• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Ubwanditsi 20 May 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Abarimu bo muri Uganda binyuze mu ihuriro ryabo (UNATU), batangaje ko kuri uyu wa Mbere batangira imyigaragambyo, nyuma y’uko basabye leta kubazamurira imishahara ariko ntigire icyo ibasubiza ku mpamvu bikomeje gutinda.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri iki Cyumweru, Umunyamabanga Mukuru wa UNATU, Philbert Baguma, yavuze ko bari bahaye guverinoma iminsi 90 ngo ibongerere imishahara, iyo minsi ikaba irangira uyu munsi.

Mu ibaruwa bandikiye abayobozi barimo Minisitiri w’Intebe ku wa 19 Gicurasi 2019, ihuriro ry’abarimu ryavuze ko mu biganiro byabaye guhera muri Kamena umwaka ushize byahuje abarimu n’urwego rwashyizweho na guverinoma, bemeranyije ko umushahara wa mwarimu uzongerwa mu myaka y’ingengo y’imari ya 2018/2019 na 2019/2020.

Iyo baruwa yagiraga iti “Nk’ihuriro, twakoresheje inzira zose zishoboka z’ibiganiro guhera muri Kamena 2018 kugeza uyu munsi, ariko bamwe mu bakozi ba Leta babangamiye uru rugendo. Ku bw’ibyo ihuriro ritanze iminsi 90 ngo inzego bireba zubahirize ibyaganiriwe ndetse bikemeranywaho hagati ya Guverinoma n’ihuriro ry’abakozi ba leta, cyangwa tukazakora imyigaragambyo guhera ku wa 20 Gicurasi 2019.”

Nyuma y’uko bitakozwe, Baguma yabwiye abanyamakuru ko niba abadepite bashobora kwicara bakazamura imishahara yabo bitwaje ko ikiguzi cy’ubuzima cyazamutse, bitumvikana uko badatekereza kuri mwarimu uhembwa umushahara uri munsi cyane y’uwabo, nk’uko Chimpreports yabitangaje.

Yavuze ko ikibazo atari uko guverinoma idafite ubushobozi, ahubwo ibukoresha mu bice bimwe ikirengagiza ibindi.

Ati “Abarimu ni abantu bakunda igihugu cyane kubera ko bakorera mu buryo butaboroheye, bakigisha mu mashuri abana babo badashobora kwigamo kubera umushahara bahembwa.”

Guverinoma yasabwe kudahohotera abarimu kubera ko yanze gusubiza ubusabe bwabo mu gihe yari yamenyeshejwe mbere y’iminsi 90.

Iyo myigaragambyo igiye kubaho mu gihe habura icyumweru kimwe ngo abanyeshuri basubire mu masomo bavuye mu kiruhuko.

2019-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ali Kiba uherutse kurushinga yagejejwe mu rukiko

Ubwanditsi 07 May 2018
Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Indirimbo ‘Ibidakwiriye’ yavuguruwe nk’uko Perezida Kagame yabisabye

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Abatuye muri Muhanga na Kamonyi basabwe kudacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 30 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije
Amakuru

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera
HIRYA NO HINO

Mutesi Jolly ngo ntiyigeze yitukuza; biterwa na camera

Ubwanditsi 13 Feb 2019
RDC: Abantu 25 biganjemo inyeshyamba za FDLR baguye mu mirwano na Mai-Mai
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu 25 biganjemo inyeshyamba za FDLR baguye mu mirwano na Mai-Mai

Ubwanditsi 07 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru