• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Editorial 25 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Umuherwe ukomeye w’Umufaransa, Vincent Bolloré yatawe muri yombi na polisi y’icyo gihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ashinjwa ruswa yaba yaratanze mu bikorwa by’amatora muri Afurika y’Iburengerazuba, akiturwa amasezerano akomeye yahawe ikigo cye mu myaka ishize.

Polisi yatangiye kumukoraho iperereza nyuma y’uko ibigo bibiri bijyanye ikigo cye Bolloré Group mu nkiko kubera uburyo cyahawemo isoko, cyane ko gihuriramo urunyurane rwa serivisi zirimo kwamamaza, ubwikorezi bw’ibicuruzwa, ubwubatsi n’ingufu, kikaba gifite amashami menshi muri Afurika.

Bolloré w’imyaka 66 yafashwe kuri uyu wa Kabiri ngo ahatwe ibibazo mu iperereza ku byaha bya ruswa, aho yajyanywe na Polisi ya Nanterre, agace ko mu Mujyi wa Paris.

Ari gukorwaho iperereza kuri serivisi z’itumanaho zatanzwe mu bihe by’amatora y’Umukuru w’Igihugu mu bihugu bya Guinea na Togo hagati y’imyaka ya 2009 na 2010.

BBC yatangaje ko abagenzacyaha bari gusuzuma ibirego by’uko ikigo cye gikora ibikorwa byo kwamamaza, Havas Group, cyatanze serivisi z’itumanaho kuri Perezida Alpha Condé wa Guinea na Faure Gnassingbé wa Togo mu gihe cy’amatora kandi ku giciro gito cyane, akiturwa ko ikindi kigo cye cy’ubwikorezi Bolloré Africa Logistics company cyahawe gukoresha kontineri ku byambu bya Conakry na Lomé.

Impande zombi zihakana ibi birego, gusa ngo nyuma y’amatora muri Guinea, Perezida Condé yahagaritse amasezerano y’ikigo cyakoraga ku cyambu cya Conakry maze amasezerano ahabwa Bolloré Group.

Abandi bayobozi batawe muri yombi barimo Gilles Alix wari umuyobozi nshingwabikorwa wa Bolloré Group na Jean-Philippe Dorent wari ushinzwe ibikorwa byo mu mahanga, muri Havas.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Guinea yavuze ko nta kintu kibi cyabaye mu itangwa ry’ayo masezerano ku yo gukoresha icyambu kinyuzwaho imizigo. Bolloré Group nayo ivuga ko ishoramari ryayo rimaze igihe muri Afurika ryari rihagije kugaragaza impamvu ari ikigo cyahabwa amasezerano nk’ayo.

Mu itangazo ryayo kandi Bolloré Group yavuze ko ibigo biyishamikiyeho “bitigeze bigira uruhare mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bityo Bolloré Group ishimangira ko izo serivisi z’itumanaho zakozwe binyuze mu mucyo.”

Rikomeza rigira riti “Abayobozi ba Bolloré Group biyemeje gukoresha uyu mwanya mu gukorana n’inzego z’ubutabera mu kugaragaza ukuri kuri ibyo byose.”

Umutungo wa Vincent Bolloré ku giti cye ubarirwa muri miliyari 6.6 z’amadolari ya Amerika nk’uko bitangazwa na Bloomberg.

Bolloré Group ifite 21% by’imigabane muri Vivendi (VIVEF), akaba ari nayo munyamigabane munini muri icyo kigo gikora itangazamakuru n’isakazamakuru, gifite mu mitungo yacyo Canal+ Group ikora za filimi hamwe n’inzu itunganya umuziki ya Universal Music Group.

Kuwa Kane w’icyumweru gishize nibwo Vivendi yatangaje ko Bolloré agiye kwegura nk’Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi yayo, agasimburwa n’umuhungu we Yannick Bolloré.

Umuherwe ukomeye w’Umufaransa, Vincent Bolloré yatawe muri yombi na polisi y’icyo gihugu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ashinjwa ruswa yaba yaratanze mu bikorwa by’amatora muri Afurika y’Iburengerazuba, akiturwa amasezerano akomeye yahawe ikigo cye mu myaka ishize

2018-04-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Umugaba mukuru w’ingabo za Sudani y’Epfo, Gen Mawut Ajongo, yitabye Imana

Editorial 20 Apr 2018
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Editorial 04 Oct 2023
Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Sobanukirwa no kubura ubushake bwo gutera akabariro ku bagore nuko wabirwanya

Editorial 23 May 2017
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Editorial 03 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw
UBUKUNGU

U Rwanda rwatangije gahunda y’impinduramatwara mu buhinzi izatwara miliyari 2700 Frw

Editorial 29 Jun 2018
Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza

Editorial 06 Sep 2019
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Editorial 27 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru