• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki n’abahagarariye imiryango ya Politiki, bandikiye Perezida Kagame nk’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bamusaba gukoresha ububasha afite, agahagarika umushinga Leta y’u Burundi ifite wo guhindura Itegeko Nshinga.

Ni urwandiko rwateweho umukono n’Umunyapolitiki, Nestor Girukwishaka, umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka FNL/Amizero mu izina ry’umuyobozi mukuru Agathon Rwasa, umuyobozi wungirije mu Ishyaka FRODEBU, Leonce Ngendakumana ndetse n’umuyobozi wa UPRONA, Evariste Ngayimpenda.

Muri iri tangazo igihe/Burundi gifitite kopie, ngo aba banyapolitiki bamenyesha ko mu gihe Itegeko Nshinga ry’u Burundi ryahindurwa, amasezerano y’amahoro no guhagarika intambara yashyizweho umukono mu 2015 i Arusha, ngo yaba azimanganyijwe.

Aba banyapolitiki bagaragaza impungenge bafite ko mu gihe ryaba rihinduwe, abafite imyanya mike muri politiki batazongera kugira ijambo mu ruhando rwa politiki, ndetse ko hari na byinshi biteye inkeke byasubiza Abarundi mu icuraburindi, mu gihe amasezerano yo guhagarika intambara yaba asenywe.

Uru rwandiko banarugeneye abandi bayobozi nka Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni uhagarariye ibiganiro bihuza Abarundi, Umunyamabanga mukuru wa Loni, Antonio Guterres, Perezida wa Kenya, Tanzania, Afurika y’Epfo,…

Perezida Kagame yandikiwe urwo rwandiko asabwa kwinjira mu kibazo cy’u Burundi nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe umubano w’u Rwanda utifashe neza, aho Leta yahereye mu 2015 ivuga ko u Rwanda rugira uruhare mu kubuhungabanyiriza umutekano, guha ubuhungiro abashatse guhirika ubutegetsi buriho ndetse no gutoza gisirikare abashaka kubutera.

Ku ruhande rw’u Rwanda, bakaba baragiye bahakana bivuye inyuma ibyo u Burundi barushinja, ko nta nyungu n’imwe rwakura mu guhungabanya umutekano w’u Burundi, igihugu cy’igituranyi gifite byinshi gisangiye n’u Rwanda.

Amatora ya kamarampaka mu Burundi ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha kwa Gicurasi 2018, bamwe mu banyapolitiki bakaba baragiye bagaragaza impungenge ko igihe ryaba rihinduwe ryaha amahirwe Perezida Nkurunziza w’ishyaka CNDD FDD kwiyongeza izindi manda kugera mu 2034 cyangwa akaba yayobora ubuzima bwe bwose.

Nk’uko RFI ibitangaza, ngo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe hamwe na Loni, bandikiye Leta y’u Burundi bayisaba kwitabira ibiganiro bihuza Abarundi, ishinjwa kwanga kwitabira.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024
Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Bobi Wine yafunguwe atanze amafaranga!

Ubwanditsi 02 May 2019
Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Iby’Ambasaderi Gasana Eugene byahinduye isura
ITOHOZA

Iby’Ambasaderi Gasana Eugene byahinduye isura

Ubwanditsi 02 Oct 2016
Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye
Mu Mahanga

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Ubwanditsi 13 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru