• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki n’abahagarariye imiryango ya Politiki, bandikiye Perezida Kagame nk’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bamusaba gukoresha ububasha afite, agahagarika umushinga Leta y’u Burundi ifite wo guhindura Itegeko Nshinga.

Ni urwandiko rwateweho umukono n’Umunyapolitiki, Nestor Girukwishaka, umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka FNL/Amizero mu izina ry’umuyobozi mukuru Agathon Rwasa, umuyobozi wungirije mu Ishyaka FRODEBU, Leonce Ngendakumana ndetse n’umuyobozi wa UPRONA, Evariste Ngayimpenda.

Muri iri tangazo igihe/Burundi gifitite kopie, ngo aba banyapolitiki bamenyesha ko mu gihe Itegeko Nshinga ry’u Burundi ryahindurwa, amasezerano y’amahoro no guhagarika intambara yashyizweho umukono mu 2015 i Arusha, ngo yaba azimanganyijwe.

Aba banyapolitiki bagaragaza impungenge bafite ko mu gihe ryaba rihinduwe, abafite imyanya mike muri politiki batazongera kugira ijambo mu ruhando rwa politiki, ndetse ko hari na byinshi biteye inkeke byasubiza Abarundi mu icuraburindi, mu gihe amasezerano yo guhagarika intambara yaba asenywe.

Uru rwandiko banarugeneye abandi bayobozi nka Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni uhagarariye ibiganiro bihuza Abarundi, Umunyamabanga mukuru wa Loni, Antonio Guterres, Perezida wa Kenya, Tanzania, Afurika y’Epfo,…

Perezida Kagame yandikiwe urwo rwandiko asabwa kwinjira mu kibazo cy’u Burundi nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe umubano w’u Rwanda utifashe neza, aho Leta yahereye mu 2015 ivuga ko u Rwanda rugira uruhare mu kubuhungabanyiriza umutekano, guha ubuhungiro abashatse guhirika ubutegetsi buriho ndetse no gutoza gisirikare abashaka kubutera.

Ku ruhande rw’u Rwanda, bakaba baragiye bahakana bivuye inyuma ibyo u Burundi barushinja, ko nta nyungu n’imwe rwakura mu guhungabanya umutekano w’u Burundi, igihugu cy’igituranyi gifite byinshi gisangiye n’u Rwanda.

Amatora ya kamarampaka mu Burundi ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha kwa Gicurasi 2018, bamwe mu banyapolitiki bakaba baragiye bagaragaza impungenge ko igihe ryaba rihinduwe ryaha amahirwe Perezida Nkurunziza w’ishyaka CNDD FDD kwiyongeza izindi manda kugera mu 2034 cyangwa akaba yayobora ubuzima bwe bwose.

Nk’uko RFI ibitangaza, ngo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe hamwe na Loni, bandikiye Leta y’u Burundi bayisaba kwitabira ibiganiro bihuza Abarundi, ishinjwa kwanga kwitabira.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Ubwanditsi 31 May 2017
U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 28 Dec 2025
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere  ya Perezida Kagame
IMIKINO

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja
POLITIKI

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Ubwanditsi 25 Jan 2020
Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru