• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Ubwanditsi 29 Dec 2017 ITOHOZA

Mu minsi ishize nibwo u Rwanda rwandikiye Uganda ruyisaba ibisobanuro ku itabwa muri yombi rya hato na hato rikomeje gukorerwa Abanyarwanda baba cyangwa bagenda muri Uganda ntirubimenyeshwe, ndetse no ku gukorana na RNC, u Rwanda rwita umutwe w’iterabwoba.

Usibye ibi, imiryango y’aba Banyarwanda bafatwa ikomeje kwitabaza inzego zitandukanye ivuga ko itazi aho abantu babo bafungiye, ndetse bafite n’impungenge z’uko aho bari bari gukorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bitari ibya kimuntu.

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Uganda, NTV, yemeye ko minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yakiriye iyi baruwa isaba ibisobanuro y’u Rwanda, ndetse avuga icyo bateganya gukora ku bivugwa n’imiryango y’aba bantu bagiye batabwa muri yombi.

Kuri iki kibazo cyo kumenya aho aba bafungiye, Brig Karemire yagize ati: “Ku bijyanye n’aba bantu bivugwa ko babuze n’abunganizi babo, ubu dushobora gufatanya n’izindi nzego z’umutekano mu kumenya aho bari, ibibazo baba bafite..hanyuma harebwe ko babona ubutabera bakwiriye.”

Bamwe muri aba banyarwanda bafashwe n’inzego z’umutekano za Uganda ariko hatazwi neza aho baherereye, harimo James Bayingana, Lando Alice Kabano, Vianney Byaruhanga, Herbert Munyangaju, Freddy Turatsinze, Jessica Muhongerwa, Vanessa Gasaro, Diane Kamikazi na Diane Kamashazi.

Aba biyongeraho abandi nka Rene Rutagungira wafashwe ku ikubitiro, ndetse na Fidele Gatsinzi uherutse kugarurwa mu Rwanda agaragaza ibimenyetso by’iyicarubozo yakorewe mu byumweru bibiri bisaga yari afunze.

Abo mu miryango y’aba bafunze bavuga ko abantu babo bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse batemererwa kubonana nabo kimwe n’abanyamategeko babo.

Umwe muri aba banyamategeko witwa Gawaya Tegule yagize ati: “Umwuka utari mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda ntukwiye gutera guhonyora uburenganzira bwa muntu. Nk’uko twabivuze, bwana Gatsinzi Fidele ubwo namusuraga, ntiyashoboraga gutambuka, ntiyashoboraga kuvuga nyuma y’ibyumweru bibiri afunze. Ibi si ibya kimuntu. Ibintu bamukoreye si ibya kimuntu.”

Igipolisi cya Uganda cyo kivuga ko nta muntu n’umwe muri aba bavugwa batawe muri yombi uri muri kasho zacyo.

Umuvugizi w’iki gipolisi, Emilian Kayima, yagize ati: “Nta raporo iyo ari yo yose igaragaza ko hari station ya polisi muri iki gihugu ifite aba bantu bivugwa ko batawe muri yombi.”

Ibi bikaba ari ibintu bikomeje kugaragaza umwuka utari mwiza hagati y’u Rwanda na Uganda watangiye kugaragara mu Ukwakira 2017 nyuma y’itabwa muri yombi rya Rene Rutagungira, kuri ubu ukurikiranweho ibyaha byo gushimuta no gucyura ku ngufu Lt Joel Mutabazi. Itabwa muri yombi ryakurikiwe n’irindi ryinshi ry’Abanyarwanda bafatwa bashinjwa ibyaha by’ubutasi no guhungabanya umutekano wa Uganda.

 

2017-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro
POLITIKI

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?
INKURU NYAMUKURU

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Ubwanditsi 20 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru