• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Kagame yakomoje ku mpamvu yatumye Bizimungu yivumbura, agata akazi

Ubwanditsi 12 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko mu rugamba rwo kurwanya ruswa hari byinshi abayobozi bagomba kwigomwa mu rwego rwa politiki, atanga ingero ku bintu binyuranye byamubayeho akiri visi perezida w’u Rwanda n’ingero z’ibyemezo byagiye bifatwa n’abayobozi bariho icyo gihe mu Rwanda.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri aribwo Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Nigeria, aho ku munsi wa mbere yitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya ruswa, ishamikiye ku Munsi wa Demokarasi wizihizwa muri Nigeria kuri uyu wa Gatatu.

Yatumiriwe kuvuga ijambo ku rugendo rw’u Rwanda mu kurwanya ruswa, rwatumye ruza mu bihugu bitatu bya mbere muri Afurika birangwamo ruswa nke mu myaka ibiri ishize.

Yagarutse ku bihe bigoye u Rwanda rwaciyemo nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho uretse abaturage bishwe, ubukungu bw’igihugu bwasenyutse n’inzego z’ubutegetsi. Yibukije ko mu Rwanda n’ahandi muri Afurika, izingiro ry’urugamba rwo kwibohora ryari ukurwanya ivangura ngo himakazwe imiyoborere myiza, kandi buri muturage agire ijambo n’uruhare mu kubaka igihugu cye.

Nyuma y’ibiganiro byamaze amezi 10 mu Rwanda nyuma ya Jenoside, mu myanzuro havuyemo gushyiraho inzego zatuma igihugu cyizahura kandi kigakorera mu mucyo, hashingwa Ikigo cy’igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Urwego rw’Umuvunyi no kwishakamo ibisubizo nk’imihigo isinywa n’abayobozi ku nzego zose.

Ati “Ariko twagombaga kumenya niba koko izo nzego, ubwo buryo, bitanga umusaruro. Twaje kubona ko kurwanya ruswa bifite ikintu gikomeye bisaba muri politiki. Abayobozi batuzuzaga inshingano uko byemeranyijwe barirukanwe abandi bagezwa imbere y’ubutabera, abandi bahunga igihugu bihindura abitwa ko batavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa amatsinda aharanira demokarasi.”

Yahise atanga ingero ahereye ku wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Jean Marie Vianney Ndagijimana, nubwo atamuvuze mu mazina.

Jean Marie Vianney Ndagijimana

Ati “Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa mbere wagiyeho icyo gihe yagambanye n’abandi bayobozi muri Guverinoma nka Minisitiri w’Intebe icyo gihe, ahabwa amafaranga mu ntoki, ibihumbi amagana by’amadolari, ngo ajye mu mahanga asubukure ibikorwa bya za ambasade cyangwa afunguze inshya. Uyu mugabo ntabwo yagarutse! Kandi yari amaze amezi angahe mu kazi, iyo yari guverinoma ya mbere y’inzibacyuho.”

“Inkuru nshaka kugeraho ni uko uyu munsi ari umwe mu bayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi baba mu Bufaransa. Kandi bakabyemera ngo uyu ni umugabo uharanira demokarasi, aho bamucumbikiye hari abantu babyemera.”

Pierre Celestin Rwigema

Perezida Kagame yavuze ko atari umwe gusa kuko mu myaka yakurikiyeho, uwari Minsitiri w’Intebe bafatanyije, (Rwigema Pierre-Célestin nubwo atamuvuze amazina) yemeranyije n’uwari Perezida w’inzibacyuho, (Bizimungu Pasiteri nubwo atamuvuze amazina), ngo ahabwe amafaranga yo kujya kugura imodoka za Mercedes Benz z’abaminisitiri.

Perezida Kagame ati “Na we yagombaga gutwara ayo mafaranga mu ntoki. Nkibimenya nagiye kwa Perezida ndamubwira nti ‘turimo gukora amakosa.’ Ikintu cyihutirwa kuri twe ntabwo ari ukugura Mercedes Benz z’abaminisitiri bacu. Tekereza mu 1998, nyuma y’imyaka ine Jenoside ihagaritswe, turimo kugerageza kubaka inzego, turagerageza gukora ibintu binyuranye none ikintu cya mbere kije mu bayobozi bacu kibaye kugura Mercedes Benz z’abaminisitiri, abaminisitiri badafite inyubako bakoreramo, nta bikoresho, nta ki.”

Bizimungu Pasteur

“Ndagenda mbwira Perezida wanjye nti ‘ndakeka ko bidakwiye’. Icya mbere ntabwo dukwiye gushyira imbere ibi, icya kabiri nanone tugafata amafaranga tugahereza umwe muri twe kandi n’undi wayajyanye ataragarutse, kandi uyu anajyanye amafaranga ayaruta. Ndavuga nti ‘ntabwo twaguma muri ibi kereka niba dushaka kwisenya ntituzave mu nzibacyuho.”

Yavuze ko mu rugamba rwo kubaka imiyoborere ihamye uba ugomba kwigomwa byinshi, ariko abananiwe kubyumva bakihindura abatavuga rumwe n’ubutegetsi ngo barahindukira bakamwita umunyagitugu.

Ati “Turi abanyagitugu kubera ko tutabemereye gutwara ya mafaranga kandi igihe bayajyanye bataranagarutse none babonye urwitwazo.”

Perezida Kagame yashimangiye ko kutihanganira imikorere mibi na ruswa ari byo byatumye u Rwanda ubu ari igihugu gikomeje gutera imbere mu nzego zinyuranye. Yavuze ko kurwanya imikorere mibi muri politiki ari byo bikwiye guherwago, mu rugamba rwokurwanya ruswa irebana n’ubukungu, kandi uburyo bwo kubikora ni bumwe.

Ati “Ni ukubakira ku murage nyafurika wo kubaka imyumvire mu bayobozi bacu yo kuzirikana inshingano, kubazwa ibyo ukora no gutanga umusaruro, by’umwihariko mu bakiri bato, mu gihe dukomeje kubaka inzego zizadufasha muri ibyo.”

Aya makuru aje akurikira andi yagiye hanze agaragaza uburyo Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, yifuje gukomeza kugenzura u Rwanda kuva kera abinyujije muri Kayumba Nyamwasa na Pasiteri Bizimungu, wabaye Perezida w’u Rwanda nyuma y’intambara na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akaza kuva ku butegetsi mu 2000 yeguye ku mirimo ye.

Mu 1994 FPR imaze gufata ubutegetsi, Kayumba yabaye uwungirije umukuru wa jandarumori, vuba azamuka mu ntera aba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Museveni na murumuna we, Salim Saleh ngo babonaga inshuti yabo yo muri Gulu nk’inzira bazifashisha muri gahunda bari bafite ku Rwanda.

Kayumba nawe ngo akaba yaribonaga nk’umuhuza w’ibihugu byombi nubwo ngo byari imibanire hagati y’abantu ku giti cyabo aho kuba imibanire hagati ya za leta. Ariko, ngo barushijeho kuba inshuti za hafi ku buryo mu 1998 Kayumba yavuganaga kenshi na Museveni.

Ngo kubera ko yakundaga gutebya ndetse akishimira ko bamutebyaho, yatumye umusirikare mugenzi we amenya ko yavuganaga na Museveni maze uyu ati: “Ubwo umunsi umwe naramubajije, ni gute umugaba w’ingabo w’igihugu avugana n’umuyobozi w’ikindi gihugu?”

Kayumba Nyamwasa

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko gahunda yose Museveni yari afite ku Rwanda, binyuze kuri Kayumba, vuba yabashije kuyijyanamo na Perezida Pasiteri Bizimungu. Ngo mu 1996, Museveni yasuye u Rwanda, maze mu ruzinduko rwe ajyana na Perezida Bizimungu kuri Kaminuza y’u Rwanda I Huye aho bari bagiye kuganira n’abanyeshuri.

Gusa, vuba ngo byamenyekanye ko mu rugendo rw’amasaha ane bakoranye, kugenda no kugaruka, bombi batangiye ibiganiro byo kugambanira Perezida Kagame, wari visi perezida icyo gihe. Aha ngo ni naho ibibazo bya Bizimungu byatangiriye.

Ngo byari bigoye kumva ko Museveni yabashije kugira perezida Bizumungu ndetse na Kayumba, nk’umugaba w’ingabo, intasi ze. Mu 1998 ngo nibwo hatangiye igisa nko kugenzura Bizimungu harimo n’icyemezo cyo gutandukanya umwanya w’umukuru w’igihugu n’umukuru w’ishyaka.

2019-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Umunyarwandakazi wakoreraga Volcano i Burundi afunzwe ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Kagame yahishuye ko yabajije Trump ‘mu buryo bucishije make’ ku bivugwa ko yatutse Afurika

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation
UBUKUNGU

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu
Amakuru

Rutahizamu Usengimana Dany uherutse kwimukira muri Canada yasinyiye ikipe ya AS Laval yo mu cyiciro cya gatatu muri icyo gihugu

Ubwanditsi 02 Apr 2024
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018

Ubwanditsi 20 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru