• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Mu Rwanda hatangijwe shampiyona y’umupira w’amaguru iri guhuza abafana b’amakipe akunzwe, Rayon Sports na APR FC bagiye gucakirana

Editorial 10 Jun 2019 IMIKINO

Mu Rwanda tumenyereye amarushanwa anyuranye y’umupira w’amaguru, icyakora irushanwa ry’abafana ryo ryari ritaraba. Iri rushanwa ryatangijwe mu Rwanda n’abafana ba Arsenal FC batumiye amakipe atandatu yatangiye shampiyona ku wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2019.

Iri rushanwa ryateguwe n’abafana ba Arsenal FC mu Rwanda riri mu matsinda, aho itsinda rya mbere rigizwe na Rayon Sports, APR FC na Kiyovu Sports. Usibye iri tsinda ariko nanone hari n’itsinda rya kabiri rigizwe na Arsenal, Manchester United na Chelsea Fc. Aha bazakina mu matsinda hagende hazamuka amakipe abiri muri buri tsinda bityo bahite bajya muri kimwe cya kabiri.

Iri rushanwa byitezwe ko mu myaka iri imbere rizaba rihuza abafana b’amakipe menshi nk’uko Mukasa Jean Marie ukuriye abafana ba Arsenal FC yabitangarije abanyamakuru. Yaratangaje ko ari ubwa mbere iri rushanwa ribaye ariko bafite icyizere ko rizakura n’abafana b’andi makipe bakitabira. Ubwo ryatangizwaga hakinwe imikino ibiri.

Abafana bari gucakirana kuri ubu buryo

Abafana ba Kiyovu batsinzwe n’abafana ba APR FC ibitego bibiri kuri kimwe naho abafana ba Arsenal batsinda aba Chelsea ibitego bitatu kuri kimwe. Ku wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2019 ni bwo iri rushanwa rizakomeza aho abafana ba Rayon Sports bazaba bacakirana n’abafana ba APR FC mu gihe abafana ba Chelsea bo bazaba bacakirana n’abafana ba Manchester United.

Ku bijyanye n’ibihembo byo amakipe atatu ya mbere ni yo azahembwa nubwo batatangaje umubare w’amafaranga azaherekeza igikombe n’imidari izahabwa amakipe azaba yitwaye neza. Nk’uko kandi Jean Marie Mukasa yabitangarije abanyamakuru iki ni igikorwa bari gukora bafatanyije na Skol Rwanda isanzwe ifite imikoranire ya hafi n’ikipe ya Arsenal FC.

Tariki 15 Kamena 2019, abafana ba Manchester United bazabanza gukina n’aba Chelsea saa saba z’amanywa, nyuma aba Rayon Sports bahure n’aba APR FC ku isaha ya saa kumi z’umugoroba. Tariki 22 Kamena 2019, saa saba z’amanywa, abafana ba Arsenal bazahura n’aba Manchester Unites, saa kumi z’uwo munsi, abafana ba Rayon Sports bahure n’aba Kiyovu SC. Tariki 29 Kamena 2019, hazaba imikino ya 1/2. Ikipe ya mbere mu itsinda A izahura n’iya kaburu mu itsinda B saa saba naho saa kumi mbere mu itsinda B ihure n’iya kabiri mu itsinda A.Umukino wa nyuma uteganyijwe ku itariki 4 Nyakanga 2019.

Rwanda Arsenal Supporters Club yateguye iri rushanwa ni ihuriro rizwi n’ubuyobozi bw’ikipe ya Arsenal FC ndetse batanga umusanzu mu ikipe bafana. Mu Rwanda kugeza ubu harabarurwa abagera kuri 920 bamaze kwandikwa i Londres mu Bwongereza. Iki gikorwa bakaba baragiteguye mu rwego rwo guhuza abafana bagasabana banamenyana ariko kandi banabakangurira gukora siporo nka kimwe mu bituma umuntu arushaho kubaho neza.

2019-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Impinduka nto kuri gahunda y’uruzinduko rwa perezida wa FIFA Gianni Infantino mu Rwanda

Editorial 25 Feb 2017
Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Editorial 12 Dec 2018
As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

As Kigali ifashe umwanya wa kane, Marines FC yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere

Editorial 06 May 2023
FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

FERWAFA yafashe umwanzuro ko Rayon n’Intare FC bazakina umukino wa 1/8 wo kwishyura w’igikombe cy’Amahoro

Editorial 05 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Editorial 16 Dec 2017
Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Editorial 15 Aug 2018
Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo
Amakuru

Candy Basomingera, wari umuyobozi mukuru wungirije wa RCB, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Editorial 16 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru