• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Umusore wakoraga akazi ko gutwara abagenzi kuri moto witwa Nibakure Adrien, yaraye yishwe na mugenzi we wamuteye icyuma, aho bikekwa ko yamuhoye kumusambanyiriza umugore.

-7105.jpg

Agace umusore wishwe yari atuyemo ari na ho yiciwe

bi byabaye ahagana saa tatu z’ijoro mu Kagari ka Nyarutarama, Umurenge wa Remera muri Gasabo.

Abatuye mu gace aba bagabo bombi bari bacumbitsemo bavuze ko uyu musore yishwe yabanje kugundagurana na mugenzi we, bakaba bumvize urusaku ubwo barwanaga batabaye basanga yamaze kumutera icyuma, uwabikoze ahita abaca mu myanya y’intoki.

Bizimungu Jean Baptiste, wari ucumbikiye Nibakure Adrien n’ukekwaho kumwica bivugwako yamushinjaga kumusambanyiriza umugore, yabwiye itangazamakuru ko uyu mumotari yahamagawe abwirwa ko afitiwe ubutumwa bagahita batangira kurwana n’uwari wateguye umugambi wo kumwica.

-7106.jpg

Abantu bari ahabereye ubwicanyi bavuze ko babwiwe ko uwamwishe yamukekagaho kumusambanyiriza umugore

Yagize ati “Hari nka saa tatu n’igice turi mu nzu. Umugore yavuze ko umugabo we yatashye kare akaryama, yumvise uwo mumotari aje aramubwira ngo aze mu nzu amubwire. Ntakindi cyabaye, bahise bafunga batangira kurwana, duhita twiruka tujya kubatabara, turwana no guca urugi. Ubwo yahise amutera icyuma yari yazanye kitabaga mu rugo yari yagisize ku meza. Nubwo yamwishe, ntibajyaga batongana.

Amakuru umugore yahaye inzego z’umutekano ni uko yajyaga amushinja kuryamana n’uwo mu motari.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarutarama, Uwimbabazi Georgette, yavuze ko uyu mugabo yahise arenga igipangu, bakamubura.

Yagize ati “Ni abaturanyi bari begeranye. Barwanye umwe atera undi icyuma akeka ko yamusambanyirizaga umugore. Yakimuteye mu mugongo ahita atoroka, arenga igipangu aragenda. Uwapfuye bamujyanye mu buruhukiro, ubu turitegura gushyingura.”
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye itangazamakuru ko abaturage bayimenyesheje ko hari umuntu wateye icyuma unsdi , yagerayo igasanga ari byo, ko igishakisha uwabikoze wahise acika.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu, umugore w’uyu mugabo ari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera aho ari gukorwaho iperereza, naho umugabo we ataratabwa muri yombi kuko Polisi itabara yasanze yatorotse.

-7107.jpg

Bizimungu Jean Baptiste wari ucumbikiye abo bantu bombi yavuze ko yumvise barwana bajya kubakiza bagasanga yamaze kumutera icyuma

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Ubwanditsi 22 Oct 2017
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020
Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 20 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru
ITOHOZA

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Ubwanditsi 18 Dec 2018
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”
Amakuru

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru