• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Editorial 26 Nov 2018 POLITIKI

Muri Kamena 2017, Amerika yivanye byeruye mu masezerano ya Paris arebana n’imihindagurikire y’ibihe yashyizweho mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ihangayikishije Isi.

Ni icyemezo, Perezida wa Amerika, Donald Trump yavuze ko kigamije kuzuza inshingano ze zo kurinda Amerika n’abayituye.

Ibiro bye bya White House byasohoye inyandiko igaragaza ko ibyemezo bye birebana no kubungabunga ibidukikije bizatwara abenegihugu miliyari $500.

Ni imibare yatangajwe nyuma ya raporo y’impapuro 100 yasohowe ku wa Gatanu nyuma y’ibirori bizwi nka “Thanksgiving.”

Ivuga ko “Hari ibihamya ko imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka ku muntu yiyongera ubutitsa. Ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ziteye inkeke mu gihugu cyose ndetse impungenge ku buzima bw’Abanyamerika, imibanire n’ubukungu ntibigarara.”

Itsinda rya Trump ryirinze kugaragaza ko politiki yo kureberera ibyangiza ikirere izoreka igihugu.

Abahanga mu by’ubumenyi bw’Isi bahuriye mu Kigo cyita ku Bidukikije cya National Climate Assessment (NCA) batanze impuruza ko kuba nta gikorwa bizagira ingaruka ndetse bigatwara Abanyamerika miliyari $500 ku mwaka bitewe n’ubwiyongere bw’indwara n’impfu, iyangirika ry’inyubako, igabanuka ry’umusaruro w’abakozi n’ibindi.

Ni ubusesenguzi bushingiye ku nyandiko ikubiye mu mpapuro 600 yakozwe kuva mu 2017, igaragaza ingaruka ibyemezo bya Trump bifite ku Banyamerika.

Ikinyamakuru Thinkprogress cyanditse ko White House yabonye raporo ariko yirengagiza ibyayivuyemo.

Raporo ivuga ko uburemere buterwa no kuba ubutegetsi bwa Trump ntacyo bukora buzagira ingaruka zikomeye ku bazadukomokaho mu myaka 50 iri imbere.

Ku butegetsi bwa Obama nibwo Amerika yemeye amasezerano ya Paris yashyizweho umukono n’ibihugu hafi 200 mu Ukuboza 2015. Yasabaga ko igabanya imyuka ihumanya ikirere yoherezwa, nibura kuri 30% bitarenze 2025.

Amerika ni iya kabiri ku Isi mu bihugu byohereza Carbon nyinshi mu kirere nyuma y’u Bushinwa.

U Rwanda ku wa 20 Ukwakira 2016 rwinjiye mu mubare w’ibyageraga kuri 80 byari bimaze kwemeza burundu amasezerano y’i Paris. Agena ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere Celcius ebyiri ariko intego ikaba ko kigera hasi ya dogere Celcius 1.5.

2018-11-26
Editorial

IZINDI NKURU

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020
America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

America Shouldn’t Enable Presidents-for-Life

Editorial 25 Aug 2016
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Editorial 13 Sep 2019
Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Editorial 09 Feb 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Tom
    December 6, 20186:34 am -

    Trump ni umugabo w umucuruzi azi neza icyo gukora kuko ibyo kunguka no guhomba abisobanukiwe kurusha uwanditse iyi nkuru.Ubwose urashaka kutwumvisha ko kuba Trump yarahinduye Kagame umuntu nk abandi akanamubuza gokomeza gutera Congo ari byo bizahombya USA izo miliyari 500 ? Propaganda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru