• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Ubwanditsi 12 Dec 2018 IMIKINO

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya- Brésil, Jonathan Rafael da Silva, inabona ibyangombwa bya FIFA bimwemeza nk’umukinnyi wabo ariko FERWAFA ntiramuha icyangombwa kimwemerera gutangira gukina.

Iki kibazo cyatumye abayobozi ba Rayon Sports bayobowe na Paul Muvunyi bazindukira ku biro by’iri shyirahamwe ariko bataha amara masa.

Ku wa Mbere tariki 10 Ukuboza 2018 nibwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ‘FIFA’ yemeje ko ikipe ya Sousa Esporte Clube yo muri Brésil igurishije Jonathan Rafael da Silva muri Rayon Sports yo mu Rwanda.

Byabaye nyuma y’iminsi itatu isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ku rwego mpuzamahanga rifunguye tariki 7 Ukuboza 2018 rikazafungwa tariki 21 Ukuboza 2018.

Abayobozi ba Rayon Sports bandikiye FERWAFA bayisaba icyangombwa (License) cyemerera uyu rutahizamu w’imyaka 27 guhita atangira gukina ku buryo akoreshwa ku mukino bafitanye na APR FC kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018.

Bategereje igisubizo baraheba bituma bafata umwanzuro wo kujya ku cyicaro cya FERWAFA ari itsinda ry’abayobozi bane bayobowe n’Umuyobozi wa Rayon Sports Paul Muvunyi, Umwungirije Muhirwa Frédéric, umunyamategeko Me Zitoni n’ushinzwe gukurikirana ibyo kugura abakinnyi bashya Nkubana Adrien.

Aba bayobozi bageze ku cyicaro cy’iri shyirahamwe i Remera saa 10:20 bagirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa FERWAFA buyobowe na Sekamana Jean Damascène bimara hafi amasaha abiri kuko basohotse mu biro bye saa 12:12 nta gisubizo bahawe ku kibazo cyabazanye.

Byatumye umunyamategeko wa Rayon Sports yemeza ko abona FERWAFA ikomeje kwica amategeko nkana.

Me Zitoni Pierre Claver yabwiye IGIHE  dukesha iyi nkuru ati “Twaje kuganira na FERWAFA ku kibazo cy’umukinnyi wacu ufite ibyangombwa byuzuye ariko bo banga kuduha uburenganzira bwo gutangira kumukinisha.”

“Tumaranye nabo amasaha ariko nta tegeko bashoboye kutwereka rimubuza kubona ‘License’. Bashatse kuvuga ko hari amategeko avuga ko abakinnyi bongerwa ku rutonde mu mikino yo kwishuyura ariko si cyo FIFA iteganya kuko hashyizweho amatariki yabyo kandi niyo turimo, ni hagati ya tariki 7 na 21 Ukuboza.”

Aba bayobozi basabwe gusohoka mu biro by’iri shyirahamwe bagategerereza iminota 30 hanze hagaterana inama y’abakozi ba FERWAFA bakiga ku mategeko agenga ibyo kugura no kugurisha abakinnyi.

Iyo minota yashize ntacyo barageraho kuko ubwo abahagarariye Rayon Sports basubiraga kubaza bongeye kubasaba indi saha bitashimishije Paul Muvunyi n’abamwungirije bafata umwanzuro wo kwitahira nta gisubizo bahawe.

Me Zitoni Pierre Claver yakomeje avuga ko ibiri kubabaho batabyita akarengane.

Ati “Turi abanyamuryango ba FERWAFA sintekereza ko baturenganya ku bushake. Ariko na none twayobewe impamvu bakomeje kudusiragiza kuko nta mpamvu baduha nta n’itegeko batwereka rishyigikira umwanzuro wo kudatanga ibyangombwa ku mukinnyi wacu.”

IGIHE yagerageje kuvugisha abayobozi ba FERWAFA ariko ntibemera kuvugisha abanyamakuru kuri iki kibazo kitarafatirwa umwanzuro.

Ibi bibaye mu gihe habura amasaha make ngo Rayon Sports ikine na APR FC mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda ubera kuri stade Amahoro saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

FIFA ibinyujije ku rubuga rwa internet rwayo rwemeza ko hagati ya tariki 7 na 21 Ukuboza amakipe yo mu Rwanda aba yemerewe kugura abakinnyi

Ingingo ya cyenda igenga ibyo kugura no kugurisha abakinnyi yemerera Rayon Sports gukoresha Da Silva kuko afite ITC

Icyangombwa cya FIFA cyemeza Da Silva nk’umukinnyi wa Rayon Sports

2018-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Ubwanditsi 23 Jan 2022
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Ubwanditsi 27 May 2021
U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

Ubwanditsi 18 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube
Mu Mahanga

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso
ITOHOZA

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Perezida wa banki y’ Isi  yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]
UBUKUNGU

Perezida wa banki y’ Isi yasesekaye mu Rwanda [ YAVUGURUWE ]

Ubwanditsi 18 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru