• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Umusore wakoraga akazi ko gutwara abagenzi kuri moto witwa Nibakure Adrien, yaraye yishwe na mugenzi we wamuteye icyuma, aho bikekwa ko yamuhoye kumusambanyiriza umugore.

-7105.jpg

Agace umusore wishwe yari atuyemo ari na ho yiciwe

bi byabaye ahagana saa tatu z’ijoro mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera muri Gasabo.

Abatuye mu gace aba bagabo bombi bari bacumbitsemo bavuze ko uyu musore yishwe yabanje kugundagurana na mugenzi we, bakaba bumvize urusaku ubwo barwanaga batabaye basanga yamaze kumutera icyuma, uwabikoze ahita abaca mu myanya y’intoki.

Bizimungu Jean Baptiste, wari ucumbikiye Nibakure Adrien n’ukekwaho kumwica bivugwako yamushinjaga kumusambanyiriza umugore, yabwiye itangazamakuru ko uyu mumotari yahamagawe abwirwa ko afitiwe ubutumwa bagahita batangira kurwana n’uwari wateguye umugambi wo kumwica.

-7106.jpg

Abantu bari ahabereye ubwicanyi bavuze ko babwiwe ko uwamwishe yamukekagaho kumusambanyiriza umugore

Yagize ati “Hari nka saa tatu n’igice turi mu nzu. Umugore yavuze ko umugabo we yatashye kare akaryama, yumvise uwo mumotari aje aramubwira ngo aze mu nzu amubwire. Ntakindi cyabaye, bahise bafunga batangira kurwana, duhita twiruka tujya kubatabara, turwana no guca urugi. Ubwo yahise amutera icyuma yari yazanye kitabaga mu rugo yari yagisize ku meza. Nubwo yamwishe, ntibajyaga batongana.

Amakuru umugore yahaye inzego z’umutekano ni uko yajyaga amushinja kuryamana n’uwo mu motari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarutarama, Uwimbabazi Georgette, yavuze ko uyu mugabo yahise arenga igipangu, bakamubura.

Yagize ati “Ni abaturanyi bari begeranye. Barwanye umwe atera undi icyuma akeka ko yamusambanyirizaga umugore. Yakimuteye mu mugongo ahita atoroka, arenga igipangu aragenda. Uwapfuye bamujyanye mu buruhukiro, ubu turitegura gushyingura.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye itangazamakuru ko abaturage bayimenyesheje ko hari umuntu wateye icyuma unsdi , yagerayo igasanga ari byo, ko igishakisha uwabikoze wahise acika.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, umugore w’uyu mugabo ari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera aho ari gukorwaho iperereza, naho umugabo we ataratabwa muri yombi kuko Polisi itabara yasanze yatorotse.

-7107.jpg

Bizimungu Jean Baptiste wari ucumbikiye abo bantu bombi yavuze ko yumvise barwana bajya kubakiza bagasanga yamaze kumutera icyuma

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aho bikomereye  n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Aho bikomereye n’uko Afurika iboshywe n’ababoshywe

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya

APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya

RUSHYASHYA 25 Aug 2026
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda
IKORANABUHANGA

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa
POLITIKI

Burundi: Nyuma yaho abagore babujijwe kuvuza ingoma, Noneho Ababana batarasezeranye bahawe itariki ntarengwa

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Ubwanditsi 24 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru