite amasomo asobanutse, abarimu bazi icyo gukora, ibikoresho bihagije, abayobozi beza, ku buryo nta rwitwazo na ruto ku banyeshuri rwo gutsindwa.

Umuyobozi w’Icyubahiro ( Chancellor ) wa ULK, Prof. Dr Kalisa Mbanda, yashimiye ubuyobozi bwa ULK ku ntabwe ihora itera iba iya mbere muri Kaminuza zigenga mu Rwanda kandi anabashimira uburyo bateguye neza gahunda yo gutoza abanyeshuri bashya umuco w’ubutore ubafasha kugira uburere bubereye u Rwanda.

Yagize ati “Ndashimira Ubuyobozi bwa Kaminuza bwateguye neza kandi ku gihe igikorwa cyo kwakira Intore mu zindi, abanyeshuri bashya, tubatoza kwimakaza Indangagaciro na Kirazira z’Umuco Nyarwanda “.

Yakomeje agira ati “Iki cyumweru kizarangwa n’ibikorwa bitandukanye kandi byose bizagirira akamaro uwo ariwe wese uzabikurikirana. Kandi twizeye neza ko bizabubaka mu gihe bazaba bakiri hano muri Kaminuza, ndetse no hanze, mu buzima busanzwe bwa buri munsi, aho bazaba bari hose.”

Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga ya Kigali,ULK, Dr Sekibibi Ezechiel, mu ijambo rye ry’ikaze yashimiye abanyeshuri bashya igitekerezo cyiza bagize cyo kwiga muri ULK abizeza ko Kaminuza itazabatenguha kandi ko nabo batazicuza uguhitamo kwiza bagize.

Umunyeshuri mushya mu mwaka wa mbere, Mukanteko Karinda Shemsa, yavuze ko yahisemo kwiga muri iri shuri kuko hari amashami meza kandi akenewe ku isoko ry’umurimo, avuga ko ku bwe azahakura ubumenyi bwinshi kandi bukenewe.

Yagize ati “ULK ifite ibintu byinshi byiza, ifite amasomo menshi kandi meza, ifite ibikoresho byiza, kandi iyo ugenda uganira n’abize muri ULK bakubwira ko yigisha neza.”

Abanyeshuri bashya baje kwiga muri ULK babanza kumara icyumweru cyo kumenyerezwa bita “ Icyumweru cyo kwinjiza intore mu zindi”, bakuramo ubumenyi butandukanye burimo kwiga indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, kwiga ikinyabupfura, kumenya kubana no kumenya kwihangira imirimo. Na none kandi muri iki cyumweru bahabwa ibiganiro bitandukanye by’abatumirwa b’inararibonye.

-8205.jpg

Abanyeshuri baje gutangira mu mwaka wa mbere basobanurirwa imyitwarire ikwiye kubaranga

Source : IGIHE

2017-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Perezida Kagame yasobanuye  ku mugaragaro ibyo abaminisitiri batatu baheruka kwegura bazize harimo Ruswa no kumubeshya ku myiteguro yo kurwanya Coronavirus

Ubwanditsi 16 Feb 2020
Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Kigali:BAVUGAYABO yarashwe azira kurwanya inzego z’umutekano

Ubwanditsi 14 Jan 2019
APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda
Amakuru

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Mar 2021
Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United
IMIKINO

Paul Scholes yandagaje bikomeye Jose Mourinho ukomeje kurindimura Manchester United

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda
POLITIKI

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru