• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ubwanditsi 26 Nov 2018 POLITIKI

Muri Kamena 2017, Amerika yivanye byeruye mu masezerano ya Paris arebana n’imihindagurikire y’ibihe yashyizweho mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ihangayikishije Isi.

Ni icyemezo, Perezida wa Amerika, Donald Trump yavuze ko kigamije kuzuza inshingano ze zo kurinda Amerika n’abayituye.

Ibiro bye bya White House byasohoye inyandiko igaragaza ko ibyemezo bye birebana no kubungabunga ibidukikije bizatwara abenegihugu miliyari $500.

Ni imibare yatangajwe nyuma ya raporo y’impapuro 100 yasohowe ku wa Gatanu nyuma y’ibirori bizwi nka “Thanksgiving.”

Ivuga ko “Hari ibihamya ko imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka ku muntu yiyongera ubutitsa. Ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ziteye inkeke mu gihugu cyose ndetse impungenge ku buzima bw’Abanyamerika, imibanire n’ubukungu ntibigarara.”

Itsinda rya Trump ryirinze kugaragaza ko politiki yo kureberera ibyangiza ikirere izoreka igihugu.

Abahanga mu by’ubumenyi bw’Isi bahuriye mu Kigo cyita ku Bidukikije cya National Climate Assessment (NCA) batanze impuruza ko kuba nta gikorwa bizagira ingaruka ndetse bigatwara Abanyamerika miliyari $500 ku mwaka bitewe n’ubwiyongere bw’indwara n’impfu, iyangirika ry’inyubako, igabanuka ry’umusaruro w’abakozi n’ibindi.

Ni ubusesenguzi bushingiye ku nyandiko ikubiye mu mpapuro 600 yakozwe kuva mu 2017, igaragaza ingaruka ibyemezo bya Trump bifite ku Banyamerika.

Ikinyamakuru Thinkprogress cyanditse ko White House yabonye raporo ariko yirengagiza ibyayivuyemo.

Raporo ivuga ko uburemere buterwa no kuba ubutegetsi bwa Trump ntacyo bukora buzagira ingaruka zikomeye ku bazadukomokaho mu myaka 50 iri imbere.

Ku butegetsi bwa Obama nibwo Amerika yemeye amasezerano ya Paris yashyizweho umukono n’ibihugu hafi 200 mu Ukuboza 2015. Yasabaga ko igabanya imyuka ihumanya ikirere yoherezwa, nibura kuri 30% bitarenze 2025.

Amerika ni iya kabiri ku Isi mu bihugu byohereza Carbon nyinshi mu kirere nyuma y’u Bushinwa.

U Rwanda ku wa 20 Ukwakira 2016 rwinjiye mu mubare w’ibyageraga kuri 80 byari bimaze kwemeza burundu amasezerano y’i Paris. Agena ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere Celcius ebyiri ariko intego ikaba ko kigera hasi ya dogere Celcius 1.5.

2018-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Uganda: Lt Gen Andrew Gutti Uburanisha Gen Kayihura Ari Kuririra Mu Myotsi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Tom
    December 6, 20186:34 am -

    Trump ni umugabo w umucuruzi azi neza icyo gukora kuko ibyo kunguka no guhomba abisobanukiwe kurusha uwanditse iyi nkuru.Ubwose urashaka kutwumvisha ko kuba Trump yarahinduye Kagame umuntu nk abandi akanamubuza gokomeza gutera Congo ari byo bizahombya USA izo miliyari 500 ? Propaganda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet
IKORANABUHANGA

RICTA yagaragaje inyungu iri mu gukoresha imbuga ziherwa na ‘.rw’ mu bucuruzi bwo kuri internet

Ubwanditsi 19 Nov 2018
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC
Amakuru

Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC

Ubwanditsi 30 May 2025
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto
Mu Mahanga

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru