• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Muri Uganda Covid-19 iraca ibintu, ariko ubutegetsi bwa Perezida Museveni buti twakajije umutekano ku mupaka ngo Abanyarwanda batatuzanira ubwandu!

Ubwanditsi 07 Jun 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Burya umuhanga mu kubeshya, mu kinyoma cye. Si ko bimeze ku binyoma bihimbwa n’ibinyamakuru nka Chimpreports na Watchdoguganda bya CMI,urwego rushinzwe ubutasi muri Uganda, kuko biba ari ibinyabaswa n’umwana w’igitambabuga ahita abonamo ubwenge buciriritse.

Dore nk’ubu ibyo binyamakuru bihabwa amabwiriza na Gen Abel Kandiho utegeka CMI, biravuga ko ngo icyo gihugu cyakajije umutekano ku mupaka wacyo n’u Rwanda, mu karere ka Rukiga, ngo kuko hari abasirikari b’u Rwanda binjiye ku butaka bwa Uganda, ngo bayobowe n’ufite ipeti rya “captain”. Uretse ko ibyo binyamakuru bitanavuga izina ry’uwo mu captain, imyenda y’abafotowe ntiyigeze yambarwa n’ingabo z’u Rwanda na rimwe.

Ibi birasa neza n’ibyo Chimpreports yigeze gusohora muri Mata 2019, ibeshya ko ngo hari abasirikari b’uRwanda bavogereye Uganda ngo bagiye gushaka ibyo kurya. Uretse kwigiza nkana Uganda irabizi ko itarusha u Rwanda gufata neza abasirikari, n’ikimenyimenyi abasirikari ba Uganda birirwa basakuza ko batinda guhembwa, bikavamo gusahura abaturage.

Ibi ntibarabyumva mu Rwanda, ku buryo byagera aho umusirikari w’u Rwanda ajya “gushakisha ibiryo mu mahanga”. Ikindi, nubwo Chimpreports yahamyaga ko ifite amashusho y’abo basirikari b’u Rwanda binjiye rwihishwa muri Uganda, ntiyigeze iyashyira ahagaragara nk’uko abantu benshi babisabaga.

Abo bagaragu ba Gen. Kandiho ntibanaterwa isoni no kwivuguruza bisekeje. Ejobundi kuwa gatandatu, tariki 05 /06/2021, banditse ko umupaka wa Uganda n’uRwanda mu karere Rukiga ucunzwe cyane, kugirango Abanyarwanda batambukana ubwandu bwa Covid-19.

Nyamara imibare irerekana ko muri Uganda icyo cyorezo gica ibintu, dore ku munsi bandikaga aya mahomvu, abagande 1247 bari banduye icyo cyorezo, mu gihe mu Rwanda bari 43 gusa. Imiryango itari iya Leta nta munsi itagaragaza ko ruswa yamunze ubutegetsi bwa Uganda ariyo ituma bwarananiwe guhangana na Covid-19, none ibitaro ntibigifite aho gushyira abarwayi.

Ababonye umubyigano w’abitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Museveni batanambaye agapfukamunwa, biboneye ko nta ngamba na mba zo kwirinda ziri muri icyo gihugu. Ukibaza rero ukuntu abo banyarwenya batinyuka kuvuga ko uRwanda, rushimirwa imbaraga mu kurwanya Covid-19, ari rwo rwakwanduza Uganda ititaye ku ikwirakwira ry’iyo ndwara.

Mu by’ukuri rero, ibi biri muri gahunda ndende yo gusebya uRwanda ubutegetsi bwa Uganda bushyize imbere. Icyakora, abasesenguzi basanga ibi binyoma binagamije kurangaza abaturage ba Uganda, cyane cyane muri iki gihe havugwa iyicwa rya hato na hato ry’abadacana uwaka na Perezida Museveni. Abaturage bababajwe cyane n’iraswa rya Gen Andrew Katumba Wamala uherutse kurusimbuka, ariko umukobwa we n’umushoferi wari umutwaye bakahasiga ubuzima.

Mu kugerageza gucubya uburakari bw’abashinja ibyegera bya Perezida Museveni ubwo bugome, CMI irahimbira ibyaha uRwanda,kugirango abaturage babe aribyo bahugiraho. Barabeshya ariko umutego mutindi ushibuka nyirawo akihibereye!

2021-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Nyuma y’imyaka itatu batandukanye, umutoza Ahmed Adel yagarutse muri Musanze FC nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe
Mu Mahanga

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare
HIRYA NO HINO

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Ubwanditsi 04 Dec 2019
Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 11 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru