• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba
Impunzi z'abanyekongo ziraye mu muhanda i Karongi

polisi yatangiye iperereza k’urugomo rw’impunzi z’abanyekongo bakoze basohotse inkambi ya Kiziba

Ubwanditsi 22 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Polisi y’igihugu yatangiye gukora iperereza ku mpamvu zateye imyigaragambyo ivanze n’urugomo yatangiye ku wa 20 Gashyantare 2018 mu nkambi y’impunzi ya Kiziba mu Karere ka Karongi, ahacumbikiwe ibihumbi by’Abanye- Congo.

Iyi myigaragambyo yakurikiye umwanzuro wafashwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (WFP), risanzwe rigaburira impunzi ryagabanyije 25% ku biribwa impunzi zahabwaga bitewe n’igabanuka ry’ingengo y’imari rigenerwa. Impunzi zose zicumbikiwe mu Rwanda zirebwa n’uyu mwanzuro wa WFP ariko haje kwigaragambya iz’Abanye- Congo i Kiziba.

Izo mpunzi zasohotse ari ikivunge mu nkambi ku wa 20 Gashyantare 2018, zerekeza ku biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR). Zimwe zaharaye, izindi zongera kuhabyuklira kuri uyu wa Gatatu nk’Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Ndayisaba François, yabitangarije IGIHE.

Mu butumwa bwasohowe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Umuyobozi ushinzwe Ibibazo by’impunzi muri Ministeri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR); Rwahama Jean Claude, yavuze ko impunzi zaganirijwe kenshi kuri iyi ngingo y’igabanuka ry’inkunga ntizumve, zikigaragambya, zikanashyiramo urugomo.

Yagize ati “Abahagariye impunzi bagiye bahura kenshi n’ubuyobozi bw’inkambi, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye ku mpamvu z’uyu mwanzuro. Birababaje kuba hari ababirenzeho bagahitamo gukoresha ingufu barwanya inzego z’ibanze n’abashinzwe umutekano bari muri gahunda yo kumva no gushakira ibisubizo ibibazo byabo.”

Yakomeje agira ati “Tuzakomeza kubahiriza uburenganzira bw’impunzi ariko na zo zigomba kubahiriza amategeko y’igihugu kizicumbikiye. Ni na yo mpamvu Polisi y’igihugu igiye gukora iperereza kuri iki kibazo hanyuma ugaragaweho gutiza umurindi ibikorwa binyuranye n’amategeko abibazwe.”

Rwahama kandi yahakanye ibivugwa ko hari gahunda yo gushyira impunzi mu byiciro by’Ubudehe kuko iyi ari gahunda ireba Abanyarwanda gusa.

Hatangajwe ko Guverinoma y’u Rwanda izi ko amashami y’Umuryango w’Abibumbye yashatse gukoresha uburyo nk’ubu kugira ngo mu buryo bukwiye, bakomeze gufasha impunzi hashingiwe ku byo zikenera n’ubushobozi bwazo nk’uko biri mu murongo mugari w’Umuryango wAbibumbye ujyanye no gufasha impunzi.

Inkambi ya Kiziba ni imwe muri eshanu z’Abanye- Congo ziri mu Rwanda. Yashinzwe mu 1996 ubwo ibihumbi byabo bahungaga umutekano muke wari mu Burasirazuba bwa Congo. Iyi nkambi ubu icumbikiye impunzi zisaga 17,000.

Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje gucungira umutekano impunzi ziri ku butaka bwayo, kandi izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye harimo n’amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu gushaka ibisubizo bishoboka mu guteza imbere imibereho myiza y’Impunzi ziri mu Rwanda.

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

RDC: Abasore bategetswe gufata ba nyina ku ngufu, abasirikare barya inyama z’abantu – Raporo ya Loni

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza
Mu Rwanda

Ubufatanye bw’u Rwanda n’u Butaliyani mu bya gisirikare buhagaze neza

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Amateka ya Étienne Tshisekedi  waharaniye kuba Perezida wa  RDC kugeza apfuye
Mu Rwanda

Amateka ya Étienne Tshisekedi waharaniye kuba Perezida wa RDC kugeza apfuye

Ubwanditsi 02 Feb 2017
U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM
UBUKUNGU

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru