• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Ubwanditsi 15 Nov 2017 Uncategorized

Abatavuga rumwe na leta y’u Burundi bandikiye perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni ndetse na mugenzi we wa Tanzania, Dr Pombe Magufuli nyuma yaho aba bakuru b’Ibihugu batangaje aho bahagaze nyuma yaho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rutangarije ko rugiye gukora iperereza ku bwicanyi mu Burundi guhera muri 2015.

Ku italiki ya 09/11/2017, ni bwo urukiko rwa ICC rwafashe icyemezo ko rugiye gukora iperereza ku bwicanyi bwakozwe mu Burundi guhera perezida Nkurunziza yatangaza ko agiye kongera kwiyamamariza kuyobora u Burundi kugeza atowe, ariko nyuma u Burundi bukaza kwikura muri uru rukiko.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo abakuru b’ibihugu bya Tanzania na Uganda batangaje ko badashyigikiye icyemezo cy’urukiko cyo gukora iperereza ku Burundi, aho bavuze ko iki cyemezo kinyuranije n’amategeko, bakabona ko ibibazo u Burundi burimo bishobora kubonerwa umuti mu muryango w’Afurika y’u Burasirazuba, no mu nzira z’ibiganiro bitabaye ngombwa ko hagaragara uruhare rwa ICC.

Ihuriro ry’abatavuga rumwe na leta y’u Burundi, CNARED/Giriteka, ryashyize ahagaragara itangazo ryihanangiriza aba bakuru b’ibihugu uko ari 2 ndetse ryamagana ibitekerezo batanze rivuga ko nta shingiro bifite.

Muri iri tangazo, uru rugaga rwagize rwasabye Museveni na Magufuli gutanga impamvu zifatika z’ibyo batangaje, kuko u Burundi bwagombaga kwiyunga na CNARED itavuga rumwe na bwo, binyuze mu biganiro biyobowe na Benjamin Mukapa kugeza ubwo habaga inama y’abakuru b’ibihugu byo muri EAC ku nshuro ya 18.

Itangazo rikomeza riti: “Banyakubahwa bakuru b’Ibihugu, mwakabaye mwibaza impamvu mutagiriye perezida Nkurunziza inama yo kutica amasezerano ya Arusha, agakora ikosa ryo guhindura Itegekonshinga nta we agishije inama, kandi iriya ikaba ari yo ntandaro y’ibibazo byose? Murashaka ko tujya kuganira ibindi bihe tutaganiriye muri kiriya gihe?”

Uru rugaga rukomeza rugaragaza ko abantu bakomeje gupfa abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bagatotezwa ndetse mu minsi yashize abo muri opozisiyo bakaba baraburiwe irengero muri Tanzania.

Minisitiri w’ubutabera w’u Burundi, Aime Laurentine Kanyana, akaba aherutse gutangariza abanyamakuru ko Leta ititeguye na gato kuzakorana na ICC.

Ubwanditsi

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024

Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024

Ubwanditsi 07 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi
Amakuru

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015
Mu Mahanga

Miliyari 210 zaburiwe irengero mu ngengo y’imari ya 2014-2015

Ubwanditsi 08 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru