• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ubwanditsi 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Ukuri guca muziko ntigushye!

Aya ni amagambo Ministiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta, Louise Mushikiwabo yagarutseho kuri Twitter ubwo yavugaga k’uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Ibi yabitangaje nyuma yaho umuryango Survie wajyanye, kuri uyu wa Kane, ikimenyetso cy’’isanduku y’intwaro’, ahahoze icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo y’u Bufaransa mu gusaba ko u Bufaransa bwagira icyo bukora bukemera uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi sanduku ikoze mu biti, yari iteruwe n’abanyamuryango ba Survie, ijyanwa kuri icyo cyicaro, hagaragaraho amagambo yerekana ko u Bufaransa bwoherereje intwaro Ingabo zari iza Leta y’u Rwanda, FAR, buzinyujije muri Zaïre (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo).

Nk’uko tubikesha Le Parisien, umwe mu bagize Survie, Thomas Borrel, yatangaje ko ibi byakozwe mu rwego rwo guhamagarira Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macro, kwemera uruhare igihugu ayoboye cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Ni ukongera kwibutsa Perezida uriho ku bufasha Leta y’u Bufaransa yahaye ubutegetsi bwateguye, bukanakora Jenoside. Turasaba ko Leta y’u Bufaransa yemera ku mugaragaro buriya bufasha. Hejuru y’amakosa yemewe na Nicolas Sarkozy mu 2010 ari i Kigali. Hakenewe igikorwa gikomeye.”

Umuryango Surivie uharanira ko u Bufaransa bwakwemera uruhare rwabwo muri Jenoside, muri Gashyantare, wasohoye raporo igaragaza imikoranire ya Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’umucanshuro w’Umufaransa Bob Denard wakoreshaga amazina atari aye, akishyurwa binyuze muri banki ikomeye y’i Paris, BNP.

Ikimenyetso cy’Isanduku y’intwaro ijyanwa ahahoze icyicaro cya Minisiteri y’Ingabo y’u Bufaransa

Uretse gushinjwa kugira uruhare muri Jenoside, u Bufaransa buri mu bihugu u Rwanda rushinja gukingira ikibaba abayigizemo uruhare, ntibakurikiranwe n’ubutabera.

Si Abanyarwanda gusa bahungiyeyo, mu Ugushyingo 2016 Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwasohoye itangazo ko bwatangiye iperereza ku basirikare bakuru b’u Bufaransa 20 bakekwaho ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko bugomba gukorana n’ubutabera bw’icyo gihugu.

Uretse Nicolas Sarkozy wayoboye u Bufaransa akemera ko igihugu cye cyagize ikosa ry’uburangare no kwibeshya ku byakozwe, ntiburegera bwemera ko bwagize uruhare muri Jenoside.

Uretse mbere ya Jenoside aho Perezida François Mitterrand yakoranaga n’ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana wayoboraga u Rwanda, u Bufaransa bwohereje ingabo muri Zone Turquoise mu gihe cya Jenoside ariko zinengwa ko nta cyo zakoze mu kurokora abicwaga.

Umuryango Survie wokeje igitutu u Bufaransa mu gihe u Rwanda n’Isi bagiye kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abarenga miliyoni.

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko

Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Ubwanditsi 27 Jan 2020
Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ibintu 10 utazi kuri Commonwealth ije i Kigali

Ubwanditsi 21 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa
ITOHOZA

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi
Mu Rwanda

Dufatanye gukumira impanuka. N’ubwo umwe yayigwamo, ni igihombo gikomeye, Polisi

Ubwanditsi 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru