• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza

Byumvuhore nanone ati “Naririmbye Muvoma Ntabwo Naririmba Ibyiza u Rwanda Rugezeho, Akabi Gasekwa nk’Akeza

Ubwanditsi 04 Sep 2020 Uncategorized

Abanyarwanda bati “Uko umuyaga urushaho guhuha niko ubona ubwambure bw’Inkoko” Byumvuhore ariyumanganya neza neza n’umushiha mwinshi ati Rwanda dohora “Dohora Mutuelle se?,Ubudehe se?,Iterambere se? Byumvuho…u Rwanda rudohore iki?
Hashize iminsi avanze amadosiye, amasaka n’amasakaramentu, aba afashe abiyahuye,abazize impanuka n’ibindi abavanga n’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi atabasha no guhakana nubwo ubibona mu matamatama ati iyi ndayitura Samarike (Sans Marque) Jean Paul Samputu muhembere kujarajara.

Mu ndirimbo nyinshi yagiye ashyira ahanze zuzuyemo kubeshya n’amarangamutima ye, izindi zuzuyemo amaganya akenshi yagiye atera bamwe kwibaza mu by’ukuri niba ntabindi bintu abona yahanga byibura byagira icyo bimarira abumva umuziki we!
Uwo mugabo ntawundi ni Jean Baptiste Byumvuhore; mu masaha make ashize nandika iyi nkuru aherutse gushyira ahagaragara indirimbo ye nshya mu mujyo asanzwemo wuzuyemo amaganya n’ibinyoma, iyo ndirimbo nshya yayise Ntirugira umwanzi ikaba yuzuyemo amaganya adafite shinge na rugero kuko yumvikanishamo uburyo Abanyarwanda ngo babayeho mu bwoba, tukaba tutazi aho yabupimye ubwo aheruka mu Rwanda mu bitaramo za 2018.
Iyi ndirimbo yakoze asoza avuga ko ayituye Fondasition Kizito Mihigo ya Kizito Mihigo uherutse kwiyahurira muri Kasho ya Polisi nyuma yo gutabwa muri yombi igihe yageragezaga gutoroka igihugu mu ntangiriro zuyu mwaka.

Byumvuhore yagiye yumvikana mu ndirimbo ze anenga ubuyobozi bw’u Rwanda, akagenda anakoresha zimwe mu mvugo zishobora kurema ibyaha dore ko avuga ko mu Rwanda abantu bose bacecekeshejwe kuburyo ngo ntawufite ijambo! Akumiro rero ni uko uyu mugabo yagiye anitabira ibikorwa bya bamwe mu Banyarwanda baba mu gihugu cy’Ububiligi byatangirwagamo ibiganiro byiganjemo ibipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi dore ko nawe yagiye ahanga zimwe mu ndirimbo zirimo ipfobya n’ihakana rya Jenoside.

Ba ntamunoza ni benshi uyu mugabo mu myaka mike ishize yaje kuza mu Rwanda bigaragara ko asa nk’ubayeho nabi iyo za burayi maze ategura ibitaramo Abanyarwanda bari baranyuzwe na bimwe mu bihangano bye bongeye kumwereka ko bakinyuzwe nabyo nubwo hario bimwe muri byo yagiye gusubiramo icyo gihe yivugiye ko nk’indirimbo yitwa Bakunda Rayon atayiririmba kuko ngo atanyuzwe icyo gihe nkuko yari yanyuzwe bwa mbere ayiririmba umuntu agahita abonako yari yazanywe no kwishakira amaronko aho gutaramira Abanyarwanda bari banyotewe ibihangano bye dore ko yanabigezeho dore ko yabashije kuzuza Petit stade ndetse na Serena Hotel.

Uyu mugabo warerewe I Gatagara mu karere ka Nyanza kubera uburwayi bwaje kumuviramo ubumuga bwa burundu asigaye agaragarwaho n’imvugo zitagakwiye umuntu nkawe uzi aho yakuwe ndetse akagenda anafashwa kwikura mu bibazo by’ubukene yari afite ubwo yazaga mu Rwanda, ntawabura guhuza ibihangano by’uyu mugabo na bamwe mu bagerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda dore ko benshi bari mu burayi aho bagenda batanga udufaranga n’abatekamitwe babizeza ko bari mu ntambara naho ari ibikorwa by’iterabwoba byagiye binahitana Abanyarwanda b’inzirakarengane mu bihe binyuranye aha umuntu yavuga za Nyabimata muri Nyaruguru aho abicanyi bateye bakica bagasahura hari kandi n’ibitero nk’icyabereye Kitabi muri Nyamagabe icyo gihe bakaba barishe bakanatwika amamodoka yari atwaye abagenzi harimo kandi n’igikorwa cy’iterabwoba cyabereye mu Kinigi mu mwaka wa 2019 kigahitana Abanyarwanda basaga 14 nta shiti ibi byose bitizwa umurindi na bimwe mu bihangano by’uyu mugabo.
Indirimbo zuyu mugabo zagiye zigaragaramo gushima ibyakozwe bya ntabyo  ku ngoma y’igitugu nivangura ya  Habyarimana Juvenal bikaba rwose nta gitangaje ku kuba yaririmba indirimbo zuje urwango no kugoreka amateka y’u Rwanda nkana kuko kuri we n’abandi bahuje imitekerereze ntakiza babona ku Rwanda bigasa nka kwa kundi ubura icyo utuka inka ukavuga uti dore kiriya gicebe cyayo.

Mu bitero by’iyi ndirimbo aranenga inzego zifasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’iza Leta nayumvise numva namubaza nti “Byumvuho….uwishwe n’interahamwe 1994 uramwemera n’ubwo umwemera by’amaburakindi ariko wiririmba amateshwa ririmba na bariya basukwaho amasasu Nyabimata na za Kinigi, ntubazi se cyangwa ubwo ari Resesabagina urabatsinda? Va ibuzimu shyigikira icyiza kuko ukuri kuratsinda urabibona ko abo mwiringiye barimo kugwa intagarane bagashira nk’udushwiriri, ugize amahirwe ntiyotswe n’umuriro wa Hibou akazanwa i Kigali akozwa Bucuke agasasirwa Butware, ariko Rwanda weee nta mpyisi udasera igikoma keretse itafunguye Butike shyaka (muzicuza).

Abanyarwanda bakwiye gushishoza bakansesengura ibihangano by’uyu mugabo byuzuyemo inzangano no gukangurira Abanyarwanda kurwanya ubuyobozi buriho yishingikirije ko afite aho anyuza ibitekerezo bye bidafite shinge na rugero kugirango akomeze avugwe akawamugani w’abubu ngo agume kuri hit! Kandi ibihangano bye byuzuyemo amaganya ntacyo bifasha Abanyarwanda bahugiye mu gukora bakiteza imbere dore ko igihe cy’amatiku n’inzangano bakirenze kandi intambwe ikaba ari ugutera imbere nta gusubira inyuma dore ko amateka y’igihugu cyacu ataduha umwanya wo kwemerera uwashaka guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda dore ko byagiyeho amikoro n’imbaraga by’umurengera

2020-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

amavideo

Ubwanditsi 10 Nov 2017
 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

 Menya umwirondoro wa Claude Gatebuke, umutekamutwe ushakisha amaronko mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Apr 2020
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango
Mu Rwanda

Kwibuka24: RMC yasabye Abanyamakuru kuba maso bagakumira ibitekerezo bibiba urwango

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta
Amakuru

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru