• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Editorial 08 Oct 2018 Mu Rwanda

I Rusororo mu karere ka Gasabo habereye umuhango wo gushyingura Mucyo Sabine witabye Imana hashize amezi arindwi arushinganye n’umugabo we Caleb Uwagaba. Ni umuhango waranzwe n’amarira ndetse n’agahinda ku bawitabiriye.

Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Mucyo Sabine yitabye Imana nyuma y’amezi arindwi arenzeho umunsi umwe yambikanye impeta na Ev Caleb Uwagaba dore ko bakoze ubukwe tariki 03/03/2018. Aba bombi bakoze ubukwe nyuma y’imyaka itatu bari bamaze bakundana.

Mucyo Sabine yari umunyempano mu gucuranga gitari. Yari umukristo muri Bethesda Holy church aho yari umu ‘Protocol’, akaba ari naryo torero Uwagaba Caleb asengeramo.

Caleb Uwagaba

Caleb Uwagaba

Byari amarira n’ishavu mu gusezera Mucyo Sabine

Umuhango wo gushyingura nyakwigendera Mucyo Sabine wabaye ku mugoroba w’uyu wa Gatandatu tariki 06 Ukwakira 2018, ubera ku irimbi rya Rusororo kuva Saa cyenda z’amanywa. Ni umuhango wabanjirijwe n’uwo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera, uwo muhango ukaba wabereye mu rusengero rwa Bethesda Holy church ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

Uyu muhango wo gushyingura Nyakwigendera Mucyo Sabine witabiriwe n’abantu batandukanye; higanjemo ibyamamare muri ‘Gospel’ babana na Caleb Uwagaba Joseph muri ‘All Gospel Today’ ihuza abahanzi, abanyamakuru, abapasiteri, abavugabutumwa n’abandi bazwi cyane muri ‘Gospel’ hano mu Rwanda.

Muri bo harimo; Apostle Mignonne Kabera, Rev Baho Isaie, Kavutse Olivier, Alain Numa, Aime Uwimana, Patient Bizimana, Ayabba Paulin, Diana Kamugisha, Olivier Roy, Pastor Gaby, Gogo, Muhikira Irene Bellange wabaye Miss UNILAK, Bishop Rugamba Albert, Albert Niyonsaba, Stella Manishimwe, Florent Ndutiye, Bright Karyango, Dj Spin, Pasco Nakure, Emile Nzeyimana (Papa Emile), Bigizi Gentil (Kipenzi), Thacien Titus, Clapton Kibonke n’abandi.

Ni umuhango witabiriwe n’abantu batandukanye

Ev Uwagaba Caleb Joseph yamenyekanye nk’umujyanama wa Papa Emile. Nyakwigendera Mucyo Sabine yatabarukiye mu bitaro bya CHUK kuwa Kane tariki 4/10/2018. Mucyo Sabine yitabye Imana azize indwara yitwa Systemic Lupus Erythematosus. Ni indwara mbi cyane aho abasirikale b’umubiri bacanganyukirwa bagatangira kurwanya no gusenya uturemangingo tw’umubiri (cells) bagombye kuba barinda.

Iyi ndwara abaganga ba CHUK bayibonye mu mpera z’ukwezi kwa Nzeli uyu mwaka wa 2018 mu gihe yari amaze amezi arindwi arembye. Ni nyuma y’aho abaganga bo mu bitaro binyuranye nyakwigendera yivurijemo yaba King Faisal n’ibyo hanze y’u Rwanda, bari barabuze indwara.

Ibyatangajwe na Uwagaba Caleb, mama wa Sabine na Mama wa Caleb mu gatabo karimo ubutumwa busezera kuri Mucyo Sabine

Caleb Uwagaba yanditse ubutumwa burimo amagambo ateye agahinda, ati:

Mucyo wanjye, harya ngo iyo umucyo ubuze, ntihaza umwijima? Icuraburindi rituma tutareba aho tujya?? Mucyo ntiwari ukwiriye kwirengagiza ko twasezeranye kuzabyarana Ineza Mucyo Gaella na Gabiro Mucyo Gaella. Wansabye ko bavuka bafite imkisatsi nk’iyanjye ariko bitonda nkawe!! Nonese ko ugiye bazava he? Uribuka ko twari kuzajyana gushima Imana ku wa Gatatu mu ba mama ku rusengero??? Nonese Honey ubu ntituzongera kuririmbana mbere yo kuryama?? Basi reka nkureke waransezeye ngira ngo urambeshya, none ndabona bishoboka. Igitabo twari kuzatangira kwandikana urumva nzakibasha njyenyine? Iminsi ijana y’urushako (Hundred days of marriage), amakuru azacyijyamo nayakura he udahari? #OneInMillion #Umutarutwa.

Caleb Uwagaba

Ev Uwagaba Caleb mu gushyingura umugore we Sabine

Mama wa Mucyo yavuze ko Imana ari yo yisubije umwana we. Yavuze ko yizeye kuzongera kubona Mucyo. Ati: “Mucyo wavutse uri umwana witonda,urinze usinzira ukiri umwana witonda. Imana yarakuremye ni yo ikwisubije. Ruhukira mu mahoro ya nyagasani. Nzi neza ko nzongera kukubona. Mama wawe ugukunda cyane.”

Mama wa Caleb yavuze ko yananiwe kwakira kubura umukazana we Sabine, yagize ati: “Mukazana wanjye Mucyo, kukubura byananiye kubyakira. Kuva nkikubona, nakubonye urukundo n’ubugwaneza, nari bishimiye ko mbonye umukobwa uzankarabya byananiye ariko Imana igukunze kundusha irakuntwaye. Nzahora nibuka ya nseko yawe yansubizagamo icyizere cy’ubuzima. Nzahora nkwibuka, uruhukire mu mahoro mwana wanjye”

Musaza wa Mucyo Sabine witwa Cyuza nawe yavuze agahinda atewe no kubura mushiki we Sabine. Yavuze ko atazibagirwa ukuntu baruhanye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yagize ati: “Mucyo, wari inshuti yanjye magara, twarakuranye ariko ibihe ntazibagirwa ni mu bihe bya Genocide, ubwo twaruhanye twenyine kugeza tugeze kwa tante wacu dukunda cyane mama Madudu. Mucyo sinzakwibagirwa ukuntu wampamagaraga ngo nze nkugaburire igihe wari urwaye…Umva Imana yonyine ihisemo kuguhamagara iguhe iruhuko ridashira”

Incamake y’amateka ya nyakwigendera Mucyo Sabine

Yabonye izuba tariki 04/09/1989 avukira i Kigali. Yabyawe na Gashayija Valens na Mukundente Josee. Avukana na Cyusa Gashayija Joseph, Nyange Gashayija Sandrine, Umuhoza Noelline, Cyongwino Anajett, Yves Nkuranga na Geovanie Umumararungu. Yashakanye na Uwagaba Caleb tariki 3/3/2018, atabarutse nta mwana baragira.

Yize amashuri abanza ku ishuri rubanza rya Gisozi, amashuri yisumbuye ayiga ku Mugonero, ayarangiriza i Gitwe. Amashuri makuru (University) yayigiye mu Buhinde arangiza afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master Degree in International Business). Yakoraga muri Balore Logistics. Akimara gushyingirwa, yahise arwara bikomeye, kuva icyo gihe kugeza tariki 4/10/2018 Saa Sita n’igice z’amanywa ubwo yasinziraga.

AMAFOTO:

Caleb

Uwigaba

Bishop Rugamba Albert uyobora Bethesda Holy church

pasiteri

Mucyo Sabine

Stella Manishimwe na Mama Paccy 

Thacien Titus

Thacien Titus na Clapton Kibonke

agahinda

fia

urupfu

Kavutse Olivier na Olivier Roy

wamabye

Amarira n’agahinda mu muhango wo gushyingura Mucyo Sabine

sabone

mucy

nimero

Apostle Mignonne [Uri iburyo] na Diana Kamugisha (ibumoso)

spin

Dj Spin na Mama Kenzo

Caleb UwagabaCaleb UwagabaCaleb Uwagaba

Caleb Uwagaba ashyira indabo ku mva y’umugore we Mucyo Sabin

2018-10-08
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Editorial 13 May 2025
INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Editorial 25 Apr 2018
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Editorial 09 May 2018
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Editorial 26 Feb 2025
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Editorial 13 May 2025
INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Editorial 25 Apr 2018
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Editorial 09 May 2018
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Editorial 26 Feb 2025
Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Editorial 13 May 2025
INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Editorial 25 Apr 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru