• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye agace ka Kigali-Huye muri Tour du Rwanda 2018

Ubwanditsi 06 Aug 2018 IMIKINO

Umunyarwanda Mugisha Samuel ukinira Ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda ka Kigali-Huye ku ntera ya kilometero 120.5, kakinwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 8 Kanama 2018, ahita afata umwambaro w’umuhondo.

Mugisha wacomotse mu gikundi hakiri kare yasoje akurikiwe n’undi Munyarwanda Uwiyeze Jean Claude ukina na POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa na Mulu Hailemichael ukomoka muri Ethiopia.

Uyu musore w’imyaka 20 ari gukinira Team Rwanda kuko ikipe ye ititabiriye Tour du Rwanda. Mbere yo guhaguruka yari yatangaje  ko we na bagenzi be batiteguye gukoresha imbaraga nyinshi uyu munsi.

Abakinnyi batanu ba mbere ku rutonde rusange

1. Mugisha Samuel (Team Rwanda)
2. Uwizeye Jean Claude (POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa)
3. Mulu Hailemichael (Ethiopia)
4. Lozano Riba David (Team Novo Nordisk)
5. Lagab Azzedine (Algeria)

Uko abakinnyi batanu ba mbere bakurikirana mu gace ka Kigali-Huye:

1. Mugisha Samuel (Team Rwanda)
2. Uwizeye Jean Claude (POC Côte de Lumière yo mu Bufaransa)
3. Mulu Hailemichael (Ethiopia)
4. Munyaneza Didier (Team Rwanda)
5. Doring Jonas (Team Descartes Romandie)

Aka karere gasorejwemo agace ka kabiri ka Tour du Rwanda gafatwa nk’igicumbi cy’intiti bitewe n’abarerewe mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR). Iyi Kaminuza yubatse i Ruhande kwa Mpandahande ibitse urwibutso ruhoraho kuri benshi mu ntiti zayinyuzemo mu myaka irenga 50 ishize.

Huye yatoranyijwe mu turere tuzubakwamo imijyi itandatu yunganira uwa Kigali, igomba kuba ifite ibikorwa remezo bifasha guteza imbere abaturage b’icyaro no kuzamura ishoramari rikorerwamo bijyana n’amahirwe y’akazi kadashamikiye ku buhinzi.

Agace ka Kigali-Huye karimo udusozi hafi tune dutandukanye, hakabamo ahantu hanini ho gutambika ndetse no kumanuka bituma bigorana kumenya umukinnyi wakegukana. Mu kugasoza abakinnyi bagera ku murongo akenshi bahatana muri ‘sprint’ iyo baminutse agasozi ko ku Nzu Ndangamurage mbere yo kwinjira mu Mujyi wa Huye.

Byari biteganyijwe ko abakinnyi bahaguruka imbere y’isoko rya Kicukiro saa 10:00 za mu gitondo bagatangira kubarirwa ibihe bageze kuri Station Gemeca nyuma y’ibilometero 9.8 mu mujyi. Umukinnyi wa mbere araba ageze i Huye kuri Casa Hotel aho basoreza hagati ya saa 13 :21 na 13:35 bitewe n’umuvuduko bakoresha.

2018-08-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23  yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Nyuma yo kugera muri Mali, Amavubi U23 yakoze imyitozo yoroheje yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora rya kabiri hashakwa itike ya CAN U23 ya 2023

Ubwanditsi 26 Oct 2022
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ubwanditsi 03 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si  Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya
Amakuru

Selemani Masiya uherutse gupfira muri Mozambike ni Umukongomani, si Umunyarwanda nk’uko umunyabihuha Judi Rever abibeshya

Ubwanditsi 12 Jul 2022
UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe
Mu Rwanda

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.
Mu Rwanda

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru