• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

CAN 2019: Maroc yatsinze Namibia mu mukino wasifuwe n’Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Maroc yatangiye neza mu Gikombe cya Afurika cya 2019, aho yatsinze Namibia igitego 1-0 mu mukino wabimburiye iyindi yo mu itsinda D wabereye kuri Al Salam Stadium mu Mujyi wa Cairo.

Uyu mukino wayobowe n’umusifuzi w’Umunyarwanda, Hakizimana Louis, wabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Kamena 2019.

Ibikoko by’Inkazi nk’uko Ikipe y’Igihugu ya Namibia yitwa, byihagazeho muri uyu mukino, aho byashakaga gutahana inota rimwe, ariko rutahizamu Keimune yitsinda igitego habura iminota ibiri ngo umukino urangire, ubwo yashakaga gukiza izamu kuri coup-franc yatewe na Hakim Ziyech.

Maroc y’umutoza Hervé Renard yagowe cyane no kubona aho imenera mu bwugarizi bukomeye bwa Namibia, biba ngombwa ko itangira gushakira ku mipira y’imiterekano.

Nabil Dibar yananiwe gutsindira Maroc ku buryo bwiza yabonye ku munota wa 10, umunyezamu ashyira umupira muri koruneri mu gihe na Namibia yabonye ubundi buryo nk’ubu, kapiteni wayo Ronald Ketjijere atera umupira hejuru y’izamu.

Hakim Ziyech usanzwe ukinira Ajax yo mu Buholandi, na we yabonye uburyo bubiri bwiza ku ruhande rwa Maroc ku munota wa 23 n’uwa 36, imipira yose yateye ijya hanze y’izamu mu gihe uyu musore yongeye kubona ubundi buryo ku wa 72, umunyezamu Loydt Kazapau akuramo umupira n’ikirenge nyuma y’uko wari uhinduriwe icyerekezo na bagenzi be.

Ziyech yeteye coup-franc yo ku munota wa 88, rutahizamu wa Namibia, Itamunua Keimune ashyizeho umutwe, umupira uruhukira mu izamu rye ndetse Maroc ibona igitego cyayihaye intsinzi muri uyu mukino wa mbere.

Undi mukino wo muri itsinda D utegerejwe kuri uyu wa Mbere saa 16:30, aho Côte d’Ivoire icakirana na Afurika y’Epfo.

Maroc izasubira mu kibuga ku wa Kane tariki ya 28 Kamena, ihura na Côte d’Ivoire mu gihe Afurika y’Epfo izakina na Namibia.

 

Hakizimana Louis yayoboye umukino Maroc yatsinzemo Namibia mu Gikombe cya Afurika kiri kubera mu Misiri

 

Uyu ni we musifuzi w’Umunyarwanda uri mu gikombe cya Afurika

 

Hakizimana Louis aha ikarita y’umuhondo Keimuine wa Namibia wari umaze kwitsinda igitego
Inkuru ya IGIHE

 

2019-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Cameroun: Ikipe y’amagare y’u Rwanda yarokotse impanuka ikomeye

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Umunsi wa 2: Areruya na Nsengimana nabo bahaye u Rwanda imidari harimo na Zahabu

Umunsi wa 2: Areruya na Nsengimana nabo bahaye u Rwanda imidari harimo na Zahabu

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) n’Uruganda rwa Bralirwa basinye amasezerano y’imikoranire.

Ubwanditsi 05 Mar 2021
Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Patriots BBC yatangiye yihaniza JKT mu ijonjora rya BAL

Ubwanditsi 18 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe
Amakuru

Icyihebe Salman Rehman Khan cyumvaga Ingabire Victoire yidegembya kikibeshya ko mu Rwanda tworora ibyihebe

Ubwanditsi 29 Nov 2024
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger
Amakuru

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023
Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi
POLITIKI

Kwibuka24: Abayobozi ba Loni basabye ko Jenoside yakorewe Abatutsi ibera isomo ahagikorwa ubwicanyi

Ubwanditsi 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru