• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Editorial 03 Dec 2018 IMIKINO

Umukino w’Umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda ‘AZAM Rwanda Premier League 2018-19’ wasize akanyamuneza ku maso y’abakunzi ba Kiyovu Sports kuko ikipe yabo yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka itandatu, itsinda mukeba Rayon Sports, ibitego 2-1.

Kuri iki Cyumweru, tariki 2 Ukuboza 2018 nibwo hakinwe umukino wahuje abakeba bamaranye imyaka irenga 50 mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) utoza Rayon Sports yari yahisemo gukinisha abakinnyi batatu bakina hagati mu kibuga; Niyonzima Olivier Sefu, Donkor Prosper Kuka na Fabrice Mugheni wahanganaga na Kiyovu Sports yakiniraga.

Nubwo aba bakinnyi bari benshi hagati ntibashoboye kwitwara neza kuko Habamahoro Vincent na Kalisa Rachid bakinaga hagati muri Kiyovu Sports babarushaga gukora ku mipira myinshi mu gice cya mbere. Gusa nta mipira myinshi yageraga ku banyezamu, byatumye iki gice kirangira ari ubusa ku busa.

Uyu munya-Brazil utoza Rayon Sports warushijwe amayeri y’umukino yafashe umwanzuro wo gukuramo Manishimwe Djabel atanga umwanya kuri Yannick Mukunzi wari wabanje ku ntebe y’abasimbura. Byatumye Sefu usanzwe ukina hagati yugarira ahabwa inshingano zo gusatira aciye ku ruhande rw’iburyo.
Izi mpinduka ntacyo zahinduye kuko Kiyovu Sports yakomeje kuyirusha guhererekanya neza.

Uyu mukino mwiza w’ikipe bita Urucaca wari uyobowe n’abanyamahanga babiri yaguze mu mpeshyi y’uyu mwaka; Shavy Babicka ukomoka muri Gabon na Ghislain Armel wavuye muri Cameroun.

Ntibyatinze gutanga umusaruro kuko ku munota wa 60 w’umukino Kiyovu Sports yafunguye amazamu, igitego cyinjijwe na Nizeyimana Djuma ku mupira mwiza yahawe na Almer Ghislain.

Nyuma yo gutsindwa iki gitego Rayon Sports yakangutse itangira gusatira ishaka igitego cyo kwishyura ariko amahirwe abiri yashoboraga gutuma kiboneka Bimenyimana Bonfils Caleb yayateye inyoni agerageza gutsindisha agatsinsino, abugarira muri Kiyovu Sports bakamwambura umupira.

Iradukunda Eric bita Radu Rayon Sports yavanye muri AS Kigali ntiyacitse intege akomeza guhindura imipira myinshi iva ku ruhande rw’iburyo.

Byaje kuviramo ikipe ye kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 78 ubwo yahaga umupira Niyonzima Olivier Sefu atera ishoti rikomeye umupira ufata igiti cy’izamu ugarutse mu rubuga rw’amahina uhura na Yannick Mukunzi yishyurira ikipe ye.

Iki gitego cya mbere Yannick Mukunzi atsinze kuva yagera muri Rayon Sports ntabwo cyari gihagije ngo ikipe ye itahane inota kuko ku munota wa 91 Kiyovu Sports yakoze contre-attaque, Abdul Rwatubyaye akorera ikosa umunya-Cameroun Almer Ghislain ikosa mu rubuga rw’amahina.

Umusifuzi Abdul Karim Twagirumukiza yemeza penaliti yinjijwe neza na Nizeyimana Djuma.

Nyuma y’umukino habaye gushyamirana gukomeye ubwo abakinnyi basohokaga mu kibuga biviramo Bimenyimana Bonfils Caleb guhabwa ikarita itukura, iya kabiri ahawe mu mikino itandatu ya shampiyona.

Ibitego bibiri bya Djuma uvuka ku Mumena ku gicumbi cya Kiyovu Sports byafashije ikipe ye gusiba amateka y’imyaka itandatu bari imaze idatsinda Rayon Sports. Amanota atatu yayaherukaga tariki 21 Mata 2012 ubwo rutahizamu w’Umunya-Uganda Bakabulindi Julius yayitsindiraga mu mukino warangiye ari 1-0.

2018-12-03
Editorial

IZINDI NKURU

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike  ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa  byazamuwe

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa byazamuwe

Editorial 27 Jan 2016
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Editorial 21 May 2021
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Editorial 13 Oct 2021
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Editorial 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela
Amakuru

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Editorial 20 Jul 2021
Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi
HIRYA NO HINO

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi

Editorial 05 Jun 2018
Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside
POLITIKI

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Editorial 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru