• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018 IMIKINO

Rayon Sports yatsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1 mu mukino wa gatanu w’amatsinda ya CAF Confederation Cup wabereye 2018 kuri i Nairobi kuri iki Cyumweru, tariki 19 Kanama 2018.

Umukino w’aya makipe yombi warangiye Rayon Sports yiyongereye amahirwe yo kurenga mu matsinda, wabereye kuri Moi International Sports Center.

Rayon Sports yagiye muri Kenya idahabwa amahirwe, yahagurutse i Kigali idafite abakinnyi bakomeye barimo n’abashya iheruka kugura nk’Umunye-Ghana ukina hagati mu kibuga Donkor Prosper na rutahizamu Kouame Brou Gerard Stephane ukomoka muri Côte d’Ivoire.

Iyi kipe itozwa n’Umunya-Brazil, Roberto Oliveira Goncalves, yakinnye idafite abakinnyi barindwi bagaragaye mu mukino ubanza wabereye i Kigali aho amakipe yombi yanganyije 1-1.

Gor Mahia yatsindiwe na Kagere Meddie werekeje muri Simba SC yo muri Tanzania, Rayon Sports itsindirwa na Rutanga Eric.

Rayon Sports yinjiye mu mukino mbere kuko ku munota wa gatatu yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Bimenyimana BonFils Caleb, ahawe umupira mwiza na Manishimwe Djabel.

Iyi kipe yokeje igitutu Gor Mahia yakiniraga iwayo ariko iza kuyica mu rihumye irayishyura ibifashijwemo na rutahizamu Francis Mustapha wahoze akinira Kiyovu Sports muri Shampiyona y’umwaka ushize.

Abakinnyi ba Gor Mahia itozwa na Dylan Kerr babuze uburyo bwinshi bwari bwabazwe, icyizere cyabo cyasojwe na Rutanga Eric watsindiye Rayon Sports igitego cy’intsinzi ku munota wa 53 cyavuye kuri coup franc.

Mu wundi mukino wo mu Itsinda D, Yanga Africans yihereranye USM Alger iyitsindira muri Tanzania ibitego 2-1.

Ibi byongereye Rayon Sports amahirwe kuko isabwa gutsinda Yanga igategereza ibizava mu mukino wa Gor Mahia izaba yasuye USM Alger muri Algeria.

Rayon Sports iri ku mwanya wa gatatu muri iri tsinda mu gihe hasigaye umukino umwe

2018-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025
CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Jun 2019
CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

CHAN 2016: RD Congo irakina Guinea muri kimwe cya 2,byinshi utari Uzi kuri uyu mukino

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.

Ubwanditsi 14 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ubwanditsi 31 May 2017
Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi
ITOHOZA

Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika
Mu Mahanga

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Ubwanditsi 05 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru