• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Editorial 01 Feb 2019 ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC iteganyijwe kuri uyu Gatanu tariki ya 1 Gashyantare, i Arusha muri Tanzania, ni nyuma y’ibihuha byavugaga ko atari buyitabire kubera umunsi w’Intwari wizihizwa kuri iyi tariki.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y‘Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanditse ko abakuru b’ibihugu bine bya EAC; Perezida Kagame, John Pombe Magufuli, Uhuru Kenyatta na Yoweli Kaguta Museveni bazitabira iyi nama, hakiyongeraho Visi Perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo.

Iyi nama kandi yitabirwa n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko, yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye.

Amb. Nduhungirehe yanditse ko ‘inama ya 20 isanzwe ya EAC izatorerwamo Umuyobozi mushya w’uyu muryango, ikanaganira ku ngingo zikomeye zirebana no kwihutisha inkingi enye za mwamba z’ukwihuza k’umuryango ari zo; guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga n’ukwishyira hamwe mu bya politiki’

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byanditse ko ‘iyi nama ari yo u Rwanda ruri buhererwemo ubuyobozi bwa EAC mu mwaka ukurikiyeho’. Ruraba rusimbuye Uganda.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi muri iyi minsi ntabwo umeze neza ndetse iki gihugu cyasabye ko ibibazo byacyo byaganirwaho mu nama ya EAC. Hari amakuru yavugaga ko iyi nama izanaganira kuri ibi bibazo ariko Amb. Nduhungirehe yavuze ko ari ibinyoma.

Yabwiye The East African ati “Ibiganirwaho ni kimwe n’ibyo kuwa 30 Ugushyingo ntabwo dushaka kugira icyongerwamo. Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ntabwo uri kuri gahunda”.

Harasuzumwa iyemezwa ry’amasezerano ahuriweho; ingamba ku gukuraho imbogamizi z’ubucuruzi zitari imisoro n’amahoro (Non-Tariff Barriers-NTBs); raporo ku ishyirwa mu bikorwa ryo kubaka politiki ihuriweho mu koroshya ihererekanya ry’ubuyobozi.

Haranasuzumwa kandi urugendo rwa Sudani y’Epfo iheruka kwinjira muri EAC ndetse no kwiga kuri Somalia ishaka kwiyunga kuri uyu muryango.

Amb. Nduhungirehe aherutse gutangaza ko intego EAC yihaye yo kuba mu 2024 izaba yageze ku ishyirwaho ry’ifaranga rimwe ndetse n’ukwishyira hamwe mu bya politiki mu 2025.

Amb. Nduhungirehe yagaragaje ko hakiri urugendo nubwo hari ibyakozwe.

Yagize ati “Inkingi za mwamba z’ukwihuza yaba guhuza imikorere ya za gasutamo, isoko rusange, ifaranga rimwe ndetse n’igihugu kimwe, bibiri bya mbere twabigezeho nubwo hakigaragara imbogamizi mu kubishyira mu bikorwa uko bikwiye.”

Yatanze urugero ku byerekeye isoko rusange, aho usanga ibiciro ku bicuruzwa bitarahura, hakaba n’ibihugu bitemeye ikoreshwa ry’indangamuntu nk’icyangombwa cy’inzira mu bihugu bigize EAC.

Kuri ubu, abaturage b’u Rwanda, Uganda na Kenya nibo bashobora kugenderanira ku ndangamuntu gusa.

2019-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko  umuhango wo kwibuka  Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Leah Karegeya yamaganye Musonera anasaba ko umuhango wo kwibuka Col. Karegeya utakoreshwa ku nyungu za politiki cyangwa z’abantu ku giti cyabo

Editorial 02 Jan 2017
Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Editorial 13 Feb 2017
Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Editorial 31 Oct 2017
Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Editorial 11 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    February 1, 20197:46 pm -

    Ehe. Azi neza ko asuhuza umwicuanyi. Reba uko kuboko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga
UBUKERARUGENDO

Abadipolomate baryohewe n’urugendo bakoreye muri Pariki y’Ibirunga

Editorial 20 May 2019
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017
Mu Mahanga

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden
Amakuru

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Editorial 23 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru