• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

’U Rwanda ntirujenjeka ku mutekano warwo, gasopo ya Perezida Kagame ku bashotoranyi

Ubwanditsi 14 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyakurikiye Inama y’igihugu y’Umushyikirano  aho Perezida Kagame yabajijwe ku bibazo birimo umubano na Africa y’Epfo, igitutu kivugwa ku butabera ku rubanza rwa ba Rwigara, imikoranire mu bihugu bigize EAC, Umuryango w’Ubumwe bwa Africa ayoboye n’ibindi…

Ku mubano na Africa y’Epfo yavuze ko ikibazo atari u Rwanda, ahubwo ari yo icumbikiye abakatiwe n’inkiko mu Rwanda kubera ibyaha, kandi bafite umugambi mubi ku Rwanda, ndetse no kuba inzego zimwe muri Africa y’Epfo zumva zikemera ibivugwa n’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Yatanze urugero rwo kuba hari abayobozi muri Africa y’Epfo bavuga ku mubano n’u Rwanda bahereye ku byanditswe kuri Twitter na David Himbara, umwemu barwanya Leta y’u Rwanda uba mu mahanga.

Yavuze kandi ko atangazwa no kubona hari ibinyamakuru byanditse ko ikinyamakuru Rushyashya cyavuzwe muri iki kibazo ari icye. Ibintu ngo bidafite ishingiro.

Akavuga ko ibi atari ibintu igihugu gikwiye gushingira mu mubano n’ikindi.

Yabajijwe ku bivugwa ko hari igitutu cyashyizwe ku butabera bw’u Rwanda kugira ngo Diane Rwigara na nyina bagirwe abere ku byaha bari bakurikiranyweho.

Abavuga ibi babihera ko hari bamwe mu basenateri mu Nteko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, imiryango mpuzamahanga inyuranye n’abantu ku giti cyabo bagiye bavuga ko Diane Rwigara na nyina ibyo baregwa bishingiye kuri Politiki. Nyuma bakaza kugirwa abere.

Perezida Paul Kagame yasubije umunyamakuru wa RBA wari ubajije iki kibazo ati “igitutu kiva kuri inde? Ni inde uri mu mwanya wo kugira uwo ashyiraho igitutu kuri iki kibazo. Simuzi.”

Yakomeje ati “Icyo nzi ni kimwe, ni uko igitutu kidakora kuri twe, ntidukorera ku gitutu cy’uwo ari we wese.”

Yavuze ko ibihugu byose ku isi bifite inzego z’ubutabera, ko n’aho inzego z’ubutabera zivanze n’iza politiki usanga bidakurura abantu benshi nko mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano

Ati “Impamvu ni uko Jenoside atari umushinga watangiriye mu Rwanda ngo urangirire mu Rwanda, ifite amateka mu bukoroni, mu madini no muri politiki mu isi, muri iki gihe bwo hajemo n’abitwa ko barengera uburenganzira bwa muntu.”

Yasobanuye ko byose bica mu itangazamakuru ry’ibihugu birimo ibiteye imbere riba rifite uruhande ribogamiyeho nubwo ryitwa ko ryigenga.

Ngo iri tangazamakuru rikoresha imbaraga zaryo mu kurengera ibyo bihugu rivuga nabi u Rwanda rikingira ikibaba ibyo bihugu ngo bitabazwa Jenoside.

Avuga ko Jenoside ifite imizi hanze y’u Rwanda, ko ariyo mpamvu ibyo mu Rwanda byose buri gihe biba ingingo ikomeye henshi mu mahanga.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ntawe ruzendereza ngo rwivangire muri gahunda ariko ruhora rwiteguye uwarusagarira kuko rutajya rujenjeka ku bijyanye n’umutekano warwo.

Yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wari umubajije niba imyitozo ingabo z’igihugu zimazemo iminsi ntaho yaba ihuriye no kwitegura urugamba kubera agatotsi rumaze iminsi rufitanye na bimwe mu bihugu by’ibituranyi nk’u Burundi na Uganda.

Perezida Kagame yavuze ko ntaho bihuriye kuko iyo myitozo yo mu rwego rwo hejuru isanzwe ikorwa. Ariko yanaboneyeho umwanya wo kwihanangiriza abashaka gushotora u Rwanda ko n’ubwo u Rwanda rutazabasubiza ariko ruhora rwiteguye uwaruteramo ibuye.

Yavuze ko mu myaka 25 ishize u Rwanda rwahuye n’ibizazane ndetse n’ibigeragezo haba ibishingiye kuri politiki cyangwa ku ntambara kandi byose rwarabitsinze, akemeza ko hari isomo byasize.

Yagize ati “Ugendeye ku mateka yacu ntitujenjeka ku bintu birebana n’umutekano wacu. Ugukubise kenshi akumara ubwoba, isomo twararibonye. Ntidushaka kwisanga twananiwe kwicungira umutekano, haba mu bibazo binini cyangwa bito.”

Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda rukikijwe n’abanzi bihishe mu bagizi ba nabi, haba mu karere cyanywa kure, bose barajwe ishinga no kurusenya.

Ati “Akazi kacu karoroshye, si ukwivanga mu by’abandi. Twebwe tureba ibyacu kandi tukabyikemurira ndetse n’abadukanga turabihorera, tugakomeza ibyo twarimo. Ntabwo tugikeneye kwambuka imipaka, twabikoze kera kuko ari yo mahitamo twari dufite ariko ubu ntibishoboka.”

Perezida Kagame wagaragaje ukwerura mu bisubizo bye, yavuze ko bigaragara ko ibihugu nk’u Burundi byahisemo kugira u Rwanda nk’ikibazo cyarwo, bitewe n’urwiyenzo iki gihugu cyakomeje kugaragaza. Ariko Perezida yavuze ko igisubizo ari kimwe ari ugukomeza gukora ibyarwo.

Gusa yizeje ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu kubaka iterambere ry’akarere ndetse no gukorana n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kugira ngo ibibazo bikemuke.

Perezida Kagame yahishuye kandi ko hari abantu bavuga ko u Rwanda n’u Burundi bitari bikwiye kujya muri uyu muryango, hakaba n’abarenga bakavuga ko ruri mu muryango rutabishaka.

Yabinyomoje avuga ko kuba u Rwanda ruri muri uyu muryango atari impuhwe z’uwo ari we wese kuko kuba muri EAC ari inyungu z’abanyamuryango bose kurusha uko zari inyungu za bamwe.

2018-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Padri”Nahimana Warumbiye Imana N’abantu Mbere Yo Kugirira Impuhwe Abanyarwanda, Wahereye Kubo Wabyaye, Ujugunyira Ba Nyina?

Ubwanditsi 10 Sep 2020
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022

6 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 14, 20185:23 pm -

    Presida asubiza neza. Uwitwa Nduhungirehe azavanwemo kuko ni kidobya

    Subiza
    • Sunday
      December 15, 20181:31 am -

      Asubiza neza? Kombona yavuze ubusa ahubwo yerekanako ubwoba aribwinshi

      Subiza
      • Salvator
        December 15, 20186:09 am -

        @ Sunday

        Ariko ubwo Kagame abaye afite ubwoba bwinshi nkawe waba ufite iki aho waba ubarizwa hose haba mu Rwanda, mu buhungiro, mu mashyamba cyangwa mu mwobo w’inyaga?!!!

        Subiza
        • katsinono
          December 15, 20187:01 am -

          Our President azi ibyo avuga. Bigize uwo bidashimisha uwo yavuga ibye.

          Subiza
          • Sunday
            December 15, 201811:42 am -

            At least you have some understanding

        • Sunday
          December 15, 20184:23 pm -

          Ndi munda murwanda. Uzambona twigijeyo kagome umwaka Utaha

          Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi
Mu Mahanga

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe yashinje abayobozi guhimba imibare no gushyira imbere inyungu zabo bikadindiza igenamigambi

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza
Amakuru

Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Ubwanditsi 25 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru