• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Editorial 01 Dec 2017 POLITIKI

Muri Kenya ikibazo cy’amatora ya Perezida wa Repubulika kigiye iruhande none bari mu myiteguro itoroshye yo gutora abadepite icyenda bo kohereza mu nteko nshingamategeko ya EAC (EALA).

 Nk’uko bitangazwa na Depite Katoo ole Metito, ukuriye komisiyo y’inteko nshingamategeko ya ishinzwe gutegura uko abo badepite bo kohereza mu nteko nshinga mategeko y’umuryango w’ibihugu byo mu burasirazuba bwa Afurika (EALA baboneka, abo badepite uko ari icyenda bazatorwa tariki 13 z’uku kwezi. Nk’uko amategeko agenga EALA abiteganya abo badepite batorwa n’inteko nshingamategeko y’igihugu cyabo.

 Depite Metito avuga yuko abo badepite uko ari icyenda bazava mu mahuriro abiri y’imitwe ya politike akomeye cyane muri politike za Kenya, akaba ari nayo afite abadepite bensho mu nteko nshingamategeko.

 Jubilee ya Perezida Uhuru Kenyatta yasabwe koherereza inteko abantu 15, ikazatotamo batanu naho NASA isabwa kohereza 12 ngo hatorwemo bane. Depite Metito avuga yuko hari abantu 20 bari banditse basaba yuko kandidatire zabo zakwakirwa nk’abakandida b’igenga ariko ubwo busabe bwabo ntibwemerwa.

 Abadepite muri EALA bari gutangira imirimo yabo Kamena uyu mwaka ariko ntibyashoboka kuko Kenya yari itarashobora kubona abayo. Buri gihugu uko ari bitandatu bigize EAC bigomba guhagararirwa n’abadepite icyenda, kandi iyo nteko ntishobora gutangira imirimo yayo hari igihugu kitarohereza abadepite bacyo.

 Muri Jubilee na NASA ntabwo bashoboye kohereza amazina y’abo bifuzaga ngo inteko izabatore kujya muri EALA mbere ya Kamena kubera impamvu za politike y’amatora muri icyo gihugu.

 Haba ku ruhande rwa Jubilee cyangwa NASA hari umubare munini cyane y’abasabaga ngo boherezwe muri EALA. Iyo iyo mitwe yumbi iza kugira abo yohereza mu nteko ngo hatorwemo abo kohereza muri EALA, abayari koherezwa kandi barabisanye bari kwivumbura bakima ubufasha abakandida b’amashyaka yabo. Nk’uko Depite Metito abitangaza ngo Jubilee hari abantu 111 bifuza yuko bakoherezwa muri EALA, bgo bo muri NASA hakaba abandi nk.abo.

 Abadepite icyenda u Rwanda rwohereje muri EALA batowe tarik 23.05/2017. Harimo Oda Gasinzigwa, Fatuma Ndangiza, Rwigema Petero Celestin na Martin Ngoga bo muri RPF.

 Abandi ni Karinda Francois Xavier wa PSD, Rutazana Francine ukomoka muri PL, Uwumukiza Francoise watorerwe kuzahagararira abagore naho Bahati Alexis atorerwa kuzahagararira abafite ubumuga.

 Manda y’umudepite muri EALA ni imyaka itanu ariko akaba yashobora gutorerwa manda ya kabiri ari nayo ya nyuma.

2017-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Editorial 21 Jan 2016
Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Editorial 26 Sep 2018
Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2018
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Administrator 15 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje
Mu Rwanda

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje

Editorial 28 Apr 2018
Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu
Mu Mahanga

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Editorial 08 May 2018
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru