• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Gucyurirana mu bikomeje kuranga INTAMBARA y’amagambo hagati ya Conte na Mourinho

Editorial 06 Jan 2018 IMIKINO

Intambara y’amagambo ikomeje gufata indi ntera hagati y’umutoza wa Chelsea ; Antonio Conte n’umutoza wa Manchester United; Jose Mourinho, aho nyuma y’uko Conte avuze ko Mournho arwaye indwara ituma yibagirwa ibyo yakkoze, n’undi yamusubije ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

Nubwo usubije amaso inyuma wasanga guhangana kw’aba batoza bombi bahuriye ku gutoza Chelsea no gutoza muri shampiyona y’u Butaliyani, bifite inkomoko mu myaka ibiri ishize, kuri ubu biragenda bifata intera nyuma y’amagambo yatangajwe na Mourinho kuwa Kane.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kibanziriza umukino wa FA Cup batsinzemo Derby County ibitego 2-0 kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yavuze ko we kuba atirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga atanga amabwiriza ku bakinnyi atari uko yamaze guta icyizere ku bakinnyi be cyangwa ngo yigire nk’umunyarwenya uba wagiye gusetsa abantu ku kibuga, amagambo abenshi bafashe nkaho yabwiraga abatoza barimo Antonio Conte wa Chelsea cyangwa Jurgen Klopp wa Liverpool.

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y'amagambo hagati ye na Conte

Ibyo Mourinho yatangaje kuwa Kane byakuruye intambara y’amagambo hagati ye na Conte

Ubwo na we yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, Antonio Conte yasubije Mourinho, avuga ko abona asa n’urwaye indwara ya Senile Dementia ituma umuntu yibagirwa ibyo yakoraga cyangwa yakoze mu gihe cyashize (ashaka kuvuga ko na Mourinho yakundaga kwirirwa yiruka ku murongo w’ikibuga).

Antonio Conte ati:” Hari umuntu ukomeje kureba hano. Murumva? Yaragiye, ariko yakomeje kureba hano.”

“ Ndagenda mbirambirwa gake. Niba ushaka kundwanya nditeguye, Ndimo kugenda niyungura byinshi mu cyongereza cyanjye, kuko nicyo kibazo cyari kimbangamiye, naho kuri ubu twahangana, intambara yose twayirwana.”

“Niteguye kurwanira abakinnyi banjye, ikipe, na buri wese. Nta kibazo mfite.”

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara "Senile Dementia" ituma yibagirwa ibyo yakoze

Antonio Conte ngo asanga Mournho arwaye indwara “Senile Dementia” ituma yibagirwa ibyo yakoze

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino wa FA Cup kuri uyu wa Gatanu, Mourinho yahakanye ko atangaza ariya magambo kuwa Kane yavugaga Conte, gusa yongeraho ko we adashobora guhanirwa kwitsindisha imikino.

“Ntabwo narenganya umutoza wa Chelsea na gato. Ndabyumva uko yabyakiriye n’icyo yabivuzeho. Navugaga njyewe ubwanjye.”

“Navugaga ko ntitwara nk’umunyarwenya kugira ngo nerekane uko meze, njye ndimenya nkarinda amarangamutima yanjye mu buryo bwiza.”

“Ikintu kimwe navuga kugira ngo nshyire akadomo kuri ibi, ni uko nakoze amakosa ku murongo w’ikibuga mu gihe cyashize. Yego, nzakora make ariko nzagerageza nkore make.”

“Ibitarambayeho, ntibizigera bimbaho. Yaba guhagarikwa kubera kugira uruhare mu kuba umukino wategurwa uko urangira. Ibyo ntibyambayeho kandi ntabwo bizambaho.”

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Mourinho asanga ngo abatoza bamwe bababagiye gusetsa abantu ku kibuga

Umunyamakuru yahise abwira Mourinho ko Conte yigeze guhagarikwa imikino ine mu 2012-13 atoza Juventus (ubwo akiri muri Siena atatangaza ko hari uburyo iyi kipe yitsindishije umukino, icyaha yahanaguweho mu 2016), Mourinho yabajije umunyamakuru niba koko byarabaye.

“Yarahagaritswe? Nabwo si njye .”

Mu Ukwakira 2016, nibwo abatoza bombi batangiye kujya baterana amagambo ubwo Conte yavugaga ko atibasiye Mourinho ubwo yari amaze kumutsinda 4-0, muri Werurwe 2017; Mourinho abwira abafana ba Chelsea ko ari we wa mbere muri iyi kipe kuko nta wundi urabaha ibikombe bibiri bya shampiyona mu gihe muri Nyakanga 2017; Conte yavuze ko nyuma yo kwegukana Premier League bagomba kwirinda kongera kujya mu bihe nk’ibyo Mourinho yari agejejemo ikipe mbere y’uko yirukanwa.

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

Jose Mourinho na Conte bakomeje guterana amagambo kuva mu mpera za 2016

2018-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Editorial 17 Feb 2016
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Editorial 21 Oct 2022
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Editorial 07 Oct 2018
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Editorial 17 Feb 2016
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Editorial 21 Oct 2022
Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Editorial 07 Oct 2018
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Editorial 17 Feb 2016
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Editorial 21 Oct 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru