• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ubwanditsi 13 Dec 2018 IMIKINO

Amateka yakomeje kwandikwa, imyaka ibiri n’amezi arindwi Rayon Sports iyimaze idatsinda APR FC muri shampiyona ndetse ishobora kwiyongera kuko yongeye gutsindwa 2-1 birimo igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa nyuma.

Muri uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, hari byinshi abakunzi b’umupira w’amaguru batabonye ariko byinjiye mu mateka y’uyu mukino.

Itsinda ry’abanyamakuru b’imikino ba IGIHE,  dukesha iyi nkuru, bagukusanyirije ibintu bitanu wazirikana kuri uyu mukino waraje mu marira abafana ba Rayon Sports.

Issa Bigirimana yinjiye mu mateka 

Rutahizamu ukomoka i Burundi wageze muri APR FC muri 2013, akomeje kubabaza abakunzi ba Rayon Sports kuko nubwo adasanzwe atsinda ibitego byinshi muri shampiyona, iyo ageze kuri mukeba asya atanzitse.

Mu makipe make atsinda kuko igitego cya mbere yatsinze Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018 cyabaye icya gatanu yinjije mu izamu ryayo.

Issa Bigirimana yakuyeho agahigo ka Masudi Djuma wari umukinnyi wa APR FC watsinze Rayon Sports ibitego byinshi kuko ubu bose baranganya ibitego bitanu muri uyu mukino w’amateka.

Michael Sarpong yabaye uwa mbere utsinze APR FC igitego mu mikino 10 ishize y’amarushanwa ya FERWAFA

APR FC yari imaze imikino icyenda y’amarushanwa ya FERWAFA, irimo umunani ya shampiyona n’umwe wa Super Cup itinjizwa igitego ahubwo itsinda 2-0 gusa.
Yaherukaga kwinjizwa igitego tariki 15 Kamena 2018 nabwo mu mukino batsinzemo Rayon Sports 2-1, impozamarira ya Rayon Sports yari yatsinzwe na Kwizera Pierrot none bisabye amezi atandatu ngo iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda, yinjizwe igitego cyatsinzwe n’Umunya-Ghana Michael Sarpong.

Michel Rusheshangoga yibukije abakunzi ba APR FC ko akiri umwana wabo

Myugariro wo ku ruhande rw’iburyo Michel Rusheshangoga yakiniye APR FC kuva 2012 kugera 2017 anyura muri Singida United yo muri Tanzania, umwaka umwe yongera gusinyira APR FC tariki 15 Kanama 2018.

Kuva yayigarukamo yari atarabona umwanya wo gukina kuko ku mwanya we hakina Ombolenga Fitina uri mu bihe byiza.

Mu mukino bakinnye na Rayon Sports yagiye mu kibuga asimbuye Issa Bigirimana ku munota wa 82. Byamusabye iminota icumi gusa ngo atsindire ikipe ye igitego cy’intsinzi ku ishoti rya kure mu minota mike yari ahawe kuko mu mikino irindwi ya shampiyona yabanje nta mwanya yahabwaga.

Amakarita atukura akomeje kuba menshi mu mikino iyihuza na Rayon Sports

Uyu mukino uhuza abakeba muri shampiyona y’u Rwanda ukunze gukorwamo amakosa menshi atuma abasifuzi baha abakinnyi amakarita menshi arimo n’atukura kuko n’umukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports, yawurangije ari abakinnyi bake kubera ikarita itukura yahawe Nizeyimana Mirafa ku munota wa 60 w’umukino.

Abakinnyi ba APR FC ntibakunze guhirwa kuko mu mikino irindwi iheruka guhuza aya makipe yombi irimo ine ya shampiyona, ibiri y’Irushanwa ry’Agaciro umwe wa Super Cup babonyemo amakarita atukura atanu, arimo abiri yahawe Muhadjiri Hakizimana, n’ayahawe Imran Nshimiyimana, Herve Rugwiro na Nizeyimana Mirafa.

Imifanire idasanzwe ku bafana ba APR FC

Abafana ba Rayon Sports kubera ubwinshi bwabo nibo bamenyereweho kuzana udushya mu mupira w’amaguru w’u Rwanda ariko mu mukino batsinzwemo na APR FC bakosowe n’itsinda ry’abafana bitwa ‘Intare za APR FC’, bazanye agashya ko gucana ibyotsi by’amabara bisanzwe bimenyerewe mu bihugu by’Abarabu.

Imifanire yo ku rwego rwo hejuru yari inogeye ijisho

2018-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023
APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 28 Jul 2021
Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali

RUSHYASHYA 03 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’
ITOHOZA

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Ubwanditsi 02 Oct 2016
Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha
Mu Rwanda

Uko ubutegetsi mu Burundi bwanze kwitabira imishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru