• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu ya Croatia yanditse amateka isezerera u Burusiya bwakiriye igikombe cy’Isi bigoranye kuri penaliti, ikatisha itike ya ½ aho izahura n’u Bwongereza nabwo bwasezereye Suède ku bitego bibiri ku busa.

Amakipe menshi y’ibikomerezwa yari yitabiriye igikombe cy’Isi ahabwa amahirwe yo kuzacyegukana yamaze gusezererwa harimo u Budage butarenze amatsinda, Espagne, Portugal, Argentine na Brazil zose zamaze gusubira mu rugo.

Muri ¼ hari hagezemo amwe mu makipe yatunguranye cyane nka Suède n’u Burusiya yashakaga kwandikisha amateka kuri uyu wa Gatandatu agakatisha itike yo kujya muri ½ ariko ntibyayahiriye kuko yose yasezerewe.

Mu mukino wabanje saa 16:00, u Bwongereza bwatsinze Suède ibitego 2-0 bya Harry Maguire ku munota wa 30 na Dele Alli ku wa 59 bubona itike ya ½ ku nshuro ya mbere kuva mu 1990.

Saa 20:00 u Burusiya bwakiniraga imbere y’abafana babwo, bwanatunguranye cyane bugera muri ¼ bwatangiye umukino bukanga Croatia buyitsinda igitego ku munota wa 31 cya Denis Cheryshev cyishyurwa na Andrej Kramaric nyuma y’iminota umunani.

Amakipe yombi yakomeje guhangana iminota 90 irangira atabashije kwisobanura, hitabazwa 30 y’inyongera, bageze ku wa 101 myugariro wa Croatia, Domagoj Vida, atsinda igitego cyari guhesha igihugu cye gukomeza ariko habura itanu ngo umukino urangire, cyishyurwa na Mário Figueira Fernandes.

Hitabajwe penaliti, Croatia ikomeza itsinze 4-3 mu bazihushije ku ruhande rw’u Burusiya hakaba harimo na Mário Fernandes wari wafashwe nk’intwari atsindira iki gihugu igitego cyo kwishyura.

Mu gihe abafana b’u Burusiya bari mu marira, agahinda kabishe, Perezida wa Croatia, Umugore witwa Kolinda Grabar-Kitarović, yagaragaye ku kibuga Fisht Stadium yambaye umwenda w’igihugu cye, afana bikomeye ndetse n’umukino urangira ajya kwishimana n’abakinnyi mu rwambariro abashimira ku kazi gakomeye bakoze.

Croatia igomba kuzahura n’u Bwongereza muri ½ mu gihe undi mukino uzahuza u Bubiligi bwabonye itike busezereye Brazil n’u Bufaransa bwayibonye busezereye Uruguay.

Abakinnyi ba Croatia bishimira intsinzi nyuma ya penaliti

Ibyishimo byabasaze, baryama hasi mu kibuga

Agahinda kari kose ku ikipe y’u Burusiya yashakaga kugera muri 1/4

Mário Fernandes niwe watsinze igitego cya kabiri cyo kwishyura ku ruhande rw’u Burusiya mbere y’uko amakipe yombi ajya muri penaliti

Domagoj Vida atsindira Croatia igitego cya kabiri mu minota y’inyongera

Perezida wa Croatia, Kolinda Grabar-Kitarović, yisunze abakinnyi b’igihugu cye mu byishimo

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru