• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Croatia yanditse amateka isezerera u Burusiya bwakiriye igikombe cy’Isi bigoranye kuri penaliti, ikatisha itike ya ½ aho izahura n’u Bwongereza nabwo bwasezereye Suède ku bitego bibiri ku busa.

Amakipe menshi y’ibikomerezwa yari yitabiriye igikombe cy’Isi ahabwa amahirwe yo kuzacyegukana yamaze gusezererwa harimo u Budage butarenze amatsinda, Espagne, Portugal, Argentine na Brazil zose zamaze gusubira mu rugo.

Muri ¼ hari hagezemo amwe mu makipe yatunguranye cyane nka Suède n’u Burusiya yashakaga kwandikisha amateka kuri uyu wa Gatandatu agakatisha itike yo kujya muri ½ ariko ntibyayahiriye kuko yose yasezerewe.

Mu mukino wabanje saa 16:00, u Bwongereza bwatsinze Suède ibitego 2-0 bya Harry Maguire ku munota wa 30 na Dele Alli ku wa 59 bubona itike ya ½ ku nshuro ya mbere kuva mu 1990.

Saa 20:00 u Burusiya bwakiniraga imbere y’abafana babwo, bwanatunguranye cyane bugera muri ¼ bwatangiye umukino bukanga Croatia buyitsinda igitego ku munota wa 31 cya Denis Cheryshev cyishyurwa na Andrej Kramaric nyuma y’iminota umunani.

Amakipe yombi yakomeje guhangana iminota 90 irangira atabashije kwisobanura, hitabazwa 30 y’inyongera, bageze ku wa 101 myugariro wa Croatia, Domagoj Vida, atsinda igitego cyari guhesha igihugu cye gukomeza ariko habura itanu ngo umukino urangire, cyishyurwa na Mário Figueira Fernandes.

Hitabajwe penaliti, Croatia ikomeza itsinze 4-3 mu bazihushije ku ruhande rw’u Burusiya hakaba harimo na Mário Fernandes wari wafashwe nk’intwari atsindira iki gihugu igitego cyo kwishyura.

Mu gihe abafana b’u Burusiya bari mu marira, agahinda kabishe, Perezida wa Croatia, Umugore witwa Kolinda Grabar-Kitarović, yagaragaye ku kibuga Fisht Stadium yambaye umwenda w’igihugu cye, afana bikomeye ndetse n’umukino urangira ajya kwishimana n’abakinnyi mu rwambariro abashimira ku kazi gakomeye bakoze.

Croatia igomba kuzahura n’u Bwongereza muri ½ mu gihe undi mukino uzahuza u Bubiligi bwabonye itike busezereye Brazil n’u Bufaransa bwayibonye busezereye Uruguay.

Abakinnyi ba Croatia bishimira intsinzi nyuma ya penaliti

Ibyishimo byabasaze, baryama hasi mu kibuga

Agahinda kari kose ku ikipe y’u Burusiya yashakaga kugera muri 1/4

Mário Fernandes niwe watsinze igitego cya kabiri cyo kwishyura ku ruhande rw’u Burusiya mbere y’uko amakipe yombi ajya muri penaliti

Domagoj Vida atsindira Croatia igitego cya kabiri mu minota y’inyongera

Perezida wa Croatia, Kolinda Grabar-Kitarović, yisunze abakinnyi b’igihugu cye mu byishimo

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Amategeko mashya,abatoza bashya abakinnyi bibikomerezwa nibimwe mu bizaranga Premier League

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Eric Omondi yashyize hanze amashusho abambye ku musaraba ateza impaka mu bafana bamukurikira

Ubwanditsi 03 Dec 2016
Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Ubwanditsi 22 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda
ITOHOZA

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene
ITOHOZA

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru