• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘ – Polisi y’u Rwanda

‘ Wihutaza umunyantege nke, na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda ‘ – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira abakoresha inzira nyabagendwa bose ; ni ukuvuga: abatwara ibinyabiziga, ababigendaho, ababigendamo, ndetse n’abanyamaguru kubahiriza amategeko y’umuhanda kugira ngo hirindwe impanuka.

Ubu butumwa yabutanze ku gicamunsi cyo ku itariki 21 Gicurasi mu kiganiro (Kubaza bitera kumenya) cyaciye kuri Televiziyo na Radiyo by’u Rwanda no kuri Radiyo z’abaturage ziri hirya no hino mu gihugu; aho Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yavuze, ndetse anasobanura ibitera impanuka zo mu muhanda, uburyo bwo kuzirinda; kandi akangurira abakoresha inzira nyabagendwa kubahiriza amategeko yo kuwugendamo no kuwutwaramo ibinyabiziga.

Muri icyo kiganiro CP Rumanzi yunganiwe n’Umwungirije ushinzwe abakozi, imari n’ibikoresho, Assistant Commissioner of Police (ACP) Rafiki Mujiji, ndetse n’Umuvugizi w’iri Shami, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda.

Icyo kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti:”Wihutaza umunyantege nke , na we afite uburenganzira bwo kugenda mu muhanda.”

CP Rumanzi yavuze ko abakoresha umuhanda bafatwa nk’Abanyantege nke ari abagenda kuri moto n’amagare ndetse n’abanyamaguru; hanyuma abasabwe kubahiriza uburenganzira bwabo akaba ari abatwara ibinyabiziga binini; ni ukuvuga imodoka.

Yavuze ko ubu bukangurambaga buri mu byo Polisi y’u Rwanda yateganyije gukora mu Kwezi kw’ibikorwa byayo (Police Week); aho mu byo izakora ifatanyije n’izindi nzego harimo kwigisha amategeko y’umuhanda abawukoresha, gusibura ibimenyetso byo mu muhanda abanyamaguru bambukiramo, guhanga no gusimbuza ibyapa ku mihanda, n’ibindi.

Yagize ati”Abagenda kuri moto n’amagare hamwe n’abanyamaguru bagize 71 ku ijana by’abahitanywe n’abakomerekejwe n’impanuka zo mu muhanda mu mezi atandatu ashize. Abanyamaguru ubwabo bihariye 31 ku ijana, abagenda kuri moto ni 26; naho abagenda ku magare ni 14 ku ijana. 29 ku ijana basigaye ni abagenda mu modoka.”

CP Rumanzi yavuze ko mu rwego rwo kurushaho kurwanya no gukumira impanuka zo mu muhanda, Polisi yafashe ingamba zirimo kwigisha abanyamaguru; barimo abanyeshuri ,ndetse n’abandi amategeko yo kugenda mu muhanda; aho mu bizibandwaho harimo kubabwira ko umuntu ugenda mu muhanda agomba buri gihe kunyura iburyo bwawo bitewe n’icyerekwezo cye, kunyura mu nzira yagenewe abanyamaguru , kwambuka umuhanda baciye mu mirongo igaragaza ahabugenewe, gukangurira abanyeshuri kudakinira mu muhanda, no gushishikariza abantu muri rusange kudakoresha telefone no kutambara ibintu mu matwi igihe bagenda mu muhanda cyangwa bawambuka kubera ko bibarangaza bikaba byatuma bagongwa n’ikinyabiziga, no kubakangurira kwambuka umuhanda ibemenyetso bimurika bimuritse ishusho y’umuntu wambuka y’icyatsi kibisi.

-6649.jpg

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Commissioner of Police (CP) George Rumanzi

Yakomeje agira ati,”Abatwara abinyabiziga bazakangurirwa kubahiriza amategeko abagenga arimo kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru. By’umwihariko abatwara moto bazakangurirwa kwambara umwambaro ubaranga n’ingofero yabugenewe ifasha kwirinda impanuka , no kugenzura ko umugenzi ayambaye neza. Tuzabibutsa kandi kwirinda guheka umugenzi urenze umwe, guhagarara igihe bahagaritswe n’umupolisi cyangwa undi ubifitiye ububasha, kwirinda guhindukira bitunguranye cyangwa guhindukirira ahatemerewe, kurangwa n’isuku, gutanga serivisi nziza no kutishora mu biyobyabwenge.

CP Rumanzi yagize kandi ati,” Abakoresha inzira nyabagendwa baramutse bubahirije amategeko y’umuhanda impanuka zakumirwa. Buri wese arasabwa kuba Umufatanyabikorwa mu kuzikumira; atanga amakuru ku gihe y’uwishe amategeko y’umuhanda kuri nimero za telefone ngendanwa : 0788311110 (Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda) na 0788311502 (Umuvugizi waryo).

Yavuze ko ishyirwa ry’Utugabanyamuvuko mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange byagize uruhare runini mu kugabanya impanuka zo mu muhanda; ariko na none yihanangiriza abatwangiza bagamije gutwara imodoka ku muvuduko urenze uteganyijwe n’amategeko.

ACP Mujiji yumwunganiye avuga ko gushyira imbaraga mu kwigisha abanyamaguru amategeko yo kugenda mu muhanda ari uko abenshi muri bo bakora impanuka kubera ko batazi amategeko y’umuhanda n’uburenganzira bwabo.

Source : RNP

2017-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Isengesho ryavuzwe na Nyampinga wo muri Kenya mbere y’uko apfa, ryashenguye benshi

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Ubwanditsi 13 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bahawe inshingano zo kurinda Minisitiri w’intebe wa Centrafrique

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]
POLITIKI

Umuzi w’umwuka mubi n’amakimbirane hagati y’u Rwanda na Uganda [ igice 1]

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Ubwanditsi 03 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru