• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Editorial 23 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aremeza ko niyo warwanya ruswa ute udashobora kuyirandura. Ni mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya CNBC Africa.

Nubwo Perezida Kagame amaze kumenyerwaho kutarebera ruswa, yemera ko sosiyete izahora irangwamo udusigisigi twa ruswa. Ati: “Ntushobora kwica ruswa burundu, ariko ushobora kuyigabanya bishoboka.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’ukuriye porogaramu za CNBC, Chris Bishop, Perezida Kagame yasobanuye ko ibyabaye mu Rwanda kugirango ruswa igabanyuke byatewe no gushyiraho iyubahirizwa ry’amategeko, gukorera mu mucyo no kuba ubutabera bukora akazi bushinzwe mu bwisanzure.

Ibi ngo bikaba byaratumye umukuru w’igihugu atandukana n’inshuti ze za hafi zageragezaga kwishora mu bikorwa bya ruswa bikarangira bisanze mu maboko y’ubutabera.

Chris Bishop yakomeje aganira na Perezida Kagame nk’ukuriye Afurika Yunze Ubumwe ku kijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari muri Afurika n’ibindi.

Ku kijyanye na Afurika n’u Bushinwa, Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Bushinwa bukora muri Afurika ari ishoramari atari ibikorwa by’ubugiraneza. Ati: “Ikibazo ni: Afurika iba izi icyo ishaka iyo ikorana n’ibindi bice by’Isi. Niba u Bushinwa butanze amahirwe, twibaza icyo u Rwanda rushaka ku Bushinwa n’uko twese twakunguka.”

Perezida Kagame yongeyeho atazi ahantu u Bushinwa bwagiye bugatangira kwikubira ibintu. Ati: “Niba biba si ikibazo cy’u Bushinwa ni ikibazo cy’igihugu biri kubamo.”

Ku kijyanye no kwihuriza hamwe kw’ibihugu, Perezida Kagame yasobanuye ko ari inzira 2, igenda n’igaruka. Yasobanuye ko iyo urinze ibyawe cyane uba uhamagarira n’abandi kubikora bikaba Atari byiza muri rusange cyangwa ku miryango mito y’akarere.

Perezida Kagame akaba yanashimangiye ko urebye ubukungu bw’u Rwanda n’amateka rwanyuzemo iyo habaho guhitamo nabi u Rwanda rutaba rugeze aho rugeze.

Perezida Kagame yanabajijwe ikibazo cy’amatsiko cy’uwo yari kuzaba iyo ataba perezida, asubiza ko akiri muto yakundaga gukora ibintu no guhanga. Ati: “Nari kuba engineer, umuntu ukora udushya kandi uhanga ibintu.”

2018-08-23
Editorial

IZINDI NKURU

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Editorial 09 Nov 2024
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Editorial 19 Jun 2025
Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Ni iki cyihishe inyuma y’inkuru y’ikinyoma Uganda yatangaje kuri Perezida Kagame

Editorial 29 Sep 2019
Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Umubare 1510 bitirira Perezida Museveni waturutse hehe?

Editorial 20 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be
POLITIKI

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Editorial 29 May 2018
Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Jean Paul Turayishimye yabuze byose nk’ingata imenye, menya ibyo yategetswe na Kayumba Nyamwasa ngo asubire muri RNC

Editorial 13 May 2020
U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside
ITOHOZA

U Bufaransa: Gen. Kabarebe yatanzwe nk’umutangabuhamya wa Ngenzi na Barahirwa baregwa ibyaha bya jenoside

Editorial 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru