• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Ntushobora Kwica Ruswa Burundu, Ariko Ushobora Kuyigabanya Bishoboka – Perezida Kagame

Editorial 23 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aremeza ko niyo warwanya ruswa ute udashobora kuyirandura. Ni mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya CNBC Africa.

Nubwo Perezida Kagame amaze kumenyerwaho kutarebera ruswa, yemera ko sosiyete izahora irangwamo udusigisigi twa ruswa. Ati: “Ntushobora kwica ruswa burundu, ariko ushobora kuyigabanya bishoboka.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’ukuriye porogaramu za CNBC, Chris Bishop, Perezida Kagame yasobanuye ko ibyabaye mu Rwanda kugirango ruswa igabanyuke byatewe no gushyiraho iyubahirizwa ry’amategeko, gukorera mu mucyo no kuba ubutabera bukora akazi bushinzwe mu bwisanzure.

Ibi ngo bikaba byaratumye umukuru w’igihugu atandukana n’inshuti ze za hafi zageragezaga kwishora mu bikorwa bya ruswa bikarangira bisanze mu maboko y’ubutabera.

Chris Bishop yakomeje aganira na Perezida Kagame nk’ukuriye Afurika Yunze Ubumwe ku kijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari muri Afurika n’ibindi.

Ku kijyanye na Afurika n’u Bushinwa, Perezida Kagame yavuze ko ibyo u Bushinwa bukora muri Afurika ari ishoramari atari ibikorwa by’ubugiraneza. Ati: “Ikibazo ni: Afurika iba izi icyo ishaka iyo ikorana n’ibindi bice by’Isi. Niba u Bushinwa butanze amahirwe, twibaza icyo u Rwanda rushaka ku Bushinwa n’uko twese twakunguka.”

Perezida Kagame yongeyeho atazi ahantu u Bushinwa bwagiye bugatangira kwikubira ibintu. Ati: “Niba biba si ikibazo cy’u Bushinwa ni ikibazo cy’igihugu biri kubamo.”

Ku kijyanye no kwihuriza hamwe kw’ibihugu, Perezida Kagame yasobanuye ko ari inzira 2, igenda n’igaruka. Yasobanuye ko iyo urinze ibyawe cyane uba uhamagarira n’abandi kubikora bikaba Atari byiza muri rusange cyangwa ku miryango mito y’akarere.

Perezida Kagame akaba yanashimangiye ko urebye ubukungu bw’u Rwanda n’amateka rwanyuzemo iyo habaho guhitamo nabi u Rwanda rutaba rugeze aho rugeze.

Perezida Kagame yanabajijwe ikibazo cy’amatsiko cy’uwo yari kuzaba iyo ataba perezida, asubiza ko akiri muto yakundaga gukora ibintu no guhanga. Ati: “Nari kuba engineer, umuntu ukora udushya kandi uhanga ibintu.”

2018-08-23
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Editorial 31 Jul 2018
Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Editorial 11 Oct 2019
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Editorial 28 Nov 2016
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Editorial 18 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko
POLITIKI

Perezida ‪ Kagame‬ yambitswe umudari w’Ikirenga mu gihugu cya Guinea Konakry aho yageze mu ruzinduko

Editorial 12 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Editorial 24 Jun 2016
Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali
IMIKINO

Eddy Kenzo yakoreye indirimbo umukobwa bahuriye i Kigali

Editorial 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru