• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
Aba basirikare ba Uganda bari barinze Ingoro y'Inteko Ishinga Amategeko, ubwo mu Ukuboza umwaka ushize, abadepite baganiraga ku ikurwaho ry'ingingo igena imyaka perezida wa Uganda atagomba kuba arengeje

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Ubwanditsi 12 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yategetse Minisiteri y’imari kugura imodoka zo guherekeza abadepite 456 b’iki gihugu, zizajya zigendaho abasirikare b’abahanga mu kurasa, barinze izi ntumwa za rubanda icyo yise “ibyihebe.”

Mu ibaruwa yagiye ahagaragara Museveni yandikiye Minisitiri w’Imari, Matia Kasaija, yavuze ko bimaze kugaragara ko abadepite baterwa ubwoba bakaba banasagarirwa, ku buryo yabemereye kubarindira umutekano mu gihe hategerejwe ingamba zihariye zo kubarinda.

Yagize ati “Abadepite basanzwe bafite abapolisi babarinda. Abo bazabagumana. Ariko nzongeramo ariko ibintu bibiri; ba mudahusha baturutse mu gisirikare n’imodoka bazajya bakoresha kugira ngo bakumire amasasu y’intwaro nto.”

Mu kugaragaza uburemere bw’iki kibazo, Museveni yifashishije urutonde rw’abantu bakomeye bagiye bicwa barimo nk’aba -Sheikh batandatu, Umushinjacyaha Joan Kagezi na Felix Kaweesi wari Umuvugizi wa Polisi ya Uganda. Benshi bagiye bicwa bari kumwe n’abarinzi babo mu modoka.

Igikuba cyarushijeho gucika ubwo Depite Ibrahim Abiriga wari uhagarariye akarere ka Arua mu nteko yicwaga arashwe yariki ya 8 Kamena 2018.

Museveni yavuze ko izo modoka zifunguye inyuma zizajya ziherekeza aba badepite, zikaba zifite ubushobozi bwo gukuruza amapine ane yose (4-wheel drive).

Yakomeje abwira Minisitiri Kasaija ati “Teganya amafaranga y’inyongera agenewe izo modoka mu buryo bwihutirwa. Igisirikare kizazikoresha mu kurinda abadepite maze uburyo bushya nibushyirwaho, zihabwe abofisiye b’abasirikare nka zimwe mu modoka zikoreshwa na UPDF.”

Yakomeje avuga ko abo ba mudahusha bazahabwa imyenda n’ingofero bitinjirwamo n’amasasu, asaba Minisitiri Kasaija kubyihutisha.

Daily Monitor yatangaje ko iyi nkuru yanditswe ku wa 20 Kamena 2018, inohererezwa Visi perezida wa Uganda, Edward Ssekandi, Umugaba mukuru w’Ingabo, Gen David Muhoozi, Minisitiri w’Ingabo, Adolf Mwesige n’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’imari, Keith Muhakanizi.

Abadepite bamwe batangiye kugaragaza ko batewe impungenge n’umutekano wabo mu mpera z’umwaka ushize, nyuma yo kwemeza ivugururwa ry’ingingo ya 102 ikuraho imyaka mu kwiyamamariza kuba perezida wa Uganda.

Bamwe mu bacuruzi babwiye iki kinyamakuru ko nibura imodoka imwe iri mu bwoko bw’izo Museveni yifuza igura amashilingi ya Uganda miliyoni 173, bivuze ko guverinoma izasabwa gutanga miliyari 78.8 z’amashilingi kugira ngo buri mudepite ahabwa imodoka imuherekeza.

Hari abadepite barimo Muwanga Kivumbi bagaragaje impungenge zishobora guturuka mu gukaza umutekano, by’umwihariko bikaba byakangaranya abashoramari bashobora gutekereza ko hari igikuba cyacitse.

Imibare igaragaza ko nibura mu myaka irindwi ishize, Uganda yashyize imbaraga mu mutwe ushinzwe kurinda abayobozi n’abanyacyubahiro mu gihugu, aho abapolisi bafite izi nshingano bavuye ku 1746 bakagera hagati ya 3500-4500.

2018-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Burundi: Abagore mu myiyerekano ishyigikira ko Perezida Nkurunziza ahindura Itegekonshinga

Ubwanditsi 17 Dec 2017
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Mugore  dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Mugore dore ibintu 7 ugomba kuba wujuje ku buryo buri mugabo wese akwifuza

Ubwanditsi 13 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia
IMIKINO

Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!
Amakuru

Tumenye Rwalinda Pierre-Céléstin, umwe mu bakirindagirira mu ngengabitekerezo ya Jenoside no mu myigaragambyo itagira epfo na ruguru!

Ubwanditsi 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru