• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ubwanditsi 17 Nov 2018 IKORANABUHANGA

Ikigo gikora kikanacuruza telefone zigezweho, TECNO Mobile, cyamuritse telefoni nshya ya TECNO Camon 11 ifite ikoranabuhanga rigezweho mu gufata amafoto by’umwihariko selfie, mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda mu kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2018.

Iyi telefone yamuritswe ndetse ishyirwa ku isoko ryo mu Rwanda bwa mbere mu ijoro ryo kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2018, muri Serena Hotel, mu birori byitabiriwe n’abafatanyabikorwa, abakiriya ndetse n’ibyamamare bitandukanye birimo abamenyerewe mu kumurika imideli.

Iyi telefone ya TECNO Camon11 n’iyo byakoranywe ya TECNO Camon11 Pro, zose zifite umwihariko udasanzwe mu gufata amafoto agezweho ya selfie.

Itandukaniro ry’izi telefone ni uko TECNO Camon 11 ifata amafoto meza ibikesha camera yayo ya megapixels 24 (24 MP) imbere n’inyuma ituma igira ubushobozi bwo gufotora ahari urumuri ruke kandi amafoto akaza acyeye.

Ikindi kandi camera y’imbere iba ifite megapixels nyinshi kurusha iy’inyuma. Ibi bigahuza n’umwihariko w’iyi telefone mu gufata selfie.

Iyi telefone ya TECNO Camon11, ifite RAM ya 6GB (ibika ibintu mu buryo budahoraho) na ROM ya 64 GB (ibika ibintu mu buryo bw’igihe kirekire).

Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri TECNO, Muneza Marie Claire, yavuze ko iyi telefoni ifite umwihariko ariko ku bakunda gufata selfie bo bashyizwe igorora.

Yagize ati “Ni telefoni ifite ikoranabuhanga rigezweho mu gufata selfie, aho mu gihe ufata selfie iba yayibonye igahita iguha selfie nziza cyane. Ikindi kandi ifite ubushobozi bwo kubika amafoto na video kuko ifite ububiko bunini.”

Yakomeje avuga ko iyi telefoni bateganyije kuyimurika mu bihe by’iminsi mikuru kugira ngo abanyarwanda babashe kwishimana n’inshuti n’imiryango, bafata amafoto y’urwibutso na telefoni igezweho kandi igura amafaranga make cyane.

Ku maduka yose mu Rwanda ushaka TECNO Camon11 Pro yishyura ibihumbi 190Frw, naho TECNO Camon11 yo ikagura ibihumbi 220Frw.

TECNO imaze kuba ubukombe mu ruhando mpuzamahanga

Ikigo Tecno cyashinzwe n’Umushinwa George Zhu muri 2006, nyuma y’umwaka umwe ihita ishyiraho uruganda rwa telefoni. Kugeza ubu imaze kugira abafatabuguzi barenga miliyoni 10.

Iherutse gushyirwa ku mwanya wa kane mu bigo bicuruza telefoni ku Isi ndetse inashyirwa ku mwanya wa 10 mu bigo bifite telefoni zigezweho ‘Smartphones’. Kugeza ubu ikorera mu bihugu birenga 50 byo ku Isi.

Muri uyu mwaka kandi iki kigo cyasinye amasezerano n’ikipe ya Manchester City, ikunzwe mu Bwongereza yo kucyamamaza nk’ikigo gikora amatelefoni agezweho kandi meza ahendutse.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Cambridge Analytica ishinjwa ko yakoranye na Donald Trump mu kwiyamamaza yafunze imiryango

Ubwanditsi 03 May 2018
Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Huawei yashyize hanze telefone nshya za P40

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

U Rwanda rugiye gutangira imirimo yo kubaka icyogajuru

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi
Amakuru

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Ubwanditsi 14 Oct 2021
DONALD TRUMP  yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3  ye .
ITOHOZA

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017
APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru