• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

  • FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium   |   02 Mar 2026

  • Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi   |   02 Mar 2026

  • Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15   |   27 Feb 2026

  • Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe   |   24 Feb 2026

  • Inzira Bad Rama yanyuzemo akaba umukire akaba asoje ari umusazi   |   24 Feb 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Minisitiri Mushikiwabo yakuye igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana

Minisitiri Mushikiwabo yakuye igihu ku bivugwa ku kibazo cya Ambasaderi Richard Gasana

Ubwanditsi 08 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu ushize yagize Valentine Rugwabiza Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye aho agiye gusimbura Eugene Richard Gasana wari umaze imyaka 7 kuri uyu mwanya nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na guverinoma y’u Rwanda rivuga.

Iyirukanwa ku mirimo rya Eugene Gasana risa nk’iryatunguranye, ariko guverinoma y’u Rwanda yo ikavuga ko nta gitangaza kirimo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda akaba yagize icyo avuga ku kuba Ambasaderi Gasana ataragaruka mu Rwanda kandi yarahamagajwe.

“Yakoze imyaka 7 hariya, yahamaze igihe kirekire bihagije”, uwo ni Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo avugana na AFP kuri uyu wa Gatatu mu magambo macye mbere yo kwanga kugira byinshi atangaza. Gusa yavuze ko guhamagaza ba ambasaderi ari ibisanzwe.

Ku kibazo cyo kuba Amb. Richard Gasana bivugwa ko kugeza ubu ataragaruka mu Rwanda, akaba yaranakuwe ku mwanya w’Umunyamabanga wa leta ushinzwe Ubutwererane muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Minisitiri Mushikiwabo yasubije ko buri gihe iyo hagize impinduka zibaho habaho n’ibihuha, akomeza agira ati: “Yarahamagawe kandi agomba gutaha”.

-4268.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na Amabasaderi Richard Gasana Eugene

Madamu Rugwabiza yari minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ndetse akaba kuva mu 2005 kugeza mu 2013 yari Umuyobozi Mukuru wungirije wa OMC ( Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ubucuruzi). Mbere yaho, Rugwabiza yanahagarariye u Rwanda muri Loni I Geneve.

-4267.jpg

Ambasaderi Velentine Rugwabiza

Madamu Rugwabiza agizwe Ambasaderi mu mpinduka muri Guverinoma hagamijwe amavugurura ziherutse gukorwa n’Umukuru w’Igihugu hakaba hari Minisiteri zimwe zaburijwemo izindi zomekwa ku zindi.

Aha tukaba twavuga nka Minisiteri y’umutekano yakuweho. Umukuru w’igihugu kandi akaba yaranakoze impinduka mu buyobozi bw’intara 3 muri 4 zigize igihugu.

2016-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

IFOTO Y’UMUNSI : aba bagabo bombi bapfana iki ?

Ubwanditsi 02 Aug 2018
Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Ubwanditsi 22 Jul 2019
Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Jean Paul Ntagara yabwiye Kayumba Nyamwasa ko umuyaga w’impinduka nawe ugomba ku muhuha, RNC atari akarima ke

Ubwanditsi 11 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Amagambo ya cyana yavuzwe na Minisitiri wa Uganda agamije kurangaza- Umusesenguzi
INKURU NYAMUKURU

Amagambo ya cyana yavuzwe na Minisitiri wa Uganda agamije kurangaza- Umusesenguzi

Ubwanditsi 07 Feb 2020
Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier
POLITIKI

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Ubwanditsi 16 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru