• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019 ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC iteganyijwe kuri uyu Gatanu tariki ya 1 Gashyantare, i Arusha muri Tanzania, ni nyuma y’ibihuha byavugaga ko atari buyitabire kubera umunsi w’Intwari wizihizwa kuri iyi tariki.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanditse ko abakuru b’ibihugu bine bya EAC; Perezida Kagame, John Pombe Magufuli, Uhuru Kenyatta na Yoweli Kaguta Museveni bazitabira iyi nama, hakiyongeraho Visi Perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo.

Iyi nama kandi yitabirwa n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye.

Amb. Nduhungirehe yanditse ko ‘inama ya 20 isanzwe ya EAC izatorerwamo Umuyobozi mushya w’uyu muryango, ikanaganira ku ngingo zikomeye zirebana no kwihutisha inkingi enye za mwamba z’ukwihuza k’umuryango ari zo; guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga n’ukwishyira hamwe mu bya politiki’

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanditse ko ‘iyi nama ari yo u Rwanda ruri buhererwemo ubuyobozi bwa EAC mu mwaka ukurikiyeho’. Ruraba rusimbuye Uganda.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi muri iyi minsi ntabwo umeze neza ndetse iki gihugu cyasabye ko ibibazo byacyo byaganirwaho mu nama ya EAC. Hari amakuru yavugaga ko iyi nama izanaganira kuri ibi bibazo ariko Amb. Nduhungirehe yavuze ko ari ibinyoma.

Yabwiye The East African ati “Ibiganirwaho ni kimwe n’ibyo kuwa 30 Ugushyingo ntabwo dushaka kugira icyongerwamo. Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ntabwo uri kuri gahunda”.

Harasuzumwa iyemezwa ry’amasezerano ahuriweho; ingamba ku gukuraho imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro (Non-Tariff Barriers-NTBs); raporo ku ishyirwa mu bikorwa ryo kubaka politiki ihuriweho mu koroshya ihererekanya ry’ubuyobozi.

Haranasuzumwa kandi urugendo rwa Sudani y’Epfo iheruka kwinjira muri EAC ndetse no kwiga kuri Somalia ishaka kwiyunga kuri uyu muryango.

Amb. Nduhungirehe aherutse gutangaza ko intego EAC yihaye yo kuba mu 2024 izaba yageze ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe ndetse n’ukwishyira hamwe mu bya politiki mu 2025.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko hakiri urugendo nubwo hari ibyakozwe.

Yagize ati “Inkingi za mwamba z’ukwihuza yaba guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga rimwe ndetse n’igihugu kimwe, bibiri bya mbere twabigezeho nubwo hakigaragara imbogamizi mu kubishyira mu bikorwa uko bikwiye.”

Yatanze urugero ku byerekeye isoko rusange, aho usanga ibiciro ku bicuruzwa bitarahura, hakaba n’ibihugu bitemeye ikoreshwa ry’indangamuntu nk’icyangombwa cy’inzira mu bihugu bigize EAC.

Kuri ubu, abaturage b’u Rwanda, Uganda na Kenya nibo bashobora kugenderanira ku ndangamuntu gusa.

2019-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Editorial 12 Jan 2017
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Editorial 02 Oct 2017
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Editorial 29 May 2017
Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Editorial 12 Jan 2017
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
440,000$: Ikiguzi  cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

440,000$: Ikiguzi cya RNC ngo yumvikanishe gahunda yayo muri Congres y’America

Editorial 02 Oct 2017
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Editorial 29 May 2017
Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Amahano : Umwami wimikiwe ishyanga

Editorial 12 Jan 2017
Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Ange Kagame wasabwe akanakobwa yashimangiye urwo akunda umusore bagiye kubana ubuziraherezo

Editorial 31 Dec 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    February 1, 20197:46 pm -

    Ehe. Azi neza ko asuhuza umwicuanyi. Reba uko kuboko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru