• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Ubwanditsi 17 Apr 2018 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki n’abahagarariye imiryango ya Politiki, bandikiye Perezida Kagame nk’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bamusaba gukoresha ububasha afite, agahagarika umushinga Leta y’u Burundi ifite wo guhindura Itegeko Nshinga.

Ni urwandiko rwateweho umukono n’Umunyapolitiki, Nestor Girukwishaka, umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga mu ishyaka FNL/Amizero mu izina ry’umuyobozi mukuru Agathon Rwasa, umuyobozi wungirije mu Ishyaka FRODEBU, Leonce Ngendakumana ndetse n’umuyobozi wa UPRONA, Evariste Ngayimpenda.

Muri iri tangazo igihe/Burundi gifitite kopie, ngo aba banyapolitiki bamenyesha ko mu gihe Itegeko Nshinga ry’u Burundi ryahindurwa, amasezerano y’amahoro no guhagarika intambara yashyizweho umukono mu 2015 i Arusha, ngo yaba azimanganyijwe.

Aba banyapolitiki bagaragaza impungenge bafite ko mu gihe ryaba rihinduwe, abafite imyanya mike muri politiki batazongera kugira ijambo mu ruhando rwa politiki, ndetse ko hari na byinshi biteye inkeke byasubiza Abarundi mu icuraburindi, mu gihe amasezerano yo guhagarika intambara yaba asenywe.

Uru rwandiko banarugeneye abandi bayobozi nka Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni uhagarariye ibiganiro bihuza Abarundi, Umunyamabanga mukuru wa Loni, Antonio Guterres, Perezida wa Kenya, Tanzania, Afurika y’Epfo,…

Perezida Kagame yandikiwe urwo rwandiko asabwa kwinjira mu kibazo cy’u Burundi nk’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe umubano w’u Rwanda utifashe neza, aho Leta yahereye mu 2015 ivuga ko u Rwanda rugira uruhare mu kubuhungabanyiriza umutekano, guha ubuhungiro abashatse guhirika ubutegetsi buriho ndetse no gutoza gisirikare abashaka kubutera.

Ku ruhande rw’u Rwanda, bakaba baragiye bahakana bivuye inyuma ibyo u Burundi barushinja, ko nta nyungu n’imwe rwakura mu guhungabanya umutekano w’u Burundi, igihugu cy’igituranyi gifite byinshi gisangiye n’u Rwanda.

Amatora ya kamarampaka mu Burundi ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha kwa Gicurasi 2018, bamwe mu banyapolitiki bakaba baragiye bagaragaza impungenge ko igihe ryaba rihinduwe ryaha amahirwe Perezida Nkurunziza w’ishyaka CNDD FDD kwiyongeza izindi manda kugera mu 2034 cyangwa akaba yayobora ubuzima bwe bwose.

Nk’uko RFI ibitangaza, ngo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe hamwe na Loni, bandikiye Leta y’u Burundi bayisaba kwitabira ibiganiro bihuza Abarundi, ishinjwa kwanga kwitabira.

2018-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ubwanditsi 13 Dec 2023
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020,  yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa 1 Mata 2020, yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Evode Imena yagizwe umwere
Mu Rwanda

Evode Imena yagizwe umwere

Ubwanditsi 07 Dec 2017
Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko
Mu Rwanda

Imodoka 73 zafatiwe imikoreshereze mibi y’utugabanyamuvuduko

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Ubwanditsi 28 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru