• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Ubwanditsi 15 Nov 2017 Uncategorized

Abatavuga rumwe na leta y’u Burundi bandikiye perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni ndetse na mugenzi we wa Tanzania, Dr Pombe Magufuli nyuma yaho aba bakuru b’Ibihugu batangaje aho bahagaze nyuma yaho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rutangarije ko rugiye gukora iperereza ku bwicanyi mu Burundi guhera muri 2015.

Ku italiki ya 09/11/2017, ni bwo urukiko rwa ICC rwafashe icyemezo ko rugiye gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe mu Burundi guhera perezida Nkurunziza yatangaza ko agiye kongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi kugeza atowe, ariko nyuma u Burundi bukaza kwikura muri uru rukiko.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo abakuru b’ibihugu bya Tanzania na Uganda batangaje ko badashyigikiye icyemezo cy’urukiko cyo gukora iperereza ku Burundi, aho bavuze ko iki cyemezo kinyuranije n’amategeko, bakabona ko ibibazo u Burundi burimo bishobora kubonerwa umuti mu muryango w’Afurika y’u Burasirazuba, no mu nzira z’ibiganiro bitabaye ngombwa ko hagaragara uruhare rwa ICC.

Ihuriro ry’abatavuga rumwe na leta y’u Burundi, CNARED/Giriteka, ryashyize ahagaragara itangazo ryihanangiriza aba bakuru b’ibihugu uko ari 2 ndetse ryamagana ibitekerezo batanze rivuga ko nta shingiro bifite.

Muri iri tangazo, uru rugaga rwagize rwasabye Museveni na Magufuli gutanga impamvu zifatika z’ibyo batangaje, kuko u Burundi bwagombaga kwiyunga na CNARED itavuga rumwe na bwo, binyuze mu biganiro biyobowe na Benjamin Mukapa kugeza ubwo habaga inama y’abakuru b’ibihugu byo muri EAC ku nshuro ya 18.

Itangazo rikomeza riti: “Banyakubahwa bakuru b’Ibihugu, mwakabaye mwibaza impamvu mutagiriye perezida Nkurunziza inama yo kutica amasezerano ya Arusha, agakora ikosa ryo guhindura Itegekonshinga nta we agishije inama, kandi iriya ikaba ari yo ntandaro y’ibibazo byose? Murashaka ko tujya kuganira ibindi bihe tutaganiriye muri kiriya gihe?”

Uru rugaga rukomeza rugaragaza ko abantu bakomeje gupfa abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bagatotezwa ndetse mu minsi yashize abo muri opozisiyo bakaba baraburiwe irengero muri Tanzania.

Minisitiri w’ubutabera w’u Burundi, Aime Laurentine Kanyana, akaba aherutse gutangariza abanyamakuru ko Leta ititeguye na gato kuzakorana na ICC.

Ubwanditsi

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Ubwanditsi 20 Jul 2020
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘
Mu Rwanda

Gakenke : Kagame ati : ‘ twishakemo imbaraga hanyuma dukomeza twiyubake ‘

Ubwanditsi 31 Jul 2017
Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe
Mu Rwanda

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana
Mu Rwanda

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru