• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ubwanditsi 26 Nov 2018 POLITIKI

Muri Kamena 2017, Amerika yivanye byeruye mu masezerano ya Paris arebana n’imihindagurikire y’ibihe yashyizweho mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ihangayikishije Isi.

Ni icyemezo, Perezida wa Amerika, Donald Trump yavuze ko kigamije kuzuza inshingano ze zo kurinda Amerika n’abayituye.

Ibiro bye bya White House byasohoye inyandiko igaragaza ko ibyemezo bye birebana no kubungabunga ibidukikije bizatwara abenegihugu miliyari $500.

Ni imibare yatangajwe nyuma ya raporo y’impapuro 100 yasohowe ku wa Gatanu nyuma y’ibirori bizwi nka “Thanksgiving.”

Ivuga ko “Hari ibihamya ko imihindagurikire y’ikirere igira ingaruka ku muntu yiyongera ubutitsa. Ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ziteye inkeke mu gihugu cyose ndetse impungenge ku buzima bw’Abanyamerika, imibanire n’ubukungu ntibigarara.”

Itsinda rya Trump ryirinze kugaragaza ko politiki yo kureberera ibyangiza ikirere izoreka igihugu.

Abahanga mu by’ubumenyi bw’Isi bahuriye mu Kigo cyita ku Bidukikije cya National Climate Assessment (NCA) batanze impuruza ko kuba nta gikorwa bizagira ingaruka ndetse bigatwara Abanyamerika miliyari $500 ku mwaka bitewe n’ubwiyongere bw’indwara n’impfu, iyangirika ry’inyubako, igabanuka ry’umusaruro w’abakozi n’ibindi.

Ni ubusesenguzi bushingiye ku nyandiko ikubiye mu mpapuro 600 yakozwe kuva mu 2017, igaragaza ingaruka ibyemezo bya Trump bifite ku Banyamerika.

Ikinyamakuru Thinkprogress cyanditse ko White House yabonye raporo ariko yirengagiza ibyayivuyemo.

Raporo ivuga ko uburemere buterwa no kuba ubutegetsi bwa Trump ntacyo bukora buzagira ingaruka zikomeye ku bazadukomokaho mu myaka 50 iri imbere.

Ku butegetsi bwa Obama nibwo Amerika yemeye amasezerano ya Paris yashyizweho umukono n’ibihugu hafi 200 mu Ukuboza 2015. Yasabaga ko igabanya imyuka ihumanya ikirere yoherezwa, nibura kuri 30% bitarenze 2025.

Amerika ni iya kabiri ku Isi mu bihugu byohereza Carbon nyinshi mu kirere nyuma y’u Bushinwa.

U Rwanda ku wa 20 Ukwakira 2016 rwinjiye mu mubare w’ibyageraga kuri 80 byari bimaze kwemeza burundu amasezerano y’i Paris. Agena ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere Celcius ebyiri ariko intego ikaba ko kigera hasi ya dogere Celcius 1.5.

2018-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020
Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Ubwanditsi 18 May 2019
RDC: Ububiko bw’ibikoresho by’amatora bwafashwe n’inkongi

RDC: Ububiko bw’ibikoresho by’amatora bwafashwe n’inkongi

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Burundi – Uganda: Mafia  no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Burundi – Uganda: Mafia no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Ubwanditsi 18 Sep 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Tom
    December 6, 20186:34 am -

    Trump ni umugabo w umucuruzi azi neza icyo gukora kuko ibyo kunguka no guhomba abisobanukiwe kurusha uwanditse iyi nkuru.Ubwose urashaka kutwumvisha ko kuba Trump yarahinduye Kagame umuntu nk abandi akanamubuza gokomeza gutera Congo ari byo bizahombya USA izo miliyari 500 ? Propaganda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila  rwatwitswe i Bukavu
INKURU NYAMUKURU

Urugo rwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila rwatwitswe i Bukavu

Ubwanditsi 26 Dec 2017
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru