• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
Aba basirikare ba Uganda bari barinze Ingoro y'Inteko Ishinga Amategeko, ubwo mu Ukuboza umwaka ushize, abadepite baganiraga ku ikurwaho ry'ingingo igena imyaka perezida wa Uganda atagomba kuba arengeje

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Editorial 12 Jul 2018 HIRYA NO HINO

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yategetse Minisiteri y’imari kugura imodoka zo guherekeza abadepite 456 b’iki gihugu, zizajya zigendaho abasirikare b’abahanga mu kurasa, barinze izi ntumwa za rubanda icyo yise “ibyihebe.”

Mu ibaruwa yagiye ahagaragara Museveni yandikiye Minisitiri w’Imari, Matia Kasaija, yavuze ko bimaze kugaragara ko abadepite baterwa ubwoba bakaba banasagarirwa, ku buryo yabemereye kubarindira umutekano mu gihe hategerejwe ingamba zihariye zo kubarinda.

Yagize ati “Abadepite basanzwe bafite abapolisi babarinda. Abo bazabagumana. Ariko nzongeramo ariko ibintu bibiri; ba mudahusha baturutse mu gisirikare n’imodoka bazajya bakoresha kugira ngo bakumire amasasu y’intwaro nto.”

Mu kugaragaza uburemere bw’iki kibazo, Museveni yifashishije urutonde rw’abantu bakomeye bagiye bicwa barimo nk’aba -Sheikh batandatu, Umushinjacyaha Joan Kagezi na Felix Kaweesi wari Umuvugizi wa Polisi ya Uganda. Benshi bagiye bicwa bari kumwe n’abarinzi babo mu modoka.

Igikuba cyarushijeho gucika ubwo Depite Ibrahim Abiriga wari uhagarariye akarere ka Arua mu nteko yicwaga arashwe yariki ya 8 Kamena 2018.

Museveni yavuze ko izo modoka zifunguye inyuma zizajya ziherekeza aba badepite, zikaba zifite ubushobozi bwo gukuruza amapine ane yose (4-wheel drive).

Yakomeje abwira Minisitiri Kasaija ati “Teganya amafaranga y’inyongera agenewe izo modoka mu buryo bwihutirwa. Igisirikare kizazikoresha mu kurinda abadepite maze uburyo bushya nibushyirwaho, zihabwe abofisiye b’abasirikare nka zimwe mu modoka zikoreshwa na UPDF.”

Yakomeje avuga ko abo ba mudahusha bazahabwa imyenda n’ingofero bitinjirwamo n’amasasu, asaba Minisitiri Kasaija kubyihutisha.

Daily Monitor yatangaje ko iyi nkuru yanditswe ku wa 20 Kamena 2018, inohererezwa Visi perezida wa Uganda, Edward Ssekandi, Umugaba mukuru w’Ingabo, Gen David Muhoozi, Minisitiri w’Ingabo, Adolf Mwesige n’Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’imari, Keith Muhakanizi.

Abadepite bamwe batangiye kugaragaza ko batewe impungenge n’umutekano wabo mu mpera z’umwaka ushize, nyuma yo kwemeza ivugururwa ry’ingingo ya 102 ikuraho imyaka mu kwiyamamariza kuba perezida wa Uganda.

Bamwe mu bacuruzi babwiye iki kinyamakuru ko nibura imodoka imwe iri mu bwoko bw’izo Museveni yifuza igura amashilingi ya Uganda miliyoni 173, bivuze ko guverinoma izasabwa gutanga miliyari 78.8 z’amashilingi kugira ngo buri mudepite ahabwa imodoka imuherekeza.

Hari abadepite barimo Muwanga Kivumbi bagaragaje impungenge zishobora guturuka mu gukaza umutekano, by’umwihariko bikaba byakangaranya abashoramari bashobora gutekereza ko hari igikuba cyacitse.

Imibare igaragaza ko nibura mu myaka irindwi ishize, Uganda yashyize imbaraga mu mutwe ushinzwe kurinda abayobozi n’abanyacyubahiro mu gihugu, aho abapolisi bafite izi nshingano bavuye ku 1746 bakagera hagati ya 3500-4500.

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Editorial 16 Mar 2020
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Editorial 20 Sep 2023
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Editorial 01 Jul 2019
Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Dore Urutonde rw’ ibihugu byakandamije Itangazamakuru muruyu mwaka wa 2017

Editorial 17 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.
Amakuru

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Editorial 16 Apr 2021
Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022
Amakuru

Rutahizamu wa Real Madrid ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or 2022

Editorial 18 Oct 2022
Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora
INKURU NYAMUKURU

Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Editorial 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru